#Kwibuka32: Ariel Wayz arasaba abahanzi kongera ibihangano bihumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Imyidagaduro - 09/04/2026 5:26 PM
Share:

Umwanditsi:

#Kwibuka32: Ariel Wayz arasaba abahanzi kongera ibihangano bihumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Umuhanzikazi Uwayezu Ariel wamenyekanye nka Ariel Wayz yavuze ko abahanzi bagenzi be bakwiye gushyira imbaraga mu gukora ibihangano bitanga ihumure ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo kwifatanya nabo muri iki gihe u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho yagarutse ku butumwa bwe by’umwihariko bugenewe Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda, cyane cyane urubyiruko, muri ibi bihe byo #Kwibuka32.

Ariel Wayz yasabye urubyiruko kugira uruhare rufatika mu kubaka u Rwanda ruzira ingengabitekerezo ya Jenoside, abibutsa ko ari bo mbaraga z’ahazaza h’Igihugu.

Yagize ati: “Muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, ubutumwa nagenera urubyiruko mbere na mbere ni ukubasaba ko twashyira hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside aho iva ikagera hose.”

Yakomeje ashimangira akamaro ko kumenya amateka, agaragaza ko ari imwe mu ntwaro zikomeye zo kurwanya ibitekerezo bibi byashora u Rwanda mu icuraburindi. Ati: “Ikindi nabasaba ni uko twakwiga amateka yacu byimbitse kuko utamenya iyo ava ntamenya n'iyo ajya.”

Uyu muhanzikazi kandi yagarutse ku ruhare abona afite nk’umuhanzi mu guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside, agaragaza ko gukoresha neza imbuga nkoranyambaga ari imwe mu nzira zifasha gutanga amakuru y’ukuri no guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati: “Uruhare numva mfite ni ugukoresha imbuga nkoranyambaga zanjye neza nifatanya n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ntanga amakuru ya nyayo y’amahano yabereye iwacu kuko hari benshi batanga amakuru apfuye banashaka gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Ariel Wayz yanasabye abahanzi bagenzi be kongera imbaraga mu guhanga ibihangano bifite ubutumwa bwubaka, cyane cyane ibihumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abibutsa ko umuziki n’ubuhanzi muri rusange bifite imbaraga zikomeye mu guhindura imitekerereze y’abantu.

Ati: “Ikindi mbona dukwiye kwitaho nk’abahanzi ni ukongera ibihangano birimo ubutumwa bwiza, buhumuriza bukanakomeza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Kuko nanone abahanzi bagize uruhare mu gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside muri 1994.”

Ubutumwa bwa Ariel Wayz buje bushimangira uruhare rw’urubyiruko n’abahanzi mu kubungabunga amateka y’u Rwanda no kurwanya icyatuma Jenoside yakongera kubaho, binyuze mu guharanira ukuri, ubumwe n’isanamitima ry’abayirokotse.

Ariel Wayz arasaba abahanzi kugira uruhare mu isanamitima ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...