Kuva mu cyaro kugera mu nzozi: Uko Angelo Kwizera ahuza ubuhanzi n’inzozi z’abana

Imyidagaduro - 27/05/2026 5:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Kuva mu cyaro kugera mu nzozi: Uko Angelo Kwizera ahuza ubuhanzi n’inzozi z’abana

Mu misozi ya Burera n’indi y’icyaro cy’u Rwanda, hari abana bakura bafite inzozi nini kurusha aho batuye. Bamwe bashaka kuzaba abapilote, abandi abaganga, abandi abubatsi cyangwa abaririmbyi.

Ariko mu buzima bwa buri munsi, ayo mafoto y’inzozi akunze kuguma mu mitima yabo, ntabwo buri gihe agaragara mu buryo abandi bayabona.

Ni muri urwo rwego Angelo Bertrand Kwizera yatekereje umushinga yise “Dream Portrait Africa”, umaze kuba igice cy’inkuru nini irimo n’imurika ry’ibihangano ryiswe “Becoming” ryagaragaje inzozi z’abana bo mu cyaro binyuze mu mafoto n’ubundi buryo bwo kubara inkuru.

Uyu mushinga si ugufotora gusa; ni uburyo bwo guha inzozi ishusho. Angelo yabwiye InyaRwanda, ko igitekerezo cyakomotse ku rugendo yagiriye mu Karere ka Burera, aho yahuye n’abana bafite icyifuzo gikomeye cyo kugira ejo hazaza heza, ariko hakabura uburyo bwo kugaragaza uko babyumva.

Ati: “Byatangiye ari igitekerezo cyanjye bwite, ariko uko byagiye bikura navuze nti reka mbyangure mbyinjize mu mushinga mugari. Nashakaga kumenya uko abana bo mu cyaro babona ejo habo hazaza, n’uko bashaka kwibona.”

Aho ni ho hatangiriye urugendo rwo kwegera abana, kubaganiriza, kumva inzozi zabo, hanyuma izo nzozi zikahinduka amashusho.

Mu bikorwa bya “Becoming”, buri mwana afatwa nk’uko yifuza kuzaba mu gihe kizaza. Umwana ushaka kuzaba umuganga afotorwa yambaye imyambaro y’ubuganga, ushaka kuzaba umupilote akagaragazwa nk’uwamaze kugera muri uwo mwuga, n’abandi bakagaragazwa mu ishusho y’inzozi zabo.

Angelo asobanura ko buri ifoto ifatirwa hamwe n’imiryango y’abana, ndetse nyuma bakayibereka kugira ngo bumve neza uko inzozi zabo zashyizwe mu ishusho.

Abana bagaragajwe muri uyu mushinga ni abari hagati y’imyaka 8 na 13, kandi buri umwe afite inkuru yihariye y’inzozi ze.

Iyi gahunda kandi ishingira cyane ku muryango. Ababyeyi n’inzego z’ibanze ni bo bafasha kumenya abana bafite inzozi zidasanzwe no kubashyira muri uyu mushinga.

Angelo ati: “Ababyeyi ni bo baduha itangiriro, bakatubwira bati uyu mwana dufite inzozi ze. Ibyo bituma tugira aho duhera.”

Uretse gufotora, iyi gahunda inafite icyerekezo cyo gufasha abana mu buryo bufatika, harimo kubishyurira ishuri no kubafasha kubona ibikoresho by’ishuri.

Nubwo yatangiriye mu cyaro cy’u Rwanda, cyane cyane mu Ntara y’Amajyaruguru, Angelo afite icyerekezo cyo kugeza uyu mushinga ku rwego mpuzamahanga.

Intego ye ni uko yazaba urubuga runini rwo kugaragaza inzozi z’abana bo ku mugabane wa Afurika, no gutuma isi ibona ko inzozi zitagira aho zigarukira ku buzima umuntu avukamo.

Imurikabikorwa “Becoming” ni ryo rya mbere ry’uyu mushinga. Ryagaragaje abana 10, buri umwe agaragazwa mu ishusho y’inzozi ze.

Ni imurika ridahagarara ku mafoto gusa, ahubwo rihuza amajwi y’abana, inkuru zabo bwite, n’uburyo babona ejo habo hazaza.

Mu magambo y’abateguye uyu mushinga, bavuga bati:“Ntitufotora aho abana baturuka. Dufotora abo bashobora kuzahinduka.”

Ni igitekerezo cyoroshye mu mvugo, ariko gikomeye mu ngaruka: guha umwana icyizere cy’uko ejo he hashoboka.

Si imurikabikorwa risanzwe. Ni ahantu hagati y’aho umwana ari n’aho yifuza kugera. Ni ahantu inzozi zihinduka ishusho, zigahinduka inkuru, zigahinduka icyizere

Mu mishinga nk’uyu, amafoto si amashusho gusa, ni indorerwamo y’ejo hazaza.

Kandi nk’uko Angelo abivuga, iyo umwana abonye yagaragajwe nk’icyo yifuza kuba cyo, bituma atangira kukibona nk’icyashoboka, atari nk’inzozi zitarimo ukuri.

Angelo Bertrand Kwizera yavuze ko igitekerezo cya “Dream Portrait Africa” cyavuye ku rugendo yagiriye mu cyaro, aho yasanze abana bafite inzozi zikomeye ariko zitagaragara


Mu mafoto, inzozi z’abana bo mu cyaro zihinduka ukuri kugaragara nk’uko Angelo abitangaza


Umwana wifuza kuba umuganga, umupilote cyangwa umwubatsi… byose bibona ishusho


Inzozi z’abana 10 bo mu cyaro zahinduwe ibihangano by’amafoto bitanga icyizere cy’ejo hazaza

Iyo ifoto ihindutse inkuru y’ejo hazaza: Angelo Bertrand Kwizera ahuza ubuhanzi n’inzozi z’abana


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...