Ni
urugendo rwabaye muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe
Abatutsi, aho aba baramyi bagize umwanya uhagije wo gusobanurirwa amateka
yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Iri
tsinda rigizwe ahanini n’urubyiruko, ryabashije gusobanurirwa mu buryo
burambuye uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, banasura
ibice bitandukanye bigize uru rwibutso. Bashyize indabo aharuhukiye imibiri
mu rwego rwo guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, umwe mu bayobozi b’iri tsinda, Rutaganda Ben
Calme, yavuze ko gusura uru rwibutso byari intambwe ikomeye mu kubafasha
kurushaho kumenya amateka y’igihugu cyabo no gufata iya mbere mu kuyasigasira.
Yagize
ati: “Twahisemo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kugira ngo twibuke
amateka y’igihugu cyacu, duhe icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu
1994, kandi tunasobanukirwe neza ukuri kw’ibyabaye.”
Yakomeje
agaragaza ko nk’itsinda riririmba indirimbo zisingiza Imana, bafite
inshingano yo kuba hafi Abanyarwanda muri ibi bihe byo Kwibuka, no gutanga
ubutumwa bwubaka sosiyete.
Ati: “Nk’itsinda riririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, tubona ari
inshingano yacu kwifatanya n’Abanyarwanda bose muri ibi bihe byo kwibuka, no
gukomeza ubutumwa bw’amahoro, urukundo n’ubumwe.”
Ben
Calme yagarutse kandi ku masomo akomeye bakuye muri uru rugendo, agaragaza ko
rwabafunguye amaso ku kamaro ko kubungabunga amateka no gukomeza kwimakaza
ubumwe mu Banyarwanda.
Ati: “Nyuma yo gusura urwibutso, twakuyeho amasomo akomeye cyane. Icya mbere, twize akamaro ko kubungabunga amateka kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Icya kabiri, twasobanukiwe neza agaciro k'Ubumwe n’Ubudaheranwa mu Banyarwanda.
Icya gatatu, byadukomeje umutima wo gukomeza gukoresha impano dufite mu
kwamamaza ubutumwa bw’urukundo, imbabazi n’amahoro muri twe urubyiruko.”
Yasoje
avuga ko nka Joyous Melody, bafite intego yo gukomeza kuba umusemburo
w’impinduka nziza binyuze mu mpano zabo, by’umwihariko bafasha abantu gukira
ibikomere no kubaka ejo hazaza harangwa n’amahoro.
Ati: “By’umwihariko nka Joyous Melody, twiyemeje gukomeza kuba ijwi ryiza rifasha
abantu gukira ibikomere, no kubaka ejo hazaza heza h’igihugu cyacu.”
Uru
rugendo rw’iri tsinda rwabaye ku wa Gatandatu tariki ya 18 Mata 2026, rugaragaza
uruhare rukomeye urubyiruko rufite mu gusigasira amateka no kwimakaza
indangagaciro z’ubumwe n’ubwiyunge, binyuze mu mpano n’ubutumwa rutanga.

Joyous Melody basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi bunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banasobanurirwa amateka y’igihugu

Mu rwego rwo Kwibuka, itsinda Joyous Melody ryashyize indabo mva ziruhukiyemo inzirakarengane ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Urubyiruko rugize Joyous Melody rwatangaje ko gusura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi byabafashije gusobanukirwa neza amateka y’u Rwanda n’akamaro ko kubungabunga ukuri

Iri tsinda rivuga ko gusura urwibutso ari inshingano
nk’abaririmbyi b’indirimbo zo kuramya no gukomeza ubutumwa bw’amahoro n’ubumwe
