Iki
gikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki ya 17 Mata 2026, aho aba basore n’inkumi
bifatanyije n’Abanyarwanda n’Isi muri rusange muri iki gihe cyo Kwibuka ku
nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu
ruzinduko rwabo, basobanuriwe amateka yihariye aranga aka gace, by’umwihariko
uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa mu buryo bw’ubugome
ndengakamere mu Murenge wa Ntarama no mu duce tuwukikije.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Umuyobozi w’Itorero Imanzi z’u Rwanda, Eric Mukiza,
yavuze ko bahisemo gusura uru rwibutso mu rwego rwo kurushaho kumenya amateka
ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ati: “Ni urwibutso rufite umwihariko w’ibimenyetso bigaragaza uko Jenoside yakozwe.
Twize byinshi ku mateka y’uko yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, kandi twiyemeza
kuba imbuto y’icyiza, turwanya abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe
Abatutsi.”
Yakomeje
ashimangira ko nk’urubyiruko rufite inshingano zo kurinda amateka no kuyageza
ku bandi, bafite uruhare rukomeye mu guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ati: “Twiyemeje ko tutazihanganira, tutazemera cyangwa ngo tunashyigikire abapfobya
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Tuzabinyuza mu mbuga nkoranyambaga no mu
bihangano byacu nk’abahanzi, dukomeza kubaka u Rwanda ruzira urwango
n’amacakubiri.”
Uru ruzinduko rugaragaza umuhate w’urubyiruko mu gukomeza kwigira ku mateka, rukanatanga icyizere cy’ejo hazaza hubakiye ku kuri, ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.

Itorero Imanzi z’u Rwanda ryasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu rwego rwo kwiga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urubyiruko rw’Itorero Imanzi rwasobanuriwe amateka yihariye ya Jenoside yabereye i Ntarama no mu duce tuhegereye

“Twiyemeje kuba imbuto y’icyiza” – Imanzi z’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Imanzi z’u Rwanda zagaragaje uruhare rwazo mu guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze mu bihangano


Umuyobozi w'Itorero Imanzi z'u Rwanda, Eric Mukiza yatangaje ko nyuma yo gusura uru rwibutso batahanye umukoro

Muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, Imanzi z’u Rwanda zasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu rwego rwo kwiga amateka





