#Kwibuka30: Nsengimana Justin yakoze indirimbo ku buhamya bw’uwarokotse Jenoside

Imyidagaduro - 05/04/2024 4:16 PM
Share:

Umwanditsi:

#Kwibuka30: Nsengimana Justin yakoze indirimbo ku buhamya bw’uwarokotse Jenoside

Umuhanzi ukorera umuziki mu Karere ka Ngororero uzwi cyane mu bihangano bigaruka ku bumwe n’ubwiyunge, Nsengimana Justin, yashyize ahagaragara indirimbo ye nshya yise “Ndagiye ", avuga ko yakomeye ku buhamya bw’umwana w’umubyeyi wishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi ndirimbo yayishyize hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, mu gihe u Rwanda n’Isi bitegura Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda  mu 1994, yatwaye ubuzima bw’abarenga Miliyoni imwe mu gihe cy’iminsi 100 gusa.

Ubwo yashyiraga hanze iyi ndirimbo, Nsengimana Justin yavuze ko yayikoze mu rwego kubika amateka no kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Mukomere! Nifuje kubagezaho indirimbo yitwa ‘Ndagiye’ muri iki gihe twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kugira ngo ikomeze kutwibutsa abacu twabuze no kudusana imitima kugira ngo dukomeza kubaho kandi dukomeze Kwibuka twibuka."

Yavuze ko yakoze iyi ndirimbo nyuma yo kumva ubuhamya bw’umusore w’inshuti ye umaranye agahinda imyaka 30 kashibutse ku mubyeyi we wishwe muri Jenoside.

Ati “Impamvu nakoze indirimbo ‘Ndagiye’ ni ubuhamya bw'umusore w'inshuti yanjye, umaranye agahinda imyaka 30, kubera amagambo umubyeyi we umubyara (Papa we),

“Ubwo Interahamwe zamusangaga mu rugo zikamutwara ngo ni icyitso cy’inyenzi (Inkotanyi), ubwo bari bamujyanye bamukubita, abana bararize bagenda bamukurikiye."

“Umubyeyi we yaratabaje, asezera anasaba imbabazi ngo bamwice wenyine ariko abana 3 yari afite babareke nti babice. Babiri muri batatu baje kurokoka."

Nsengiyumva yavuze ko nyuma yo kumva ubwo buhamya bubabaje yumvise yabukoramo indirimbo kugirango ‘abakiri bato bumve ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994’.

Mu gitero cya kabiri cy’iyi ndirimbo, uyu muhanzi akomoza ku magambo yavuzwe na Madamu Jeannette Kagame mu Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aho yagize ati “Kwibuka, si ijambo gusa! Kwibuka, si igihe gusa! Kwibuka, si imyaka 29 tumaze. Kwibuka ni ukubana n’abacu kuko batazimye.

Ubwo yatangizaga ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Kagame yagaragaje impamvu yo kwibuka.

Yavuze ko “nta muntu n’umwe hano, n’ahandi ku isi wahisemo kuba uko ari, nta wahisemo uko ubwoko bwe, umuryango arimo "hari ibintu byinshi duhitamo, wahitamo idini, ariko ntabwo wahitamo kuba umuntu wo kugirirwa nabi. Mu by’ukuri na bo babagiriye nabi ntibahisemo kuba muri iryo tsinda, cyangwa ibisa n’ibyo."

“Biragaragara ko ibikomere bikiri birebire, ariko Abanyarwanda mwese ndabashimira ko mwanze kuba abarangwa n’aya mateka ababaje, abantu bahisemo guhindura paji nshya, bajya imbere, bava mu kurira, …abantu bahisemo kureka byose, ndetse abantu biteguye, bafite ubushake bwo gukora ibikomeye, kimwe muri ibyo ni ukubabarira, ariko byiza ntidushobora kwibagirwa."

Nsengimana Justin yaherukaga gushyira hanze indirimbo yise ‘Yajyanye agahinda’ yashyize no mu rurimi rw’Icyongereza, ‘Nabibagirwa nte?’ yakoranye n’umuhanzi wo mu Karere ka Rubavu, Roho Jean Batiste ndetse n’indirimbo yise ‘Ndagiye’.

 

Nsengimana Justin yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ndagiye’ mu rwego rwo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi 


Nsengimana yavuze ko ubuhamya bw’umusore warokotse Jenoside aribwo bwatumye agira igitekerezo cyo guhanga iyi ndirimbo yo Kwibuka

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NDAGIYE’ YA NSENGIMANA JUSTIN

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...