Ibi
byakuruye impaka zitandukanye ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe basaba ko
imyambarire ijyana n’umuco n’indangagaciro by’Abanyarwanda, mu gihe abandi
bibaza niba imyambaro y’umuntu ikwiye kuba impamvu yo kumukoza isoni,
kumuhutaza cyangwa kumubuza uburenganzira bwe.
Ni
impaka zagiye zitangwamo ibitekerezo n’abantu batandukanye barimo abafite
ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda, abanyamideli, abahanzi, abanyamakuru ndetse
n’abandi bafite ijambo mu muryango nyarwanda.
Miss Naomie:
“Imyambarire y’umugore ntabwo igenzura imyitwarire y’umugabo”
Nyampinga
w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie, ni umwe mu bagize icyo bavuga kuri iki
kibazo.
Mu
butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko imyambarire y’umugore
itagomba gukoreshwa nk’impamvu yo gusobanura cyangwa gutsindishiriza
imyitwarire mibi y’umugabo.
Ati:
“Imyambarire y’umugore ntabwo igenzura imyitwarire y’umugabo. Abagabo bafite
inshingano zo kugenzura ibikorwa bakora nk’uko bimeze ku bagore. Iyo umuntu
umwe ahisemo guharabika cyangwa kubangamira umugore, ikibazo kiba kiri ku muntu
ntabwo kiba ku mugore kubera uko yambaye.”
Miss Naomie
yashyize hanze ubu butumwa mu gihe imbuga nkoranyambaga zari zuzuyemo
ibitekerezo bitandukanye ku myambarire, cyane cyane nyuma y’ibyabereye mu
gitaramo cya Diamond Platnumz.
Kundwa Doriane:
Imyambarire ntigenzura imyitwarire y’umugabo
Nyampinga
w’u Rwanda 2015, Kundwa Doriane, na we yavuze kuri iyi ngingo.
Yagaragaje
ko kuba umugore cyangwa umukobwa yambaye imyenda migufi cyangwa igaragaza ibice
bimwe by’umubiri, bidakwiye guhinduka impamvu yo kumubangamira.
Kundwa
yavuze ko ikibazo atari imyambaro umuntu yambaye, ahubwo ko umuntu ushaka
kubangamira undi ari we ukwiye kwibazwaho.
Yumvikanishije
ko imyambarire y’umugore atari yo igenzura imyitwarire y’umugabo, bityo ko
umuntu ubangamira umugore kubera uko yambaye aba afite ikibazo cye bwite.
Brendah wo muri
‘Mackenzie’: “Murinde abagore”
Brendah,
wamamaye cyane mu itsinda Mackenzie, na we yagaragaje ko hakwiye kwibandwa ku
kurinda abagore ihohoterwa aho kubasaba guhora birinda abagabo.
Ni
igitekerezo cyibanda ku nshingano za sosiyete mu kurwanya ihohoterwa, aho
gusigira abagore umutwaro wo guhora batekereza ku buryo imyambarire yabo
ishobora gutuma abandi babitwaraho nabi.
Nirere Shanel:
“Ibitekerezo byawe ni byo bibibyazamo ikindi”
Umuhanzikazi
Nirere Shanel, wamamaye mu ndirimbo zitandukanye, na we yavuze ko imyambarire
y’umukobwa atari yo ituma umuntu agira ibitekerezo cyangwa imyitwarire runaka.
Yagize
ati: “Harya ngo iyo ubonye ikimero cyanjye urarega, umva icyo si ikibazo cyane
kandi ibitandeba ndeba hirya, nawe uzajye ureba ibikureba cyangwa ujya unkwa
wubike inda uzajya ubyuka agasonga kashize.”
Mu
yandi magambo, Shanel yumvikanisha ko umuntu akwiye kugira ubushobozi bwo
kugenzura ibitekerezo n’ibikorwa bye, aho kubishyira ku myambaro y’undi muntu.
Miss Darina: “Nta
muntu ukwiye gukoobwa cyangwa gutuma yiyumva nabi”
Kayumba
Darina wabaye igisonga cya Kabiri cya Miss Rwanda 2022, na we ntiyemeranya
n’imyumvire yo guha imyambaro y’umuntu agaciro karuta umuntu wayambaye.
