Kuva kuri Kivumbi King kugeza kuri Ariel Wayz: Urugendo rwa Producer Muriro uri kwegukana imitima y’abakunzi b’umuziki-VIDEO

Imyidagaduro - 22/05/2026 4:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Kuva kuri Kivumbi King kugeza kuri Ariel Wayz: Urugendo rwa Producer Muriro uri kwegukana imitima y’abakunzi b’umuziki-VIDEO

Inzu zitunganya umuziki nyarwanda zirimo urusaku rw’ama 'beats' atandukanye, hari amazina agenda agaragaza impinduka nshya mu gutunganya indirimbo. Muri ayo mazina, Jovan Fils Muhirwa wamamaye nka Producer Muriro ari mu bahanzwe amaso cyane mu muziki w’u Rwanda muri iki gihe, cyane cyane mu njyana ya Afrobeat n’izindi ziyikomokaho.

Ntabwo byamubereye urugendo rworoshye. Ni urugendo ruvanze n’ishyaka, kwihangana no kwizera impano ye kuva akiri umwana muto wicaye mu ishuri, atangira kumva ko umuziki atari ukwinezeza gusa, ahubwo ushobora kuba umwuga.

Producer Muriro avuga ko urukundo rw’umuziki yarugize kuva kera, ariko ntihari hakiri igihe cyo kubigira umwuga. Icyo gihe, ibintu byose byahindutse ubwo yatangiraga guhura na software zo gutunganya umuziki nka FL Studio na Virtual DJ.

Inkuru ye itangira guhindura isura ubwo se wabo yamwererekaga bwa mbere FL Studio. Aho ni ho habereye impinduka ikomeye: aho kureba umuziki nk’ukwinezereza, atangira kuwureba nk’akazi k’ejo hazaza.

Muriro yabwiye InyaRwanda ati: “Ibintu bijyanye no gutunganya indirimbo kugira ngo mbijyemo ni nk'umuhamagaro wanjye niyumvagamo kandi bindimo. Kuko ni ibintu natangiye kugerageza ndi muto mfite nk'imyaka nka 14.”

Gukura yihugura: YouTube yabaye ishuri rye

Nta studio yari afite, nta n’ubushobozi buhambaye bwo kwiga mu mashuri y’umuziki, ariko ibyo ntibyigeze bimubuza gutera imbere. YouTube yabaye ishuri rye rya mbere, aho yireberaga ‘tutorials’, agerageza gukora ‘beats’ nyinshi z’amoko atandukanye.

Icyo gihe yakoraga yitwa “Ayo Jovan”, izina ryari ritangiye kumumenyekanisha mu bakunzi bake bamenyaga ibyo yakoraga.

Ariko uko yagendaga akorana n’abandi, abantu batandukanye barimo Kivumbi King na Tonalite batangiye kumugira inama z’uko izina “Muriro” ryaba igice cy’ikirango cye cy’umwihariko.

Kimwe mu byafashije Muriro kumenyekana cyane ni igihe yakoraga ku ndirimbo “Shayo” ya Ariel Wayz mu 2022. Icyo gihe, ni bwo yashyizeho bwa mbere akarangamuntu ka “Muriro” mu ndirimbo mu buryo bwumvikana neza.

Ati: “Twakoranye na Ariel Wayz indirimbo ‘Shayo’, ni ho natangiye gushyiramo ako karango ka Muriro. Aho ni ho byahindutse, abantu batangira kunyita Muriro aho kunyita Ayo Jovani.”

Kuva ubwo, izina Muriro ryabaye ikirango cy’ubuhanga bwe, rihita rifata intebe mu mitima y’abakunzi b’umuziki.

Mu 2017, Muriro yabonye amahirwe ya mbere yamuhinduye burundu. Yari amaze kohereza beats ze kuri Producer Nexus abinyujije kuri Facebook.

Ntibyatinze, Nexus yamuhamagaye amutumira muri studio. Icyo gihe byari bifunguye amarembo mashya.

