Kuva muri 2018 impaka ku myambarire y'igitsinagore zikomeje kubura gica: Zizarangira ryari?

Amakuru ku Rwanda - 02/09/2026 2:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Kuva muri 2018 impaka ku myambarire y'igitsinagore zikomeje kubura gica: Zizarangira ryari?

Imyambarire y’abakobwa n’abagore yongeye kuba impaka zikomeye mu Rwanda, nyuma y’uko bamwe mu bari bitabiriye igitaramo cya Diamond Platnumz muri Kigali babujijwe kwinjira kubera imyambaro bari bambaye.

Ibi byongeye kuzamura ikibazo cyari kimaze imyaka kivugwaho, ndetse bamwe bibaza niba bikwiye gukomeza kugenzura imyambarire y’abagore n’abakobwa cyangwa niba hakwiye kubaho imipaka isobanutse hagati y’umuco, amategeko n’uburenganzira bw’umuntu.

Impaka ku myambarire y’abakobwa si nshya mu Rwanda. Mu 2018, ikibazo cy’imyenda migufi, izwi cyane nk’ “impenure”, cyari mu byavugwaga cyane, aho inzego zimwe z’umuco n’uburezi zanengaga iyi myambarire, mu gihe abandi bayobozi n’abakoresha imbuga nkoranyambaga basabaga ko abakobwa badakomeza guhozwa ku nkeke kubera ibyo bambara.

Muri uwo mwaka, Amb. Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yagaragaje ko atemeranya n’imyumvire yo guhora abakobwa bashinjwa kwambara nabi.

Yavuze ko ikibazo atari umukobwa wambaye imyenda migufi, ahubwo ko ikibazo gishobora kuba umugabo uhora amureba, akamugenzura ndetse akamugenera ibyo akwiriye kwambara.

Icyo gihe kandi, ikibazo cy’imyambarire cyari cyarateje impaka hagati y’ababona ko imyenda migufi ibangamiye umuco nyarwanda n’abavugaga ko imyambarire ari amahitamo y’umuntu.

Imyaka umunani irashize, ariko ikibazo kiracyagaruka

Ku wa 29 Kanama 2026, igitaramo cya Diamond Platnumz Experience cyabereye muri parking ya BK Arena, ariko imyambarire y’abakitabiriye iza kuba imwe mu ngingo zakuruye impaka nyuma y’igitaramo.

Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru bitandukanye avuga ko hari bamwe mu bakobwa babujijwe kwinjira cyangwa basabwa guhindura imyambaro yabo kuko yari ifatwa nk’idakwiriye.

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga y’abapolice 2 bashyira umukobwa muri pandagari na yo yatumye iki kibazo kirushaho kuvugwa.

Ibi byatumye abantu bongera kwibaza ikibazo kimaze igihe kitagira igisubizo kimwe: Ni nde ukwiye kugena imyambarire ibereye umuntu uri mu ruhame, kandi ni he umurongo ukwiye guhera hagati y’umuco n’uburenganzira bw’umuntu?


Ikindi cyatumye iki kibazo kiba gikomeye ni uko atari ubwa mbere imyambarire ivugisha abantu mu Rwanda. Mu 2022, na bwo habaye impaka zikomeye nyuma y’ifungwa rya Liliane Mugabekazi, wari witabiriye igitaramo muri BK Arena, kubera imyambaro ubuyobozi bwari bwabonye ko idakwiriye ahantu hahurira abantu benshi.

Nduhungirehe: “Birarambiranye ko abana b’abakobwa bahozwa ku nkeke”

Mu gihe iki kibazo cyongeye kuzamura impaka, Amb. Olivier Nduhungirehe yigeze kugira icyo abivugaho ko adashyigikiye umuco wo guhora abakobwa banengwa cyangwa bahatirwa guhindura imyambarire yabo.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, yavuze ko “birarambiranye ko abana b’abakobwa bahozwa ku nkeke kubera imyambarire yabo”, asanga ibyo bitajyanye n’igihe tugezemo.

Nduhungirehe yanavuze ko umuntu wambaye imyenda migufi atari we ikibazo, ahubwo ko ikibazo gishobora kuba umuntu uhora amureba, akamugenzura ndetse akamugenera imyambaro akwiriye kwambara.

Icyo gitekerezo cyashyigikiwe na Johnston Busingye, wari Minisitiri w’Ubutabera, na we wagaragaje ko ibyo bikorwa bidakenewe.

Mutesi Jolly asaba kureba kure y’abapolisi babiri

Mu gihe impaka zari zimaze gukomera, Mutesi Jolly, wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2016, na we yagaragaje ko ikibazo kidakwiye kurangirira ku bapolisi babiri bagaragara mu mashusho yafashwe hafatwa umukobwa wari wambaye ikanzu ngufi.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abo bapolisi babiri bafunzwe nyuma yo kugaragara muri ayo mashusho.

Jolly yashimiye Polisi kuba yarabonye ko habayeho ikosa, ariko avuga ko hakwiye kurebwa niba ikibazo kitaba kirenze abo bapolisi ku giti cyabo.

