Kuva mu nkambi ya Gihembe kugera ibwotamasimbi: Rodrigue yazirikanye urugendo rwe mu gisigo gishya –VIDEO

Imyidagaduro - 25/03/2026 2:26 PM
Share:

Umwanditsi:

Kuva mu nkambi ya Gihembe kugera ibwotamasimbi: Rodrigue yazirikanye urugendo rwe mu gisigo gishya –VIDEO

Umusizi akaba na gafotozi, Ndayishimiye Rodrigue yatangaje igisigo cye gishya yise “Siniyishe”, gishingiye ku buzima bwe bw’impunzi, kuva yavukira mu nkambi ya Gihembe kugeza ubwo yagize amahirwe yo gutura mu Bubiligi.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Rodrigue yasobanuye uko urugendo rwe rwabaye rurerure, ruvanze ububabare n’icyizere, ndetse n’impamvu yahisemo gukora ubusizi.

Agira ati: “Navukiye mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi. Ubuzima bwari bugoye, kubona icyo kurya byari ikibazo. Ariko uko iminsi yicuma, navumburaga impano nyinshi, nubwo kwigaragaza byari bigoye kubera aho narimfite.”

Rodrigue yatangiye ubusizi muri 2018, afite imyaka 15, ubwo yigaga amashuri yisumbuye, yiga 'Computer Application' na 'Multimedia'.

Yavuze ko ubwo buto bwamufashije gutyaza impano ye. Avuga ati “Nubwo twari mu buzima butoroshye, nashakaga impano imwe natyaza, maze ngera aho nkora ubusizi nk’umwuga, ntwara ibikombe byinshi mu nkambi no mu karere.”

Mu 2023, amahirwe yaje guhindura ubuzima bwe ubwo we n’umuryango we bashyirwagaho mu Bubiligi, aho agikomeza ibikorwa bye.

Nubwo yakuriye mu buzima bushariye, Rodrigue afite inzozi zo kuzamura ibendera ry’u Rwanda muri icyo gihugu cyamwakiriye.

Rodrigue si umusizi gusa, ahubwo ni gafotozi w’umwuga ukorera i Burayi, aho amaze gufotora abahanzi bamenyekanye nka Bruce Melody na Sheebah Kalungi.

Yavuze ko ashaka ko abakunzi b’ubuhanzi bumva kandi bakunda ibihangano bye kugira ngo abashe gukomeza kwagura imipaka y’igihugu cyacu mu ruhando rw’ubuhanzi.

Mu gusobanura igisigo cye gishya, Rodrigue yavuze ati “Igisigo cyitwa ‘Siniyishe’ gishaka kugaragaza umuntu wakuriye mu buzima bw’impunzi, agakora uko ashoboye ariko ‘status’ ye ikamuzitira. Ni igisigo kigaragaza ko kuba umuntu adakize atari amahitamo ye, ndetse n’uruhare rwa Leta y’u Rwanda mu kwita ku mpunzi.”

Uyu musore yifuje ko igisigo cye ndetse n’ibihangano bye byafasha abakunzi b’ubuhanzi mu Rwanda no hanze yarwo, bikaba intangiriro yo kwagura ibikorwa bye ku rwego mpuzamahanga.

Ndayishimiye Rodrigue wavukiye mu nkambi ya Gihembe, yasohoye igisigo ‘Siniyishe’ gishingiye ku buzima bw’impunzi n’imbogamizi z'ubuhanzi, agaragaza uko byamuzitiye n’uko yaje kubona amahirwe yo gutura mu Bubiligi

Rodrigue watangiye ubusizi mu 2018 afite imyaka 15, avuga ko igisigo ‘Siniyishe’ kigaragaza ko ubukene atari amahitamo y’umuntu, ndetse kikagaruka ku ruhare rwa Leta y’u Rwanda mu kwita ku mpunzi


Uyu musizi unafotora abahanzi barimo Bruce Melodie na Sheebah Kalungi, aravuga ko igisigo cye gishya ari inkuru y’ubuzima bwe kuva mu nkambi ya Gihembe kugeza mu Bubiligi, aho akomeje guteza imbere impano ye

KANDA HANO UBASHE KUMVA IGISIGO CYA ROGRIGUE UBARIZWA MU BUBILIGI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...