#Kwibuka32: Apôtre Gitwaza yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Imyidagaduro - 07/04/2026 11:26 AM
Share:

Umwanditsi:

#Kwibuka32: Apôtre Gitwaza yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Umushumba Mukuru wa Authentic Word Ministries ndetse na Zion Temple Celebration Center, Apôtre Dr. Paul Gitwaza, yagaragaje ko mu myaka 32 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, u Rwanda rumaze kugerwaho n’ibikorwa byinshi byiza by’Imana, anahumuriza abarokotse abasaba gukomeza gutwaza gitwari.

Ubu butumwa yabunyujije ku rubuga rwe rwa Instagram kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026, umunsi u Rwanda n’Isi yose batangiye icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu butumwa bwe, Apôtre Gitwaza yifatanyije n’Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka, agaragaza ko nubwo imyaka ishize ari myinshi, ibikomere n’agahinda bikiri mu mitima ya benshi, cyane cyane abarokotse Jenoside.

Ati: “Amahoro y’Imana abane namwe mwese. Jyewe n’umuryango wanjye hamwe n’amatorero yose ya Zion Temple Celebration Center twongeye kwifatanya n’Abanyarwanda muri iki gihe twibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Yakomeje avuga ko iki gihe cyo kwibuka kiremereye ku mitima ya benshi, ariko ko ari n’umwanya wo kongera kwibutsa abafite intimba ko bagomba gukomeza kugira ibyiringiro.

Ati: “Iki gihe cyo kwibuka no kuzirikana amateka mabi u Rwanda rwaciyemo kiremerera imitima ya benshi, cyane cyane abarokotse Jenoside. Uko imyaka itambuka haracyari ibikomere n’agahinda.”

Arakomeza ati: “Uyu munsi nifuzaga kuguhumuriza wowe ugifite intimba no kongera kukubwira nti: Komera, haracyari ibyiringiro kandi umugambi w’Imana ku buzima bwawe ni umugambi mwiza.”

Yifashishije ijambo ryo muri Bibiliya riri mu gitabo cya Yeremiya 29:11, rigira riti: “Erega nzi ibyo nibwira nzabagirira! Ni amahoro si bibi, kugira ngo mbareme umutima w’ibyo muzabona hanyuma.” ashimangira ko Imana ifitiye buri wese umugambi mwiza n’ejo hazaza heza.

Apôtre Gitwaza yibukije abafite intimba ko badakwiye guheranwa n’agahinda, ahubwo bakwiye gusubiza amaso inyuma bakabona ko hari byinshi byiza Imana yakoreye u Rwanda mu myaka ishize Jenoside ihagaritswe.

Yanashimangiye ko kwizera Kristo ari imwe mu nzira ifasha umuntu gukira ibikomere, aho yavuze ko “Kristo yishyizeho intimba zacu, akaduha amahoro.”

Yasoje ubutumwa bwe asengera abarokotse Jenoside n’abandi bose bafite intimba, abasaba gukomeza kugira ibyiringiro no kwizera ko umugambi w’Imana ku buzima bwabo no ku miryango yabo ari mwiza. Ati: “Komera, Imana igukize umubabaro wose. Wibuke wiyubaka kandi wubakwa n’Imana.”

 

Apôtre Dr. Paul Gitwaza yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba gukomeza gutwaza gitwari no kugira ibyiringiro, agaragaza ko mu myaka 32 ishize Imana yakoreye byinshi u Rwanda



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...