Yavuze
ko ibyabaye ku bakobwa basubijwe inyuma cyangwa bagahura n’imyitwarire
ibabangamira byari bibabaje.
Darina
asanga kubaha umuntu bidakwiye gushingira ku myambaro yambaye.
Uwicyeza Pamella:
“Kwambara ni amahitamo bwite”
Umunyamideli
Uwicyeza Pamella akaba n'umugore w'umuhanzi w'icyamamare mu Rwanda, The Ben, yagize icyo avuga. Pamella yashimangiye ko imyambarire y’umuntu idakwiye na rimwe
kuba impamvu yo kumugirira nabi, kumukoza isoni cyangwa kumubuza uburenganzira.
Yavuze
ko umuntu adakwiye kubwirwa ibyo “yemerewe” kwambara, kuko imyambarire ari
amahitamo bwite, mu gihe icyubahiro n’umutekano ari uburenganzira bwa buri
wese.
Pamella
ati: “Dushobora kubaha umuco n’indangagaciro zacu, ariko ibyo ntibigomba
gukoreshwa mu guhana, gutoteza cyangwa guhohotera abagore kubera imyambarire
yabo.”
Iki
gitekerezo cyongeye kuzamura ikibazo cyo kumenya aho umuco n’indangagaciro
birangirira, n’aho uburenganzira bw’umuntu bwo kwihitiramo imyambarire
butangirira.
Alliah Cool:
“Abagore n’abakobwa bakwiye kwambara bakikizwa”
Ku
rundi ruhande, umunyamideli akaba na rwiyemezamirimo, Alliah Cool, yahaye
abagore n’abakobwa ubutumwa butandukanye n’ubw’abibanda ku burenganzira bwo
kwambara uko umuntu ashaka.
Mu
butumwa yanyujije kuri Instagram, yabasabye kubahiriza amabwiriza yashyizweho
arebana n’imyambarire.
Yumvikanishije
ko niba hari umurongo washyizweho n’inzego ubuzanya imyambaro igaragaza bimwe
mu bice by’umubiri, abantu bakwiye kuwubahiriza.
Ni
igitekerezo kigaragaza ko hari n’ababona ko uburenganzira bwo kwambara icyo
umuntu ashaka bugomba kujyana n’aho umuntu ari, igikorwa arimo ndetse
n’amabwiriza agenga ahantu runaka.
Mutesi Jolly:
“Hakenewe amabwiriza asobanutse”
Mutesi
Jolly wabaye Miss Rwanda 2016, na we yavuze kuri iki kibazo, asaba ko habaho
uburinganire hagati yo kubahiriza umuco n’indangagaciro no kurengera
uburenganzira bw’umuntu.
Jolly
yavuze ko sosiyete ishobora gukomeza kubaha indangagaciro zayo, ariko ibyo
bikajyana no guha abantu, cyane cyane urubyiruko n’abakora mu nganda
ndangamuco, umwanya wo guhanga no kwigaragaza.
Yumvikanishije
ko ikibazo cy’imyambarire kidakwiye gufatwa nk’impaka zo kumenya gusa ibyo
umuntu yemerewe cyangwa atemerewe kwambara, ahubwo hakwiye kurebwa aho umuntu
ari, igikorwa arimo ndetse n’igihe.
Ku
bijyanye n’amashusho y’abapolisi bafata umukobwa wari wambaye ikanzu ngufi,
Jolly yashimye Polisi y’Igihugu kuba yarafashe icyemezo cyo guhana abo
bapolisi, ariko asaba ko hanasuzumwa niba amabwiriza bahawe atarasobanutse.
Jolly
yakomeje asaba ko iki kibazo kidafatwa mu buryo bukabije, ahubwo hakabaho
uburinganire.
Lydie Mutesi: “Uyu
mukobwa akomere, ibyamubayeho ntibikwiye”
Lydie
Mutesi, na we yashimangiye ko imyambarire idakwiye kuba impamvu yo gukorera
umuntu igikorwa kimukoza isoni.
