Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashinzwe mu mwaka wa 1976 rikaba rimaze kuyoborwa n’abagabo 16 kuva icyo gihe kugeza ubu.
Muri bo harimo abamenyekanye
mu buyobozi bukuru bw’igihugu mu nzego zitandukanye no mu mashyaka ya
politiki. Abo barimo Faustin Twagiramungu wayoboye FERWAFA muri 1987-1988
hanyuma akaba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
InyaRwanda.com yahisemo kubakusanyiriza ibigwi n’amateka byaranze abayobozi 16
bayoboye FERWAFA ibyo bagezeho ndetse n’inzitizi bagiye bahura nazo ku ngoma
zabo.
1. Dr Gasarasi: 1976-1978
Gasarasi ni we
wabimburiye abandi kuyobora Ferwafa, gusa yayoboye mu bihe bikomeye, icyo gihe
umupira w’amaguru warangwaga no gukinwa bishimisha gusa, kuko nta mategeko yari
ahari ndetse nta n’amakipe yashoboraga guhatana yari ahari icyo gihe.
Ntabwo yakoze
byinshi mu mupira w’u Rwanda mu myaka ibiri kuko na we yari ataragira aho agera
mu gihe cy’imyaka ibiri mu kumenyekana ndetse n’umupira wari utaragira aho
ugera aho wasangaga nta byangombwa n’imiyoborere ishikamye ku bijyanye
n’iterambere ry’umupira w’amaguru.
2. Mudenge Canisius:
1978-1982
Ubuyobozi bwa Mudenge
bwaranzwe no kwivanga bikomeye kw’abayobozi b’igihugu mu mupira w’amaguru
bitewe nuko bamwe mu bari bazi iby’umupira wasangaga n’ubundi ari bo bayobozi
ahanini b’amashyaka ndetse no mu nzego zitandukanye za Leta.
Mu myaka ine yayoboye,
nta bigwi bikomeye ikipe y’igihugu yari ifite, kuko habagaho gukundwakaza
amakipe bitewe n’inkomoko y’aba bayobozi ndetse no gukorerwamo kuko wasanga nta
cyemezo cyafatwaga abayobozi muri Leta batabigizemo uruhare.
Ikindi, wasangaga ahanini hakoreshwa igitugu mu bijyanye no kuyobora umupira ndetse n’ibyemezo byafatwaga ku buryo akenshi hifashishwaga izindi mbaraga kugira ngo hafatwe ibyemezo mu mukino runaka.
3. Félicien Ngango
1982-1986
Yamaze imyaka ine ku
buyobozi, yamenyekanye ahanini kubera yari mu buyobozi bw’ishyaka rya PSD akaba
yaraje kujya mu buyobozi bwa Ferwafa.
Ngango nta kintu
gihambaye yakoze kuko n’ikipe y’igihugu nta mikino myishi yakinaga, gusa amwe
mu makipe y’ibigugu muri icyo gihe yari atangiye kuryoshya umupira w’amaguru.
Aha twavuga nka Kiyovu
Sports, Rayon Sports, Mukura n’inzindi aho zari zifite abafana benshi muri iyo
myaka ndetse n’amazina amwe y’abakinnyi yari atangiye kujya amenyekana cyane
ariko ugasanga kwivanga bikomeza kwiyongera.
4. Mayuya Stanislas
1986-1987
Mayuya yayoboye umwaka
umwe gusa muri Ferwafa aho yaranzwe ahanini no gushaka gutegekesha igitugu.
Mayuya yaje kwitaba Imana mu mwaka wa 1987 bivugwa ko yazize impamvu za
Politiki.
5. Faustin Twagiramungu
1987-1988
Twagiramungu, ahanini
wamenyekanye muri politiki, yayoboye Ferwafa kuva mu mwaka wa 1987 kugera 1988.
Bivugwa ko muri icyo gihe, Ferwafa yaranzwe no gutonesha ikipe ya Stir fc(ikipe
ya Sosiyete y’ingendo Stir) ari na yo Twagiramungu yaturutsemo aza kuyobora
Ferwafa.
Bivugwa kandi ko Twagiramungu yaranzwe no kwirengangiza nkana amategeko, ari na byo byaje gutera umwuka mubi hagati ye n’uwari umunyamabanga we Jean Kabanda bishobora kuba ari yo ntandaro yo kuyobora umwaka umwe muri iyi nzu ya Ferwafa.
6. Dr Emmanuel
Ndagijimana 1988-1991
Ndagijimana yayoboye Ferwafa
mu gihe kuri we byasaga nk’ibikomeye kuko muri iyi myaka abantu benshi bari
batangiye gufunguka mu mutwe ndetse no kumenya iby’umupira kurusha mbere.