Icyo gihe Muriro yibuka nk’intangiriro y’ukwemera ko umuziki ushobora kuba umwuga nyawo. 

Nyuma y’imyaka yo guhangana no kwiyubaka, Muriro yaje kubona amahirwe yo gukorera muri Jivah Records nka Assistant Producer.

Aho ni ho yakoreye n’abahanzi batandukanye barimo Kivumbi King, aho yanagize uruhare mu ndirimbo nka “Jericho” iri kuri album DID ya Kivumbi King.

Uko yagendaga akora, ni ko izina rye ryagendaga rikura mu buryo budasubirwaho.

Ubu Muriro amaze gukora indirimbo zitandukanye zigaragaza ubuhanga bwe: “Shayo” – Ariel Wayz, “Captain” – Kivumbi King ft A Pass, “Jericho” – Kivumbi King, “Angel and Demon”, “Urimwiza”, “Tell Me”, “Monica” – DiceThePrince, n’abandi bahanzi barimo Ruti Joel na Impakanizi.

Uyu musore kandi akomeje gufasha abahanzi bakizamuka, ibintu abona nk’inshingano kuruta kuba akazi gasanzwe.

Nubwo amaze gutera intambwe, Muriro avuga ko akiri gutera imbere, ariko afite abo afata nk’icyitegererezo. Muri bo harimo Producer Made Beats, wamuhaye isomo rikomeye ku buryo umuziki ukorwamo.

Ati: "Nakundaga uburyo akoramo ibintu bye. Kuko numvaga ari Producer ukora ibintu bitandukanye, atari umuntu uguma ahantu hamwe ku buryo wumva bitandukanye. Numvaga ahindakagurika, yajya muri Hip Hop nkumva aranyemeje, yajya muri Afrobeats nkumva arankomye, ndavuga nti uyu ni we Producer ngomba kureberaho."

Nubwo ataramubona imbonankubone, Muriro amufata nk’umwe mu bamuhaye icyerekezo cy’umwuga.

Muriro ntahagarariye aho ageze. Inzozi ze ni ugufasha umuziki nyarwanda kugera ku rwego mpuzamahanga, aho aba producer bo mu Rwanda bashobora guhangana n’abo muri Nigeria n’ahandi ku mugabane wa Afurika.

Ariko agaruka no ku mbogamizi zikiri mu muziki nyarwanda, cyane cyane ikibazo cy’ishoramari rike. Ati “Abantu bashora amafaranga make mu muziki, kandi ari kimwe mu bituma tutagera kure.”

Kuva ku mwana wiyigishaga kuri YouTube kugeza ku producer uri gukora indirimbo zikunzwe, urugendo rwa Muriro ni inkuru y’icyizere, kwihangana no kudacika intege.

Ubu ari mu gisekuru gishya cy’abatunganya umuziki nyarwanda bafite icyerekezo kinini, kandi benshi bamubonamo umwe mu bazagira uruhare rukomeye mu gutuma “sound” y’u Rwanda irenga imbibi.

Producer Muriro yavuze uko yatangiye umuziki yiga kureba tutorials kuri YouTube, mbere yo gukora indirimbo z’abahanzi bakomeye barimo Ariel Wayz na Kivumbi King


Muriro uri mu ba producer bagezweho mu Rwanda yavuze ko yafatiye urugero kuri Made Beats, ndetse agaragaza inzozi afite zo kugeza umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga

 

Uko gukunda FL Studio akiri umwana byahindutse umwuga: Producer Muriro yavuze urugendo rwamugejeje ku gukora indirimbo zikunzwe zirimo “Shayo” na “Captain”

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PRODUCER MURIRO


KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO PRODUCER MURIRO YAKOREYE MIKE KAYIHURA


KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'SHAYO' PRODUCER MURIRO YAKOREYE ARIEL WAYZ


KANDA HANO UREBE INDIRIMBO PRODUCER MURIRO YAKOREYE KIVUMBI KING

VIDEO: Dox Visual/ InyaRwanda



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...