Ku
bijyanye n’abapolisi bagaragaye bafata umukobwa wari wambaye ikanzu ngufi,
yagize ati: “Polisi y’Igihugu, mwakoze kubona ko aba bapolisi barengereye kandi
bahohoteye uyu mukobwa mukabafunga, ariko munarebe niba mutaba mwaratanze
amabwiriza adasobanutse n’abo bapolisi bakabikurikiza uko.”
Lydie
yavuze ko ibyo uwo mukobwa yanyuzemo bidakwiye, asaba ko hanarebwa uburyo
amabwiriza arebana n’imyambarire atangwa kandi agasobanuka ku bayashyira mu
bikorwa.
Ati:
“Uriya mwana w’umukobwa akomere, ibyamubayeho ntibikwiye na gato.”
Yagize
ati: “Hakagombye kubaho itsinda ririmo abantu baturutse muri Minisiteri
zitandukanye zifite aho zihuriye no gusigasira indangagaciro z’umuco Nyarwanda,
bakaganira bagasohora amabwiriza ajyanye n’uko umuntu ugiye mu ruhame, yaba
umuhungu cyangwa umukobwa, akwiye kuba yambaye.”
Fiona Kamikazi:
“Turashaka kumenya amabwiriza mugenderaho”
Fiona
Kamikazi na we yasabye Polisi y’Igihugu gutanga ibisobanuro birambuye ku
mabwiriza cyangwa amategeko akoreshwa mu kugenzura imyambarire.
Ati:
“Mwakoze, ariko ikintu tutarumva kandi dukeneyeho umucyo ni ukumenya amabwiriza
cyangwa amategeko mugenderaho muhana uwambaye imyenda mwita ko ‘idakwiye’,
cyangwa igihe muhana umupolisi namwe mwita ko yakoze ‘ibikorwa nk’ibi’.”
Yakomeje
ati: “Turashaka kwirinda kwinjizwa muri pandagari gutya tutazi itegeko cyangwa
ibwirizwa twishe.”
Iki
gitekerezo cyibanda ku kibazo cy’amabwiriza asobanutse, cyane cyane mu gihe
imyambarire ari ikibazo gishobora gusobanurwa mu buryo butandukanye n’abantu
batandukanye.
Aissa Cyiza: “Kuba
muto ugakura ntibikwiye kukwibagiza abato bari inyuma yawe”
Umunyamakuru
wa Royal FM, Aissa Cyiza, na we yagaragaje ko impaka z’imyambarire zikwiye
kurebwa mu buryo bwagutse, cyane cyane harebwa ubutumwa buhabwa abakiri bato.
Mu
butumwa bwe, yibajije ku cyo inzego n’abaturage bashaka kugeraho muri izi
mpinduka.
Yatanze
urugero rw’uko imyambarire ishobora guhinduka uko umuntu agenda akura, ariko
asaba ko hakomeza kubaho ibiganiro ku ndangagaciro n’uburyo abana n’urubyiruko
biga ku bantu babakikije.
Kemnique: “Ntimuhe
abagabo umwanya wo guhohotera abakobwa”
Umwe
mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga, Kemnique, we yibanze ku ngaruka
zishobora guterwa no guha abantu urwitwazo rwo kubangamira abagore n’abakobwa.
Ati:
“Ubu abagabo mwabonye umwanya wo kujya mukorera ‘harassment’ abakobwa n’abagore
kubera uburyo bambaye?”
Yagarutse
ku bikorwa birimo gukurikira umuntu, kumwitegereza mu buryo bumubangamira
ndetse no kumutera ubwoba.
Kemnique
yasabye ko mu biganiro nk’ibi harebwa n’ingaruka bishobora kugira ku bakobwa
n’abagore, aho kubaha abagabo urwitwazo rwo kubahohotera.
Sadate Mukanyazi:
“Ariko se byagenze gute ngo twisange aha?”
Sadate
Mukanyazi wayoboye Rayon Sports, yafashe iyi ngingo ayihuza n’ikibazo cyagutse
cy’indangagaciro, uburere n’imyitwarire y’urubyiruko.