Mu gihe cye, ikipe
y’igihugu Amavubi yagerageje gukina imikino itari myinshi dore ko yasaga
n’itabaho kandi shampiyona yarangwaga no kutagira amategeko ahamye igenderaho.
7. Mvuyekure Viateur
1992-1993
Ku buyobozi bwa
Mvuyekure, na bwo nta mikino myinshi Amavubi yakinnye ndetse Ferwafa yaranzwe
no gutonesha ikipe ya Etincelles ari nayo uyu muyobozi yaturukagamo, nubwo
rimwe na rimwe amakipe nka Pantheres Noirs, Eclairs FC nayo yatoneshwaga kubera
ko yari amakipe y’ingabo.
8. Gasasira Ephraim
1994-1995
Gasasira wari usanzwe ari
umunyamategeko akaba yari yaranavuye mu ikipe ya Mukura, mu gihe cye nta bintu
byinshi byakozwe mu mupira w’amaguru kubera ibihe igihugu cyari kivuyemo.
Uyu mugabo yayoboye
Ferwafa amezi 6 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ndetse
ategura amatora aribwo hatorwaga Gen Caesar Kayizari.
9. Lt. Gen. Cesar
Kayizari, 1995-2006
Gen Kayizari niwe wa mbere wayoboye Ferwafa nyuma ya Jenoside yakorewe
Abatutsi, ayiyobora imyaka icumi yose yari yuzuyemo ibikorwa by’indashyikirwa.
Mu bayoboye FERWAFA kuva
1994,uyu musirikare ukomeye niwe wagumye mu mitima ya benshi kubera ukuntu
yazamuye umupira ndetse n’ikipe y’igihugu igakora amateka.
Kayizari yayoboye Ferwafa
kuva mu mwaka wa 1995 kugeza muri 2006. Mu gihe cye, Amavubi yatwaye igikombe
kimwe cya Cecafa (1999) ari nacyo cyonyine u Rwanda rwatwaye.
U Rwanda kandi rwegukanye
igikombe cya Comessa ndetse rwitabira igikombe cya Afurika(CAN) cyakiniwe i
Tunis muri Tunisia muri 2004 ku nshuro yarwo ya mbere ari nayo nshuro yonyine u
Rwanda rwitabiriye.
Ingoma ya Lt. Gen. Caezar
Kayizari, yaranzwe n’umuco wo kubatiza abanyamahanga bashoboye, bagakinira
ikipe y’igihugu Amavubi ndetse no muri shampiyona y’u Rwanda bagaragayemo ari
benshi.
Ibi byatumye ahanini
shampiyona y’u Rwanda iba imwe mu mashampiona avugwa ndetse anakomeye cyane
bitewe n’uko ahanini habagamo amafaranga menshi.
Kubwa Kayizari,Shampiyona
y’u Rwanda yari yarasize kure cyane izindi zo muri aka karere kuko umukinnyi
mwiza wese yaba muri Tanzania,Kenya,Uganda no mu Burundi yarotaga kuza muri APR
FC na Rayon Sports.
Urwego rw’amarushanwa
imbere mu gihugu rwari hejuru,kubona amanota atatu ari ukwirya ukimara
byanarimba bamwe bakitabaza umuti [abapfumu].
Mu gihe cya Gen
Kayizari,u Rwanda rwari ruzwi mu mupira,abanyamahanga bakora ikinyuranyo,CECAFA
ari inzozi mbi ku makipe ahanganye n’ay’u Rwanda.
Mu gihe cya Lt. Gen.
Kayizari, hazamutse abakinnyi batandukanye bakomeye nka Jimmy Gatete, Olivier
Karekezi, Eric Nshimiyimana,Katawuti,Desire Mbonabucya,Saidi Abedi,Ntaganda
Elias,Sibo Abdul n’abandi.
Rayon Sports yatwaye
igikombe igikuye hanze,APR FC itwara CECAFA 2004,Kiyovu iheruka gukomera 2004
igifite ba Diouf.
Mu gihe cya Kayizari
nibwo APR FC yasezereye Zamalek iyitsinze ibitego 4-1 i Kigali,mu gihe Amavubi
yatsinze ibigugu nka za Ghana ndetse mu Rwanda ntiyapfaga gutsindirwa i Kigali.
Perezida Kagame yakunze kugaragara kuri stade yaje gushyigikira amakipe y’u Rwanda muri iyo myaka y’ubuyobozi bwa Gen Cesar Kayizari.
