#Kwibuka32: Cyusa Ibrahim yasubiyemo ‘Mutunge’, indirimbo ya Twahirwa wameneshejwe mu 1959 - VIDEO

Imyidagaduro - 08/04/2026 8:56 AM
Share:

Umwanditsi:

#Kwibuka32: Cyusa Ibrahim yasubiyemo ‘Mutunge’, indirimbo ya Twahirwa wameneshejwe mu 1959 - VIDEO

Mu gihe u Rwanda n’Isi binjiye mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuhanzi mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim, yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise “Mutunge”, yahimbwe na Twahirwa Ladislas, umwe mu banyamuziki bo hambere batagize amahirwe yo kumenyekana.

Iyi ndirimbo ifite amateka akomeye ashingiye ku bihe by’icuraburindi byaranze u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko ibihe by’ubwicanyi n’itotezwa byatangiye mu 1959, byatumye Abatutsi benshi bameneshwa bagahunga igihugu.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Cyusa Ibrahim yavuze ko impamvu nyamukuru yo gusubiramo iyi ndirimbo ari ukugira ngo amateka nk’aya atazibagirana, no kugaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi ifite imizi miremire.

Yagize ati: "Iyi ndirimbo yahimbwe na Twahirwa Ladislas, ariko yitabye Imana atarayishyira hanze. Yayihimbye ayihimbira ubwicanyi bwo mu 1959, kuko na we ubwe yari umwe mu bameneshejwe, ahungira i Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni umuhanzi ukomeye wo hambere ariko utaramenyekanye cyane."

Cyusa akomeza asobanura ko nubwo iyi ndirimbo yahimbwe mu myaka myinshi ishize, ubutumwa bwayo bukiri bushya kandi bufite icyo buvuga ku mateka y’u Rwanda.

Ati: "Twahirwa yayihimbye mu 1970, nyuma y’imyaka myinshi ari mu buhunzi hamwe n’abandi Batutsi bari barameneshejwe mu 1959. Ni amateka akomeye cyane nashatse kubyutsa, mbiherewe uburenganzira n’umuryango we."

Uyu muhanzi yavuze ko kongera kuyikora byari bigamije kwibutsa abantu ko Jenoside yakorewe Abatutsi itatangiye mu 1994, ahubwo ko ari umugambi watangiye kera, ugenda utegurwa buhoro buhoro.

Ati: "Nayikoze nshaka kwerekana ko Jenoside yahereye kera, uhereye mu 1959. Ni ngombwa ko amateka nk’aya akomeza kuvugwa, cyane cyane mu rubyiruko, kugira ngo twubake ejo hazaza hadashingiye ku kwibagirwa."

Indirimbo “Mutunge” ya Cyusa Ibrahim ije yiyongera ku zindi zasohotse muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho abahanzi batandukanye bakomeje gukoresha impano zabo mu gusigasira amateka no gutanga ubutumwa bwo kwibuka, ubumwe n’icyizere cy’ejo hazaza.


Cyusa Ibrahim yasohoye ‘Mutunge’, indirimbo y’amateka ya Twahirwa wameneshejwe mu 1959, mu rwego rwo gukomeza kwibutsa ko Jenoside yakorewe Abatutsi ifite imizi ya kera

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MUTUNGE’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...