Kuwait iratabaza nyuma y'uko Iran irindimuye urugomero rutunganya amazi n’amashanyarazi

Hanze - 17/07/2026 10:03 AM
Share:
Kuwait iratabaza nyuma y'uko Iran irindimuye urugomero rutunganya amazi n’amashanyarazi

Guverinoma ya Kuwait yatangaje ko kimwe mu bikorwa remezo byayo bitunganya amazi yo mu nyanja, bikabyazwamo amazi meza ndetse bikabyara amashanyarazi, cyangijwe n'igitero cya misile cyagabwe na Iran.

Minisiteri ishinzwe Amashanyarazi, Amazi n'Ingufu Zisubira yavuze ko icyo gitero cyateje inkongi y'umuriro yangiza bimwe mu bikoresho by'uruganda. Icyakora, yavuze ko abashinzwe kuzimya umuriro bawugejejeho, mu gihe abatekinisiye bakomeje gusana ibyangiritse no gusubizaho serivisi.

Minisiteri yanasabye abaturage n'abatuye muri Kuwait kugabanya ikoreshwa ry'amashanyarazi mu rwego rwo kurinda ko habaho ikibazo cy'ibura ry'ingufu mu gihe ibikorwa byo gusana bikomeje.

Hagati aho, Iran yatangaje ko yagabye ibitero ahantu hatandukanye muri Kuwait, ivuga ko yasenye ibisasu bya HIMARS n'ibindi bikoresho bya gisirikare by'Amerika ndetse ikica abasirikare b'Amerika n'abarwanyi ishinja gukorana na Israel.

Iran yavuze ko ibyo bitero biri mu rwego rwo kwihimura, inemeza ko ibikorwa bya gisirikare bikomeje. Ku rundi ruhande, Kuwait ntiyemeje ibyo Iran ivuga ku byangijwe cyangwa ku ngabo zishinjwa kwibasirwa.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...