10 Maj Gen. Kazura Jean
Bosco 2006-2011
Uyu yayoboye umupira
w’amaguru umaze kuba kimwe mu bishimisha abanyarwanda by’ibanze ndetse u Rwanda
rumaze gufata irangi mu iterambere.
Ferwafa yasabwaga
gukomeza gushyiraho ingamba ndetse n’ingufu nyishi ngo umupira w’amaguru
ukomeze utere imbere.
Maj Gen Kazura yasabwaga
gutanga icyerekezo ku mupira wo mu Rwanda no gukomeza kuzamura izina ryawo
by’umwihariko mu mikino mpuzamahanga.
Icyakora Amavubi
yatangiye gutsindirwa mu rugo n’amakipe y’andi, ishyaka mu kibuga riragabanuka
cyane ko abakinnyi b’abanyamahanga bajyanye u Rwanda muri AFCON 2004 bari
batangiye gushiramo imbaraga.
Ku ngoma ya Maj Gen
Kazura Jean Bosco, u Rwanda rwakiriye igikombe cya Afurika cy’abatarengeje
imyaka 20 muri 2009 ruviramo mu matsinda ariko rwigaragaje, n’icy’abatarengeje
imyaka 17 muri 2011 aho rwakinnye umukino wa nyuma.
Muri manda ya Kazura
kandi, Amavubi yitabiriye igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 17 cyabereye i
Mexico muri 2011, ruviramo mu matsinda.
Bwa mbere mu mateka y’u
Rwanda ikipe y’igihugu yakinnye imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi, 80%
by’abakinnyi bari umusaruro w’amashuri Jean Bosco Kazura yashinze.
Maj Gen Kazura ayobora
Ferwafa, yaranzwe no kuzamura umupira w’amaguru w’Abanyarwanda uhereye mu bana
bato, ndetse haba ivugurura ry’amasitade kandi hubakwa ibibuga bishya (Kicukiro,
Huye, Amahoro, Rubavu).
Icyakora amakipe nka APR
FC na Rayon Sports zasubiye inyuma,amikoro aba make ku yo hasi gusa APR FC
yatwaye CECAFA 2007 na 2010 ndetse na Atlaco FC yasenyutse yayitwaye iyikuye
muri Sudani
Amakipe yakuriweho
inkunga yahabwaga na leta yo gusohoka,yagera hanze akanyagirwa.
11. Ntagungira Céléstin
Abega 2011-2013
Izina ‘Abega’
ryamenyekanye cyane ubwo yari umusifuzi muri shampiyona y’u Rwanda ndetse akaza
kuba mpuzamahanga aho yasifuye amarushanwa akomeye muri ruhago y’isi harimo
igikombe cy’isi ndetse n’icya Afurika.
Abega yaje kwinjira muri
FERWAFA nk’Umuyobozi wayo kuva mu mwaka wa 2011 kugera mu mpera za 2013
yishimiwe ndetse ategerejweho kuzamura ireme ry’umupira ryari ritangiye
kugabanuka.
Ibyo Abega yari
ategerejweho n’abakunzi b’umupira w’u Rwanda byari byinshi bitewe n’uko kuva
FERWAFA ibayeho ari bwo yari iyobowe n’umuntu usanzwe ukora akazi kajyanye
n’umupira w’amaguru.
Nubwo Abega yagerageje
kuzana abaterankunga bavuye hanze no mu Rwanda ndetse ku ngoma ye bikaba
bivugwa ko nta gutonesha amakipe byabayeho,ikipe y’igihugu nta musaruro
ugaragara yagize.
12. Nzamwita Vincent ‘De
Gaulle’ 2014-2018
Nzamwita yaje gutorwa
kuyobora Ferwafa mu mwaka wa 2014 gusa ubuyobozi bwe ntibwigeze bwishimirwa na
gato bitewe n’ibintu byinshi byagiye bivugwa hirya no hino.
Benshi bemeza ko mu myaka
4 Nzamwita yamaze ayobora FERWAFA, yakoze amokosa menshi aruta ibyiza yakoze
arimo nko guterwa mpaga no gusezererwa ku ikipe y’igihugu amavubi kubera
gukinisha Birori Daddy mu mwaka wa 2014, kwisabira agahimbazamusyi kandi ari
umuyobozi,ubusumbane mu makipe,kutagera ku ntego yiyemeje yo kuzamura
abana,guhangana n’itangazamakuru ndetse na Komite ye,gutakaza ishusho ku
umupira w’amaguru mu Rwanda n’ibindi.
