Kuva
tariki ya 07 Mata 2026, Abanyarwanda batangiye iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro
ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Muri icyo gihe cyose, abantu basura inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi ziri hirya no hino mu gihugu bagasobanurirwa amateka, abandi
bagakurikirana ibiganiro bitambutswa by''umwihariko mu cyumweru cy’icyunamo.
Mu
rwego rwo kurushaho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda by'umwihariko Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994, uruganda rwa Skol rwasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata
basobanurirwa amateka mabi yaranze u Rwanda, uko Jenoside yateguwe ndetse n’uko
yashyizwe mu bikorwa.
Umuyobozi
wa Skol Brewery, Eric Gilson yavuze ko bazakomeza kwiga no gusobanurirwa
amateka y’u Rwanda ariko nka Skol bakomeza kugira uruhare mu kwiyubaka nk’uko
intego yo kwibuka igira iti “Kwibuka twiyubaka”.
Umuyobozi
ushinzwe Imibanire n’Inshingano z’Ikigo, Emilienne Benurugo yavuze ko bahisemo
urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata mu rwego rwo gukomeza gusobanukirwa no kwiga amateka y’uduce
twinshi ashimangira ko bitari ugusura gusa ahubwo Skol izakomeza gukora
ibikorwa byo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yagize
ati: “Buri mwaka duhitamo gusura urwibutso rutandukanye n’urwo twasuye kugira
ngo tumenye amateka yabereye muri buri gace. Skol nk’uruganda rukorera mu
Rwanda kandi rukoresha abanyagihugu, dufite gahunda nyinshi mu rwego rwo
gukomeza kwiyubaka nk’Igihugu.”
Umukozi
ukora ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata mu izina rya MINUBUMWE, bashimiye uruganda rwa
Skol kubwo gusura uru rwibutso bagamije kwiga ndetse bakazana n’ubufasha
bugamije kurushaho kubungabunga uru rwibutso.
Urwibutso
rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyamata, ruherereye mu Karere ka
Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba, rukaba rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi
barenga ibihumbi 45.
Uru
rwibutso rwahoze ari Kiliziya, aho abantu bahungiragamo bibwira ko badashobora
kwicirwa mu nzu y’Imana, ariko nyuma leta iza gutanga itegeko ry’uko nta hantu
na hamwe hagomba gusigara hatagabwe ibitero.
Mu gihe cyashize ubwo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène yavugaga ku cyatumye uru rwibutso rushyirwa mu murage w’Isi, yaragize ati: “Twagiye twerekana buri rwibutso n’umwihariko, Nyamata buriya ihagarariye abiciwe mu nsengero no muri Kiliziya zose.
