Mu
gihe abantu benshi bibuka uruhererekane rw'ibi bitaramo kubera uburyo
bizenguruka Intara zose z'u Rwanda ndetse bikarangwa n'imbaga y'abafana, hari
indi ngingo ikomeye idakunze kuvugwa cyane: amafaranga menshi amaze kwinjira mu
mifuka y'abahanzi bayitabiriye.
Amakuru
avuga ko abahanzi bitabira ibi bitaramo bahembwa amafaranga ari hagati ya Miliyoni
50 Frw na Miliyoni 100 Frw, ushyize ku mpuzandengo y’ababyitabira cyangwa
ababyitabiriye buri mwaka biba.
Ibi
bitaramo byatangiye byitwa ‘Iwacu Muzika Festival’, Sosiyete y’Itumanaho ya MTN
izakubyitirirwa byitwa ‘MTN Iwacu Muzika Festival’.
Mu myaka irindwi
hamaze kuririmbamo abahanzi barenga 100
Imibare
yakozwe na InyaRwanda igaragaza ko kuva ibi bitaramo byatangira mu 2019 kugeza
mu 2026, abahanzi nibura 101 bamaze kubiririmbamo.
Iyi
mibare ibarirwamo abahanzi bose bagaragaye kuri gahunda zose za MTN Iwacu
Muzika Festival, harimo n'abitabiriye ibitaramo byabereye kuri Televiziyo
Rwanda mu bihe bya COVID-19, ndetse n'abaririmbye mu gitaramo cyo gusoza cyari
cyitabiriwe na Diamond Platnumz.
Uko imyaka yagiye
ikurikirana
2019:
Hatangijwe MTN Iwacu Muzika Festival, izenguruka igihugu cyose mu kwizihiza
Kwibohora ku nshuro ya 25.
Haririmbye
abahanzi 24 barimo Orchestre Impala, Bruce Melodie, Jay Polly, Jules Sentore,
Allioni, Yverry, Makanyaga, Christopher, Social Mula, Riderman, Queen Cha,
Amalon, Cecile Kayirebwa, Urban Boyz, Bull Dogg, Active, Rafiki, Victor
Rukotana, Massamba Intore, Safi Madiba, Senderi, Ama G The Black, Uncle Austin
na Marina.
Igitaramo
cyo gusoza cyitabiriwe na Diamond Platnumz, ari kumwe na bamwe mu bahanzi
nyarwanda.
2020/2021: Bitewe
na COVID-19, ibitaramo byimurirwa kuri Televiziyo Rwanda.
Muri
iki cyiciro hagaragayemo abahanzi 36 batandukanye, barimo Israel Mbonyi,
Boukuru, Christopher, Clarisse Karasira, Charly na Nina, Jay Polly, Knowless
Butera, Patient Bizimana, Bruce Melodie, Igor Mabano n'abandi benshi.
Hanabaye
igitaramo cyihariye cyo kwibuka Jay Polly.
2023: MTN Iwacu
Muzika Festival yabaye inshuro ebyiri.
Mu
cyiciro cya mbere haririmbye Bruce Melodie, Alyn Sano, Bushali, Chriss Eazy,
Niyo Bosco, Bwiza, Riderman na Afrique.
Mu
cya kabiri hibanzwe ku bahanzi ba gakondo, barimo Cecile Kayirebwa, Muyango,
Cyusa Ibrahim, Sophia Nzayisenga, Ruti Joel n'Itsinda Ibihame by'Imana.
2024:
Haririmbye Bruce Melodie, Bushali, Chriss Eazy, Ruti Joel, Kenny Sol, Bwiza na
Danny Nanone.
2025:
Hatumiwe King James, Bull Dogg, Riderman, Ariel Wayz, Kivumbi King, Nel Ngabo
na Juno Kizigenza.
2026:
Ku nshuro ya munani, MTN Iwacu Muzika Festival yahuje Chriss Eazy, Ross Kana,
Davis D, Marina, Kivumbi King, Bushali, Amalon na Kenny Sol.
Hari amazina
agaruka inshuro nyinshi
Iyo
urebye amateka y'ibi bitaramo, usanga hari abahanzi bagiye bagaruka kenshi
kurusha abandi.
Bruce
Melodie, Bushali, Chriss Eazy, Riderman, Marina, Massamba Intore, Christopher,
Ruti Joel, Cyusa Ibrahim, Makanyaga Abdoul, Social Mula, Queen Cha, Bull Dogg
na Amalon ni bamwe mu bahanzi bagiye bahabwa umwanya mu bihe bitandukanye,
ikigaragaza icyizere bagiriwe ndetse n'uburyo bakomeje gukundwa n'abafana.
Ni
mu gihe abandi nka Kenny Sol, Kivumbi King, Bwiza, Danny Nanone na Alyn Sano
bagiye binjira muri iri serukiramuco uko imyaka yagiye ishira.
MTN Iwacu Muzika
Festival yahaye akazi uruganda rwose rw'umuziki
Nubwo
abakunze kurebwa cyane ari abahanzi, MTN Iwacu Muzika Festival yagiye inatanga
akazi ku bandi benshi bakorera mu ruganda rw'imyidagaduro.
Aba
barimo abaririmbyi bacurangira abahanzi (Live Band), aba-DJ, aba MC,
abatunganya amajwi n'amatara, abafata amashusho n'amafoto, abashinzwe
umutekano, abakora ubwikorezi ndetse n'abandi benshi.
Ni
imwe mu mpamvu ibi bitaramo bifatwa nk'imwe mu mishinga yatanze umusanzu
ugaragara mu kuzamura urwego rw'ibitaramo mu Rwanda.
Kwegereza abafana
abahanzi babo
Ikindi
cyaranze MTN Iwacu Muzika Festival ni uko yavuye ku muco wo gukorera ibitaramo
i Kigali gusa, ikabigeza mu Turere dutandukanye tw'igihugu.
Abafana
bo mu Ntara y'Amajyaruguru, Amajyepfo, Iburasirazuba n'Iburengerazuba bagiye
babona amahirwe yo kureba ku rubyiniro bamwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda,
ibintu byafashije kongera umubano hagati y'abahanzi n'ababakunda.
Ni urugendo rwatumye, kuva kuri Butera Knowless, Bruce Melodie, Riderman, Jay Polly, Cecile Kayirebwa, King James, Bull Dogg, Marina, Chriss Eazy, Kenny Sol n'abandi benshi, kugeza kuri Diamond Platnumz, abahanzi barenga 100 bamaze guhembwa amafaranga abarirwa muri za miliyoni z'amafaranga y'u Rwanda binyuze muri MTN Iwacu Muzika Festival, ikomeje kuba imwe mu nkingi zikomeye zafashije iterambere ry'umuziki nyarwanda.


