Bijya gutangira, Nzamwita
Vincent De Gaulle yibasiwe n’abakunzi ba Rayon Sports kuko yahoze ari
umunyamabanga mukuru wa APR FC,ahava yerekeza mu Intare yamutanze nk’umukandida
wa FERWAFA ndetse aza gutsinda amatora ku wa 25 Mutarama 2014 ahigitse
Ntagungira Celestin wari usanzwe ayiyobora ku majwi 19 kuri 13.
Nzamwita akigera muri
FERWAFA, yatangiye kugirana ibibazo n’abafana b’ikipe ya Rayon Sports kubera ko
bamushinjaga kubogamira ku ikipe ya APR FC yabereye umunyamabanga ndetse aba
bafana bagenda bamwibasira aho bamwise Degaulle wabo.
Tariki 02 Kanama 2014,
nibwo Amavubi yasezereye Congo Brazzaville kuri penaliti 4-3 mu mikino yo
gushaka itike ya AFCON, nyuma y’uko iminota y’umukino yarangiye u Rwanda
rutsinze ibitego 2-0 yaje byishura ibyo yari yatsindiwe hanze, ariko ibyishimo
by’abanyarwanda ntibyarambye kuko ku italiki ya 17/8/2014 u Rwanda rwasezerewe
bitewe no gukinisha Daddy Birori mu mukino ubanza wari wabereye Brazzaville aho
bivugwa ko Nzamwita ariwe wabigizemo uruhare ubwo yasabaga umutoza Constantine
gukinisha uyu musore ndetse ko nta kibazo afite.
Nyuma y’ iki kibazo,
MINISPOC yatangaje ko igomba guha agahimbazamusyi ikipe y’igihugu kubera ukuntu
yitanze nubwo yahuye n’ibyago igakurwa mu marushanwa kubera amakosa yakozwe
n’ubuyobozi,ariko benshi batunguwe n’ijambo rya Nzamwita asaba ko nawe yahabwa
agahimbazamusyi kuko nawe yabigizemo uruhare.
Nzamwita yagiranye
ubwumvikane buke n’itangazamakuru ry’imikino, ubwo yashakaga abanyamakuru bari
bazwi mu mikino (Seniors) ahita abaha amafaranga ngo bajye bamuvuga neza aho ku
ikubitiro yahisemo abanyamakuru 4 bakoreraga ibitangazamakuru byari bikomeye
muri 2014.
Nzamwita yashinjwe
gutanga akazi ku bunyamabanga bukuru bitanyuze mu mucyo,ubwo yahaga akazi
Murindahabi Olivier ndetse no kwirukana abakozi benshi muri FERWAFA.
Mu ntangiriro z’umwaka wa
2015 FERWAFA yatangije shampiyona y’abana bari munsi y’imyaka 15 mu ntara zose
z’igihugu bagamije kuzamura zimwe mu mpano z’abana batabasha kugaragara, gusa
byaje guhagarara ndetse ntiyegura nkuko yari yarabisezeranyije abanyamuryango
ubwo yiyamamazaga.
Nzamwita Vincent Degaulle
n’umunyamabanga we Me Mulindahabi Olivier bakoze amakosa akomeye mu mwaka wa
2016 ubwo batangaga isoko ryo kubaka hoteli ya FERWAFA rigahabwa kompanyi ya
Expert CEO LTD kandi nta bushobozi ifite bwo kubaka inyubako nk’iyi aho bivugwa
ko haba harabayemo ruswa.
Ibi byatumye uwahoze ari
umunyamabanga mukuru wa FERWAFA Me Mulindahabi Olivier afungwa akekwaho ruswa.
Nzamwita Vincent Degaulle
yagiye ahamagazwa kenshi n’inzego z’ubugenzacyaha kugira ngo yiregure kuri ibi
birego gusa byarangiye atsinze.
Muri Kanama 2016, nibwo
hirukanwe uwari umutoza w’Amavubi Jonathan Mckinstry kubera umusaruro muke
ariko yirukanwe mu buryo budakurikije amategeko.
Uyu yagiye kurega u
Rwanda aratsinda,FIFA itegeka ko yishyurwa asaga ibihumbi 215,000 by’amadolari
(hafi miliyoni 194 Frw).Aya mafaranga yaciwe Minisiteri ya Siporo ariko FERWAFA
aba ariyo iyishyura.
Mu mwaka wa 2017 wa nyuma
ku buyobozi bwa Nzamwita nibwo hagaragaye amakosa menshi aho ku ikubitiro
taliki ya 21 Werurwe 2017 mu gikorwa cyo kwerekana uwahoze ari umutoza
w’Amavubi Antoine Hey, Nzamwita yatangarije abanyamakuru ko kuri we abona
Amavubi ataragiye muri CAN2004 ko higiriyeyo abanyamahanga.