Mu
butumwa burebure yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Sadate yavuze ko abantu
bakunze kunenga urubyiruko bavuga ko rwataye umuco, ariko ko hakwiye kubanza
kwibazwa uruhare rw’abakuru n’umuryango mu kurema sosiyete urubyiruko
rukuriramo.
Yavuze
ko umwana akura areba ibyo ababyeyi, abamukikije, ibyamamare n’abandi bantu
bafite ijambo muri sosiyete bakora.
Sadate
asanga iyo umwana akura abonamo inzoga, ibiyobyabwenge, imyitwarire idahwitse,
ubuzima bw’akabyiniro n’ibindi bikorwa byerekanwa ku mbuga nkoranyambaga, ibyo
bishobora kugira uruhare mu ishusho yubaka ku buzima n’indangagaciro.
Yakomeje
agaragaza ko hari ubwo umwana ashobora kubona ko kumenyekana cyangwa kubona
amafaranga bisaba gukurikiza ubuzima bw’ibyamamare abona ku mbuga
nkoranyambaga, nubwo atazi neza aho ubutunzi cyangwa ubuzima bwiza aba abona
kuri internet byaturutse.
Polisi yafunze
abapolisi babiri
Izi
mpaka zarushijeho gukomera nyuma y’amashusho yakwirakwiye ku mbuga
nkoranyambaga agaragaza abapolisi babiri bafata umukobwa wari wambaye ikanzu
ngufi.
Polisi
y’Igihugu yatangaje ko abo bapolisi bafunzwe nyuma yo kugaragara muri ayo
mashusho, ibintu byatumye bamwe mu bantu bashima iki cyemezo, mu gihe abandi
basaba ko hanasobanurwa neza amabwiriza agenga imyambarire n’uburyo ashyirwa mu
bikorwa.
Iki
cyabaye kimwe mu byatumye impaka ziva ku myambarire y’abitabira ibitaramo gusa,
zigera ku kibazo cy’uburyo amategeko n’amabwiriza ashyirwa mu bikorwa ndetse
n’uburyo abantu bafatwa iyo bibonetse ko barengeje umurongo.
Umuyobozi w’Umujyi
wa Kigali na we yavuze ku myambarire
Mu
bihe bishize, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, na we yagiye
agaruka ku myitwarire mu bitaramo.
Yihanangirije
abategura ibitaramo, abasaba kutemerera umuhanzi wanyweye inzoga cyangwa
ibiyobyabwenge kujya ku rubyiniro ngo aririmbe imbere y’abantu.
Yanasobanuye
ko imyambarire igaragaza bimwe mu bice by’umubiri idakwiye mu bitaramo no mu
bindi bikorwa bihuza abantu.
Ibi
byongeye kwibutsa ko ikibazo kitagarukira ku bakobwa gusa, ahubwo ko hari
n’ibiganiro bigari ku buryo ibitaramo n’ibikorwa by’imyidagaduro bikwiye
kugenzurwa.
Izi
mpaka zose zigaragaza ko ikibazo cy’imyambarire gifite impande nyinshi.
Hari
ababona ko umuntu agomba kubahiriza umuco, indangagaciro n’amabwiriza agenga
ahantu ari. Hari n’abibaza niba ibyo bidakwiye gukorwa mu buryo butabangamira
icyubahiro n’uburenganzira bw’umuntu.
Ku
rundi ruhande, hari n’abasanga umuntu agomba kwirinda imyambaro ishobora gutera
impaka ahantu runaka, cyane cyane mu bikorwa bifite amabwiriza yihariye.
Ariko ku mpande zombi, igitekerezo cyagarutsweho cyane ni uko kubahiriza umuco n’amabwiriza bitagomba guhinduka impamvu yo guhohotera, gukozwa isoni cyangwa gutesha agaciro umuntu.

Miss
Naomie yavuze ko imyambarire y’umugore atari yo igenzura imyitwarire y’umugabo,
asaba ko buri muntu yakwita ku nshingano ze









