Kwibohora mbijyanisha no gushima ubuyobozi bwiza dufite - Kenny Sol wataramiye mu Karere yizemo (VIDEO)

Imyidagaduro - 05/07/2026 12:00 PM
Share:

Umwanditsi:

Kwibohora mbijyanisha no gushima ubuyobozi bwiza dufite - Kenny Sol wataramiye mu Karere yizemo (VIDEO)

Mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026 cyabereye mu Karere ka Muhanga ku wa 04 Nyakanga 2026, umuhanzi Kenny Sol yongeye kugaragaza ko ari umwe mu bahanzi bamaze gushinga imizi mu muziki nyarwanda, binyuze mu ndirimbo ze zakunzwe n’uburyo yakiriwe n’abafana be.

Kenny Sol yageze ku rubyiniro yakirwa n’imbaga y’abafana yari yanyotewe n’umuziki, maze atangira abaha ibihangano bye bimaze kumenyekana nka “Haso”, “Ikinyafu”, ndetse na “Igitangaza”.

Buri ndirimbo yaririmbaga, abafana bakamwikiriza mu majwi menshi, ibintu byagaragazaga urukundo rudasanzwe bamufitiye.

Ni mu gihe iki gitaramo cyasozwe n’akanyamuneza kadasanzwe ubwo Kenny Sol yageraga ku ndirimbo ye “Haje Gushya”, indirimbo imaze iminsi ivugisha benshi mu bitaramo bitandukanye bya MTN Iwacu Muzika Festival 2026.

“Haje Gushya” yahinduye stade yose

Iyi ndirimbo, Kenny Sol avuga ko ari imwe mu zimutungura ubwe, kuko yongeye guhindura isura y’igitaramo.

Ubwo yari agiye kuyiririmba, yasabye abafana kwitegura gusimbuka no kwishima cyane kuko ari yo ndirimbo “ikomeje kuza imbere” mu gihe cy’uyu munsi.

Abari muri stade ya Muhanga na bo ntibatanzwe, basubiza icyizere bahawe, maze barasimbuka, barabyina, kugeza ubwo igitaramo cyasaga n’ikitazigera kirangira.

Ubwo Kenny Sol yari asoje kuririmba, byagaragaraga ko abafana bakiri mu byishimo byinshi badashaka ko ava ku rubyiniro.

Uko abona “Haje Gushya”

Kenny Sol ubwe yemera ko iyi ndirimbo yamubereye igitangaza mu buryo yakiriwe n’abafana. Yabwiye InyaRwanda, ati “Iyi ndirimbo ihora intungura, ariko iri hafi kunkuramo umwuka n'ubwo ari njye wayikoreye. Gusa, ni indirimbo abantu bakunze cyane, kandi ndashima Imana ko tugerageza no gukora ibintu bikabageraho ahantu hose.”

Kwibohora no gushimira ubuyobozi

Iki gitaramo cyabaye gihurirana n’Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32, aho Kenny Sol na we yagarutse ku nsanganyamatsiko y’uyu munsi, avuga ko kuwizihiza abihuza no gushima ubuyobozi bw’igihugu.

Yagize ati “Njyewe ukwibohora mbijyanisha no gushimira ubuyobozi bwiza dufite, Umukuru w'Igihugu cyacu, kuko niwe utubera urugero. Ni nawe watumye tugera kuri aka kanya tukaba turi kuvuga iyi tariki tukayishyira mu byo tugomba kwizihiza."

Yakomeje ashimangira ko amahoro n’umutekano biri mu mpamvu zituma Abanyarwanda bishimira ibyo bagezeho.

Akomeza agira ati: "Rero njyewe, ndashima ubuyobozi bwanjye, kuko bubaye atari bwo ntitwakabaye dufite abantu bangana gutya bafite umutekano, igihe cyose bashakira barataha. Urumva, rero ntakindi uretse gushimira Leta yacu, no gushimira abaturage ko bakomeje kuba abaturage beza."

Amateka ye na Muhanga

Kenny Sol yanagarutse ku mubano we n’Akarere ka Muhanga, avuga ko ahafite amateka, kuva mu rugendo rwe rw’ubuhanzi. Yagize ati: “I Muhanga banyeretse imbaraga. Ni abantu dufitanye amateka, banyeretse urukundo kandi nahize mu rugendo rwanjye rw’umuziki.”

Igitaramo cya Kenny Sol i Muhanga cyasize amateka mu bafana, by’umwihariko kubera uburyo yasoje aririmba “Haje Gushya” igahindura stade yose.

Ni igitaramo cyahuriranye n’icyumweru cy’ishimwe ku gihugu, kigaragaza isura nshya y’abahanzi mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2026, aho umuziki n’umuco byahuriranye n’icyizere cy’ejo hazaza.


Kenny Sol yatangaje ko yataramiye i Muhanga yiyibutsa ibihe bye ari ku ishuri rya muzika rya Nyundo


Kenny Sol yavuze ko ashima ubuyobozi bwiza bw’Igihugu, bwasubije agaciro Abanyarwanda


Kenny Sol yatangaje ko indirimbo ye ‘Haje Gushya’ yamutunguye, bitewe n’uburyo yakirwa

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KENNY SOL


KANDA HANO UREBE UKO KENNY SOL YITWAYE I MUHANGA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...