Ibi nytibyishimiwe
n’abakunzi b’umupira w’amaguru, by’umwihariko abajyanye Amavubi muri CAN barimo
Mbonabucya Desiré, Karekezi Olivier, Katawuti n’abandi bamwokeje
igitutu,byatumye asaba imbabazi Abanyarwanda.
Ku italiki ya 06
Ugushyingo 2017, nabwo Nzamwita Vincent Degaulle yongeye kwibasira
abanyamahanga bakiniye Amavubi aho yavuze ko impamvu u Rwanda rwitwaye neza
muri Ethiopia rukayitsinda 3-2 mu gushaka itike ya CHAN aruko ikipe y’igihugu
igizwe n’Abanyarwanda gusa ndetse ikinisha imitima byatumye abahoze bakinira
Amavubi bongera guhangana nawe.
Mu mpera za shampiyona ya
2016-2017, Nzamwita yanze ko Rayon Sports ihabwa igikombe ku mukino wa
shampiyona yari yakiriye, byatumye taliki ya 08 Nyakanga 2018 ihabwa igikombe
ku mukino wa gicuti yakinnye na AZAM FC,ibintu bitigeze bibaho mu mupira
w’amaguru ko ikipe ihererwa igikombe cya shampiyona ku mukino wa gicuti.
Nzamwita yakoze irindi
kosa kuri uwo munsi,kuko atigeze yitabira umuhango wo gushyikiriza Rayon Sports
igikombe cya shampiyona ,ibintu byari bibayeho bwa mbere mu myaka irenga 20
yari ishize, ko perezida abura mu muhango wo gutanga igikombe. Bivugwa ko
Nzamwita yari yagiye gutegura amatora ngo yongere atsinde.
Umuyobozi wa FERWAFA Nzamwita,yari
yagaragaye mu mihango 2 yabanje,irimo guha igikombe ikipe ya Miroplast FC
yatwaye igikombe cy’icyiciro cya kabiri na APR FC yegukanye igikombe
cy’amahoro.
Ku ya 20 Nzeri 2017
umuyobozi wa SEC Academy, Munyandamutsa Augustin yareze Umuyobozi w’Ishyirahamwe
ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle muri FIFA,
amushinja kuyoboza igitugu, kurigisa umutungo ndetse no kudindiza iterambere
ry’umupira mu gihugu.
Ikosa rya nyuma Nzamwita
Vincent yakoze ryanashyize ku ndunduro ubuyobozi bwe ni ni ukurarana muri
hoteli n’abayobozi barenga 30 b’amakipe bagombaga gutora mu matora y’umuyobozi
wa Ferwafa yari ateganyijwe ku wa 30 Ukuboza 2017 byatumye asabwa gukura
Kandidatire ye muri aya matora.
Icyakora, Nzamwita
yashishikarije amakipe gushaka ubuzima gatozi ku ngoma ye ndetse na Ferwafa
irabubona kuko na yo ntabwo yagiraga.
Nzamwita niwe wagize
uruhare kugira ngo FERWAFA ihabwe inkunga yo kubaka Hoteli nziza cyane
yakwakira nibura amakipe atatu icyarimwe ndetse ikaba yari ifite ingengo
y’imari ya miliyari 4 y’amafaranga y’u Rwanda nubwo yaje kudindira igihe
kinini.
Nzamwita niwe wazanye
umuterankunga wa shampiyona y’ u Rwanda ariwe AZAM TV nyuma y’igihe shampiyona
itamugira ndetse hari nubwo ikipe yatwaraga shampiyona ntibone amafaranga.
Nzamwita mu gihe yayoboye Ferwafa, u Rwanda rwakiriye imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo, CHAN 2016 ndetse yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amashyirahamwe atandukanye ku Isi nka Maroc, u Budage n’andi mu rwego rwo kuzamura umupira.
13. Rtd Brig Gen Sekamana
Jean Damascène [2018-2021]
Ku wa 31 Werurwe 2018,
nibwo Brigadier General Sekamana Jean Damascene yahigitse Rurangirwa Louis ku
majwi 45 kuri 7 ahita atsindira kuyobora FERWAFA ariko yaje kwegura kuwa 14
Mata 2021.
Kwiyamamaza kwe icyo gihe
byabaye bitunguranye dore ko yari amaze imyaka 20 atagera ku kibuga kuva avuye
ku buyobozi bwa Kiyovu Sports mu 1998, ariko kuri iyi nshuro akaba yari
yatanzwe n’ikipe ya Intare FC.
