Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Butera Knowless yagaragaje ko ibi bihe bifite
igisobanuro gikomeye ku Banyarwanda, cyane cyane mu rugendo rwo gukomeza kubaka
igihugu gishingiye ku bumwe n’ubudaheranwa.
Yagize
ati: “Muri ibi bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi,
ubutumwa natanga ni ukwibuka, twiyubaka, twiyemeza gukomeza kubaho dufite
icyizere n’imbaraga zo kubaka u Rwanda ruzira ivangura n’urwango.”
Yakomeje
ashimangira ko buri Munyarwanda wese afite inshingano yo kurinda amateka no
kuyigiraho, kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Agaruka
ku ruhare rw’urubyiruko, Butera Knowless yavuze ko ari rwo rufite inshingano
zikomeye kurusha iz’abandi mu kubaka ejo hazaza h’igihugu, asaba ko rwagira
uruhare rugaragara mu gusigasira amateka no kurwanya ingengabitekerezo ya
Jenoside aho iva ikagera hose.
Ati:
“Urubyiruko ni rwo musingi w’ejo hazaza h’u Rwanda. Twese duharanire kubaka
igihugu kirangwa n’ubumwe, ukuri n’urukundo. Turwanye ingengabitekerezo ya
Jenoside haba mu bitekerezo no mu magambo tuvuga buri munsi.”
Yongeyeho
ko bidahagije kwirinda gusa, ahubwo urubyiruko rukwiye no gutinyuka
rukagaragaza ukuri, rugahagurukira abashaka kugoreka amateka cyangwa
gukwirakwiza ibitekerezo bibi bishobora gusubiza igihugu inyuma.
Ati:
“Dutinyuke tuvuguruze ikibi, ndetse n’uwashaka kugoreka amateka yacu. Twibuke
twiyubaka.”
Ubutumwa
bwa Butera Knowless buje bwiyongera ku bw’abandi bahanzi n’abanyabigwi bakomeje
gukoresha amajwi yabo mu gusaba Abanyarwanda gukomeza guharanira ubumwe
n’amahoro, banarwanya icyatuma amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo yisubiramo.
Muri
rusange, ubutumwa bwe bushimangira ko Kwibuka atari igikorwa cyo kureba inyuma
gusa, ahubwo ari urugendo rwo kwiyubaka, kwigira ku mateka no guharanira ejo
hazaza harangwa n’urukundo, ubumwe n’icyizere.

Butera
Knowless yibukije urubyiruko ko ari rwo mizero y’ejo hazaza, arusaba kurwanya
ingengabitekerezo ya Jenoside no kubaka u Rwanda ruzira urwango n’ivangura
