#Kwibuka32: Inganzo Ngari yagaragaje ubuhanzi nk’urufunguzo rw’isanamitima n’ubudaheranwa

Imyidagaduro - 13/04/2026 7:55 AM
Share:

Umwanditsi:

#Kwibuka32: Inganzo Ngari yagaragaje ubuhanzi nk’urufunguzo rw’isanamitima n’ubudaheranwa

Mu gihe u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Itorero ndangamuco ‘Inganzo Ngari’ ryagaragaje uruhare rwaryo mu gusigasira amateka no gutanga ubutumwa bwubaka Abanyarwanda, by’umwihariko urubyiruko.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Serge Nahimana uyobora iri torero rizwi cyane mu guteza imbere umuco nyarwanda binyuze mu mbyino n’ibihangano gakondo, yagaragaje ko iki gihe cyo Kwibuka ari umwanya wo gusubiza amaso inyuma, ariko nanone ugakoreshwa mu kubaka ejo hazaza harangwa n’ubumwe n’iterambere.

Yagize ati: “Muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Inganzo Ngari turasaba Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda gukomeza kwibuka twiyubaka, twubakira ku mateka yaranze igihugu cyacu, dushyira imbere ubumwe no gukomera ku ndangagaciro na kirazira biranga Abanyarwanda.”

Iri torero ryagaragaje ko kwibuka bidakwiye kugarukira ku gahinda n’amarangamutima, ahubwo bikwiye no kuba umusingi wo kongera kwiyubaka no guharanira u Rwanda ruzira amacakubiri, rushingiye ku kuri kw’amateka.

By’umwihariko, Inganzo Ngari yagarutse ku ruhare rukomeye rw’urubyiruko, irwibutsa ko ari rwo mizero y’ahazaza h’igihugu. Bagaragaje ko urubyiruko rufite inshingano zo gusigasira amateka nyakuri no kurwanya uwo ari we wese ushaka kuyagoreka cyangwa kuyahakana.

Bagize bati: “Ku rubyiruko, turarwibutsa ko ari rwo mizero y’ejo hazaza h’igihugu cyacu. Ko ari rwo rugomba gusigasira amateka nyakuri, rukarwanya by’umwihariko uwo ari we wese ushaka guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Rukarwanya icyatandukanya Abanyarwanda cyose, rugaharanira kubaka igihugu kirangwa n’ubumwe n’iterambere rirambye.”

Ibi bigaragaza ko urubyiruko rutarebwa gusa nk’abazayobora ejo, ahubwo ko rufite inshingano zihutirwa zo kuba umusingi w’ubumwe n’ukuri kuri uyu munsi.

Ku bijyanye n’uruhare rwabo nk’Itorero ndangamuco, Inganzo Ngari yavuze ko ubuhanzi ari imwe mu nzira zikomeye zifasha mu kubungabunga amateka no kuyageza ku Banyarwanda mu buryo bwumvikana kandi bukora ku mitima yabo.

Bagize bati: “Inganzo Ngari nk’Itorero ndangamuco, dufite uruhare rukomeye mu kubungabunga amateka no kuyageza ku Banyarwanda binyuze mu bihangano gakondo bitandukanye. Tubikoresha nk’ururimi ruvuga ukuri, rukigisha amateka, rukubaka umutima w’ubudaheranwa, rutanga ubutumwa bw’isanamitima, kandi rukamagana ingengabitekerezo ya Jenoside aho igaragara hose.”

Bashimangiye ko ubuhanzi bufite imbaraga zo kuvuga ibitagaragara mu magambo asanzwe, bugakora ku marangamutima y’abantu, bugafasha abarokotse Jenoside gukira ibikomere, ndetse bukanafasha mu kongera kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Bakomeje bavuga ko bafite inshingano zo gukomeza guhanga ibihangano byubaka, byigisha, kandi bifasha sosiyete nyarwanda gukomeza inzira y’ubudaheranwa.

Bagize bati: “Dufite inshingano zo kurema ibihangano bifasha abarokotse gukira ibikomere, bitanga ubutumwa bw’amahoro, bigakomeza kwigisha no kwibutsa indangagaciro z’Abanyarwanda. Tugaharanira ko urubyiruko rubona ubuhanzi nk’igikoresho cyo kubaka igihugu, aho kuba inzira y’ibitekerezo bisenya.”

Ubutumwa bwa Inganzo Ngari buje bushimangira ko mu rugendo rwo Kwibuka, buri wese afite uruhare rwe, haba mu gusigasira amateka, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, no kubaka igihugu gitekanye, kirangwa n’ubumwe n’icyizere cy’ejo hazaza.

Ni ubutumwa bushishikariza Abanyarwanda bose, by’umwihariko urubyiruko, gukomeza kuba umusingi w’u Rwanda rushya, rwigira ku mateka yarwo, rukarushaho kwiyubaka no gutera imbere.


Binyuze mu mbyino n’ibihangano byabo, Inganzo Ngari bagaragaza ko ubuhanzi bushobora kuba ururimi rukomeye rufasha abarokotse Jenoside gukira ibikomere, rugahuza Abanyarwanda, ndetse rugakomeza kubaka ubumwe n’ubudaheranwa


Muri ibi bihe byo #Kwibuka32, Inganzo Ngari bagaragaza ko bafite inshingano yo guhanga ibihangano byigisha, byubaka, kandi bifasha urubyiruko gusobanukirwa amateka no guharanira u Rwanda ruzira amacakubiri, rufite ubumwe n’iterambere rirambye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...