Iyi
filime yerekanwe ku wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026, mu gikorwa cyabereye muri
Kaminuza ya FAAP i São Paulo, cyitabiriwe n’Abanyarwanda batuye muri Brazil,
inshuti zabo ndetse n’abanyeshuri barenga 100 baturutse mu mashami atandukanye.
Ni
igikorwa cyabaye mu rwego rwo gukomeza gusangiza amahanga amateka y’u Rwanda,
by’umwihariko aya Jenoside yakorewe Abatutsi, no gufungura urubuga
rw’ibitekerezo n’ibiganiro ku kamaro ko kwibuka no kurwanya ingengabitekerezo
ya Jenoside.
Iyi
filime yashyizwe mu rurimi rw’Igiporutugali kugira ngo Abanya-Brazil
bayisobanukirwe neza, bituma ubutumwa buyirimo bugera ku bayikurikiranye mu
buryo bwimbitse kandi bubafasha gusobanukirwa neza urugendo rw’u Rwanda.
Iki
gikorwa cyateguwe ku bufatanye na Ambasade ya Brazil mu Rwanda, kiyobowe na
Ambasaderi Irene Vida Gala, wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere umubano
n’ubufatanye mu by’umuco hagati y’ibihugu byombi.
Mu
ijambo rye, yashimangiye akamaro ko kwibuka no gusangira amateka kugira ngo isi
irusheho kumva no kwirinda ibyabaye.
Filime
‘Beyond the Genocide’ igaruka ku mizi y’amacakubiri yabaye mu Rwanda, uko
Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, ndetse ikanagaragaza urugendo
rurerure rw’ubutabera, ubwiyunge no kongera kubaka igihugu.
Nyuma
yo kuyireba, habayeho ibiganiro byimbitse aho abanyeshuri bagaragaje inyota yo
gusobanukirwa byinshi ku mateka y’u Rwanda, bibaza ku nkomoko y’urwango
n’uruhare urubyiruko rwagira mu kubaka ejo hazaza hatarangwa n’amacakubiri.
Mu
gusubiza ibi bibazo, Matovu yavuze ko Jenoside itatangiriye ku bikorwa
by’urugomo, ahubwo yatangiye ku magambo, ibitekerezo n’imvugo byagiye bisakara
buhoro buhoro bikamenyerezwa, kugeza bibaye ibisanzwe.
Ati:
“Jenoside ntiyatangiye abantu batema abandi, yatangiye ku magambo. Ibitekerezo
byagiye bisubirwamo kenshi, bikamenyerezwa, kugeza byemerwa nk’ibisanzwe. Ni yo
mpamvu urubyiruko rukwiye kwitondera ibyo rwumva n’ibyo rusubiramo, kuko ari
byo bigira uruhare mu kubaka imyumvire n’ibikorwa by’ejo hazaza.”
Iki
gikorwa cyakurikiwe n’ikiganiro cyayobowe n’impuguke z’Abanya-Brazil, bagarutse
ku rugendo rw’u Rwanda nyuma ya Jenoside, bashimangira ko kwibuka, ubumwe
n’ubwiyunge ari inkingi z’iterambere rirambye.
Kwerekanwa
kw’iyi filime muri Brazil si igikorwa gisanzwe, ahubwo ni intambwe ikomeye mu
kugeza amateka y’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, binyuze mu mbaraga z’ubuhanzi
n’inkuru zubaka, zigamije gusigasira ukuri no gukomeza kwigisha isi.
Mu
gihe u Rwanda rukomeje Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibikorwa nk’ibi bigaragaza
umuhate wo gusangira amateka n’Isi yose, hagamijwe ko Jenoside itazongera
kubaho ukundi, haba mu Rwanda cyangwa ahandi hose ku Isi.

Filime ‘Beyond the Genocide’ yageze i Brazil mu muhango wihariye wo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, isangiza isi amateka y’u Rwanda no guhumuriza abayirokotse

Abanyeshuri
n’Abanyarwanda batuye muri Brazil basanze mu kigo cya FAAP barebye filime
‘Beyond the Genocide’, basobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi


Kwerekana
‘Beyond the Genocide’ muri Brazil byafunguye urubuga rw’ibiganiro ku mateka,
ubwiyunge n’ubumwe bw’igihugu, bihuza u Rwanda n’Isi yose