Mu ijambo yavuze akimara
kwicara ku ntebe yo kuyobora Ferwafa, Gen Sekamana Jean Damascène yasezeranyije
abakunzi ba ruhago n’abanyamuryango ba Ferwafa ko mu gihe azabona ko inshingano
yihaye zimunaniye kubera imikorere ye mibi azafata icyemezo akegura.
Mu gihe cye nibwo Rayon
Sports yakoze amateka igera muri 1/4 cy’igikombe cya CAF Confederations Cup.
Mu gihe cye,ntabwo
umupira w’amaguru wazamutse mu Rwanda ahubwo hagaragaye ibyemezo bidahwitse bya
FERWAFA,gutsindwa umusubirizo kw’Amavubi no gusubira inyuma kwa shampiyona y’u
Rwanda.
Nubwo yayoboye mu gihe
kibi cya Covid-19,uyu muyobozi ntiyagaragaraga cyane mu myanzuro ku makipe
ahubwo izina ry’Umunyamabanga we Uwayezu F. Regis ryaravuzwe cyane.
Mu gihe cye,Rayon Sports
yaciwe akayabo na CAF kubera kudatanga TV yerekana imipira bikarangira CAF
ariyo yishyiriyeho Supersport.
Mu gihe cye,Ishyirahamwe
ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda [FERWAFA] ryishyuye Umufaransa witwa Jérôme
Dufourg miliyoni zisaga 120 frw wari usinzwe itumanaho no gushaka amasoko
kubera kumwirukana bidakurikije amategeko.
Uyu kandi byavuzwe ko mu
gihe cya Covid-19 haguzwe ibiryo byo gufasha amakipe ariko bipfira muri stoke
kubera gutinda kubitanga. (
14. Nizeyimana Mugabo
Olivier [2021-2023]
Tariki ya 27 Kamena 2021
nibwo Nizeyimana Olivier yatorewe kuyobora FERWAFA muri manda y’imyaka 4,ariko
yeguye ataramara imyaka 2.
Tariki ya 20 Kamena 2022
ni bwo FERWAFA yasohoye itangazo rihagarika by’agateganyo Muhire Henry kubera
amakosa yagaragaye mu kazi ke.
Uyu mugabo bivugwa
yashinjwaga kuba yarasinyanye amasezerano n’uruganda rwa Masita yo kwambika
ikipe y’igihugu ubuyobozi bwa FERWAFA butabizi, kugeza aho uru ruganda
rwohereje imyenda hakabura uyikura muri MAGERWA kubera ko FERWAFA yanze
kuyikurayo kuko itari izi iby’ayo masezerano, bivugwa ko yafashe ideni mu izina
rya FERWAFA kugira ngo ayikureyo.
Muhire Henry yahagaritswe
kandi nyuma y’amakosa yagiye agaragarwaho harimo nk’iriheruka ryo gufata
umwanzuro wo gutera mpaga ikipe ya Rwamagana City ngo itazakina 1/2 na
Interforce ayo mahirwe agahabwa AS Muhanga.
Rwamagana City yarajuriye
ndetse basanga uwo mukinnyi bivugwa ko afite amakarita 3 y’umuhondo ntayo afite
(Mbanze Joshua) maze iyi kipe ihabwa ubutabera.
Iki kirego cya Rwamagana
City cyatumye Nzeyimana Felix wari umukozi ushinzwe amarushanwa n’umusifuzi
Java bahita bafungwa. Felix ngo yabwiye uyu mufuzi gukora raporo mpimbano
igaragaza ko umukinnyi wa Rwamagana City, Mbanze Josua yabonye ikarita y’umuhondo
ku mukino wa Nyagatare watumye yuzuza amakarita 3 y’imihondo ndetse amwizeza ko
nibicamo azamureba.
Ibi byose ariko Felix
bivugwa ko yabikoraga abisabwe na Muhire Henry, umunyamabanga wa FERWAFA.
Nizeyima Olivier ku giti
cye yumvaga Muhire Henry agomba kwirukanwa kuko amakosa yari amaze kuba menshi,
gusa hari uruhande rutabibonaga gutyo bituma aguma mu kazi.
Muri iyo minsi nibwo
Olivier yashatse kwegura ndetse amakuru akavuga ko n’ibarurwa yari yayanditse
ariko birangira yumvishijwe n’abakomeye ko agomba kuguma mu nshingano.
Ikindi cyagoye Olivier
Nizeyimana n’ibaruwa yo gusubika umukino wa Rayon Sports na Intare FC
y’umunyamabanga mukuru yakuruye ibibazo kugeza aho abanyamuryango batangiye
kumutera icyizere.