Yavuze ko inzego z’umutekano zigira ubuyobozi, amabwiriza n’imirongo y’inshingano, bityo ko hakwiye gusuzumwa uburyo ikibazo nk’iki cyabayeho n’uko amabwiriza ajyanye na cyo ashyirwa mu bikorwa.

Yibajije kandi niba amategeko asobanura mu buryo buhagije icyo bita “kutiyubaha mu ruhame” (public indecency), ndetse niba abaturage basobanukiwe neza imyitwarire ishobora gutuma bafatwa nk’abarenze ku mategeko.

Abakuru bo bavuga ko abakiri bato bakwiye kwikwiza

Nubwo hari abavuga ko abakobwa badakwiye guhozwa ku nkeke kubera imyambarire yabo, hari n’abandi batabona ikibazo muri ibyo kunenga.

Muri 2018 umucyecuru Muteteli, wari ufite imyaka 75 atuye mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Rukara, yavuze ko abakiri bato badakwiye kwitwaza umuco wo hambere bavuga ko abantu bo muri icyo gihe na bo batambaraga imyenda myinshi.

Avuga ko bo mu gihe cyabo bari bafite imyambaro mike, bityo ko uko iterambere ryagiye riza bize kwambara no kwikwiza.

Ati: “Mwitubeshyera ngo natwe twambaraga impenure nk’izo zanyu, ni uko twe nta myambaro twagiraga. Uko iterambere ryagendaga ritugeraho twagiye twambara tukikwiza.”

Ku bwe, umukobwa cyangwa umugore wambara yikwije ni we ukwiriye umuryango nyarwanda.

Iki gitekerezo gihura n’ibyagiye bivugwa n’abatandukanye mu myaka yashize, bavuga ko imyambarire igomba kujyana n’umuco n’indangagaciro z’Abanyarwanda.

Umujyi wa Kigali na wo uri mu bagaruka ku myitwarire mu bitaramo

Izi mpaka kandi zibaye mu gihe Umujyi wa Kigali na wo usaba abategura ibitaramo n’abahanzi kurushaho kwita ku myitwarire igaragara mu bikorwa by’imyidagaduro.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, aherutse gusaba abategura ibitaramo gukorana n’abahanzi kugira ngo abazajya imbere y’urubyiruko bagire imyitwarire iboneye.

Yagarutse ku kibazo cy’abahanzi bagera ku rubyiniro banyoye ibisindisha cyangwa bakoresheje ibindi biyobyabwenge, ndetse anavuga ku myambarire igaragaza ibice byinshi by’umubiri. Yagize ati: “Niba ugiye kujya mu gitaramo ntabwo ukwiye kwambara imyenda itari yo.”

Ibi bigaragaza ko ikibazo cy’imyambarire atari impaka z’abakobwa n’abagabo gusa, ahubwo cyatangiye no gufatwa nk’igice cy’ibiganiro ku micungire y’imyidagaduro n’imyitwarire ikwiye mu bikorwa bihuriramo abantu benshi.

Ese umuco, amategeko n’uburenganzira bishobora kubana?

Impaka z’uyu munsi zisa n’izigaruka ku kibazo cyari cyaravuzwe cyane mu 2018: Ese umuntu akwiriye guhitamo imyambarire ye uko abyumva, cyangwa hari aho uburenganzira bwo kwambara ibyo ushaka bugomba kugarukira kubera umuco n’amabwiriza y’ahantu runaka?

Ku ruhande rumwe, abashyigikira ko imyambarire igenwa bavuga ko u Rwanda rufite umuco n’indangagaciro bigomba kubahirizwa, cyane cyane mu ruhame no mu bikorwa bibera imbere y’urubyiruko.

Ku rundi ruhande, abashyigikira ubwisanzure mu myambarire bavuga ko indangagaciro zitagomba gukoreshwa mu buryo bwo guhohotera cyangwa gutesha umuntu agaciro. Basaba ko niba hari imyambarire itemewe ahantu runaka, amabwiriza yayo agomba kuba asobanutse kandi akamenyeshwa abantu mbere.

Ikibazo rero si ukwambara gusa. Ni ukumenya aho uburenganzira bw’umuntu buhurira n’amategeko, umuco n’amabwiriza y’ahantu runaka.

Kandi nyuma y’impaka zo muri 2018, ibibazo byagiye bigaruka mu 2022 ndetse n’ubu muri 2026, biragaragara ko iki kibazo kitarabona igisubizo gihuriweho.

Ahubwo ikibazo gikomeye cy’ubu ni ukumenya niba u Rwanda rugiye gukomeza kuganira ku “myambarire iboneye” muri rusange, cyangwa niba hakenewe amabwiriza asobanutse neza ku myambaro itemewe, cyane cyane mu bitaramo no mu bindi bikorwa rusange.

Kuko niba amategeko n’amabwiriza bitasobanutse, “imyambarire idakwiriye” ishobora gukomeza kuba igipimo gishingiye ku myumvire y’umuntu ku giti cye.

Icyo ni cyo kibazo Mutesi Jolly yasabye ko cyaganirwaho, naho Amb. Nduhungirehe we akibutsa ko guhora abakobwa bashyirwa ku nkeke kubera imyambarire yabo bidakwiye gukomeza gufatwa nk’igisubizo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...