#Kwibuka29: Gentil Misigaro yavuze uruhare rw’abahanzi mu gusana imitima y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Iyobokamana - 13/04/2023 12:16 PM
Share:

Umwanditsi:

 #Kwibuka29: Gentil Misigaro yavuze uruhare rw’abahanzi mu gusana imitima y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Umuramyi w’indirimbo zihimbaza Imana, Gentil Misigaro, yavuze ko mu gihe abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, yifatanije nabo ndetse akomoza ku ruhare rw’abahanzi mu gusana imitima anibutsa abakirisitu inshingano yabo mu gusana imitima.

Umuhanzi Gentil Misigaro utuye mu gihugu cya Canada, yavuze ko abahanzi bafite uruhare runini mu gusana imitima binyuze  mu bihangano by’amahoro, ubumwe, urukundo ndetse no kumenyesha abantu inkuru nziza iva kuri Yesu.

Uyu muramyi ukunzwe mu ndirimbo zirimo "Biratungana", mu guhumuriza abanyarwanda mu #Kwibuka29, yagize ati “Abahanzi rero dufite uruhare runini mu gusana imitima tubinyujije mu bihangano by’amahoro, ubumwe, urukundo no kumenyesha abantu inkuru niza y’ihumure iva kuri Yesu Kristo ".

Yakomeje yibutsa buri mukristo wese aho ari, kuzajya afata umwanya agasengera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda, yahitanye inzirakarengane zisaga Miliyoni mu minsi 100 gusa.

Yasabye gusengera no guhumuriza imfubyi n'abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi, abagize ihungabana, abafashwe ku ngufu, abafite ibikomere byo ku mubiri no ku mutima, "kuko isengesho ari yo ntwaro ikomeye cyane ".


Ubutumwa bwa Gentil Misigaro mu #Kwibuka29


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...