Gusubika uyu mukino
w’igikombe cy’amahoro byatumye Rayon Sports isezera mu gikombe cy’amahoro
irongera iragarurwa,haba impaka nyinshi zikiriho na n’ubu kuko Rayon Sports
itatewe mpaga kandi yarikuye mu irushanwa ndetse bigaragara ko ishyigikiwe
n’ubuyobozi bwa FERWAFA.
Abanyamuryango ba FERWAFA
ntibanyuzwe n’uburyo Olivier yitwaye muri iki kibazo cya Intare FC na Rayon
Sports ananirwa gufata umwanzuro ukwiye nka perezida wa FERWAFA, aho benshi
bahamyaga ko Rayon Sports yagombaga guterwa mpaga, kuba yarananiwe kwirukana
umunyamabanga wa FERWAFA, Muhire Henry wagiye ukora amakosa menshi hahise
hiyongeramo n’ikibazo cy’amafaranga miliyoni 360 z’amafaranga y’u Rwanda
yananiwe kugabanya amakipe.
Muri manda ya
Nizyimana,ibibazo by’imisifurire bihoraho byaragaragaye cyane,imanza z’amakipe
gusa byahereye cyane ku bwa Sekamana.
15. Munyantwali Alphonse [2023-2025]
Iminsi itatu nyuma yo
gutorwa, ubwo hakorwaga ihererekanyabubasha hagati ya komite y’inzibacyuho na
komite nshya, uwari Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu
Rwanda (FERWAFA), Munyantwali Alphonse, yagize ati “Kugira isura mbi ni bibi
cyane. FERWAFA igomba kugira isura nziza.”
Ukurikije aya magambo
yavuze ku wa 27 Kamena 2023, wakumva ko ari umugabo wari uzi inzu yinjiyemo ko
isanzwe “idacirwa akari urutega” mu mikorere yayo.
Munyantwali ntiyari
asanzwe azwi muri ruhago y’u Rwanda kuko yagizwe Chairman wa Police FC iminsi
58 mbere yo kuyobora FERWAFA, ibigaragaza icyizere uyu wigeze kuba Guverineri
w’Intara y’Amajyepfo akaba no mu Ngabo z’u Rwanda yari afitiwe n’abamutoranyije.
Ku rundi ruhande,
abakunzi b’umupira w’amaguru n’abawukurikiranira hafi (aba biyita
abanyamupira), ryari izina rishya kuri bo ndetse bamwe mu matamatama wumvaga
banyuzamo bakagaragaza ko nta kidasanzwe agiye gukora.
Munyantwali wari uje
gukorera mu ngata Nizeyimana Olivier weguye asigaje imyaka ibiri muri manda
y’imyaka ine, yageze muri FERWAFA abizi ko mu byo umupira w’u Rwanda uzira
harimo kuba uri ku rwego rwo hasi, ukaba utagikunzwe n’Abanyarwanda basa
n’abawuteye umugongo ndetse icyari kimutegerejweho cyane ni “impinduka”.
Munyantwali azibukirwa
kuki mu myaka ibiri yayoboye FERWAFA?
Kimwe mu byo umuntu
ashobora gushingiraho areba ibyakozwe n’abayobozi ba FERWAFA harimo imyitwarire
y’Ikipe y’Igihugu mu byiciro bitandukanye.
Ku ngoma ya Munyantwali,
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ y’Abagabo yagize umusaruro umuntu ashaka yavuga ko
wari mwiza, iyobora igihe kirekire Itsinda C mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi
cya 2026 ndetse igarukira ku muryango wo kujya mu Gikombe cya Afurika kizabera
muri Maroc mu mpera z’uyu mwaka ndetse habura gato ngo u Rwanda rwitabire CHAN
2024.
Nubwo bitarambye, hari
ibyari byagaragaye byo kubakiraho ariko umusaruro wongeye kuba mubi mu 2025
nyuma y’ishyirwaho ry’umutoza Adel Amrouche wasimbuye Frank Spittler wagiye mu
buryo benshi batarasobanukirwa kugeza uyu munsi.
Mu myaka ibiri ishize,
amakipe y’igihugu mu byiciro bitandukanye yitabiriye amarushanwa, ariko hari
ibitaranoga mu kuba yakina bihoraho kandi bigashingira mu mitegurire n’amikoro
nubwo bitareba FERWAFA gusa ahubwo hazamo n’uruhare rwa Minisiteri ya Siporo
ifite aya makipe mu nshingano.
Kwitwara neza ku Ikipe
y’Igihugu mu 2024 no kuzura kwa Stade Amahoro isigaye yakira abantu ibihumbi 45
bicaye neza, biri mu byatumye abakunzi ba ruhago bongera kubona Perezida Paul
Kagame yitabira imikino y’umupira w’amaguru yaherukagaho mu 2016.
Benshi mu bayobozi
binjira muri FERWAFA bavuga ko mu bintu bashyize imbere harimo kubaka umupira
w’amaguru bahereye mu bakiri bato.
Nubwo bimeze bityo,
umwaka wa mbere urashira, uwa kabiri cyangwa uwa gatatu ugataha ariko ugasanga
byose byabaye amasigaracyicaro kuko abo bakiri bato ntaho tubabona bakina
ndetse nta marushanwa bashyirirwaho.
Bitandukanye
n’abamubanjirije, nibura Munyantwali yasize ashizeho Shampiyona y’Abatarangeje imyaka 20
yaratangiye gukinwa.
Si iyi ntambwe gusa
yatewe kuko hashyizweho uburyo buhuza amakipe y’abato batarengeje imyaka 20
bahurira mu duce bakomokamo, mu cyiswe ‘FERWAFA Youth League’ yari isanzweho
ariko yongererwa ingufu.
Manda ye yatangiranye
n’igaruka ry’Icyiciro cya Gatatu cyaherukaga kubaho mu Rwanda mu myaka 10
yabanje, gifatwa nk’uburyo bwiza bwo gufasha abakiri bato kubona aho bakinira
kugira ngo bazagere mu Cyiciro cya Mbere bafite imikino myinshi ndetse
bakarishye.
Amavubi y’Abatarengeje
imyaka 15 na 17 yitabiriye amarushanwa yabereye mu bihugu bitandukanye,
Abatarengeje imyaka 20 mu bakobwa na bo bongera guhagararira igihugu.
Mu 2024, hatangijwe kandi
amarushanwa y’abato batarengeje imyaka 17 aho mu bakobwa yarimo abakinnyi 230
bo mu makipe 12 n’abahungu 454 bo mu makipe 18.
Hashinzwe Rwanda Premier
League
Kimwe mu byo kwishimira
ku ngoma ya Munyantwali ni uko mu 2023, urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro
cya Mbere rwa Rwanda Premier League rwatangiye nyuma y’imyaka hafi itatu
ruvugwa.
Mu mwaka wa mbere, uru rwego
rwakoze rufatanya na FERWAFA mu gihe muri uyu mwaka w’imikino wa 2024/25 ari
bwo rwatangiye kwitegurira Shampiyona.
Mu rugendo rwo kugerageza
gucuka nk’umwana muto, Rwanda Premier League hari aho yagiye igongana na
FERWAFA mu ifatwa ry’ibyemezo no gushaka abaterankunga.
Haracyari urugendo mu kuba Rwanda Premier League yabona ubwigenge busesuye ku buryo na yo igaragaza ubushobozi bwayo mu kubaka Shampiyona itunga abayikina, ariko hari intambwe yamaze guterwa mu kubona ubuzima gatozi.
16. Shema Ngoga Fabrice
[2025-2029]
Ku wa Gatandatu
itariki 30 Nzeri 2025, Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora Ishyirahamwe
ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda kugeza mu 2029, aba abaye umuyobozi wa 16
uyoboye FERWAFA.
Uyu mugabo wari usanzwe ari Perezida wa AS Kigali, yatorewe kuba Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu nteko rusange aho yatowe n’abanyamuryango 51 muri 53 bamanitse ikarita yanditseho "YEGO" mu kugaragaza ko bamutoye mu gihe nta "OYA" yamanitswe, hakaba hifashe babiri.
Ku Ngoma ye Shema azafatanya na Visi Perezida wa Mbere ushinzwe Ubutegetsi n’Imari: Gasarabwe Claudine, Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Tekinike: Mugisha Richard, Komiseri ushinzwe Imari: Nshuti Thierry, Komiseri ushinzwe Umupira w’Amaguru w’Abagore: Nikita Gicanda Vervelde;
Komiseri ushinzwe gutegura Amarushanwa: Niyitanga
Désiré, Komiseri ushinzwe Tekinike n’Iterambere ry’Umupira w’Amaguru:
Kanamugire Fidèle, Komiseri ushinzwe Amategeko n’Imiyoborere: Ndengeyingoma
Louise, Komiseri ushinzwe Ubuvuzi bwa Siporo: Dr. Gatsinzi Herbert na Komiseri
Ushinzwe Imisifurure: Hakizimana Louis.