Mbonyi yahawe iki gihembo abikesha
indirimbo ye “Sikiliza” yasohotse mu 2024, ikaba yarakunzwe cyane ku mbuga
nkoranyambaga no ku maradiyo atandukanye muri Afurika y’Iburasirazuba.
Iyi ndirimbo yatumye atsinda
abahanzi bakomeye mu muziki wa Gospel barimo Mercy Chinwo, Pastor Nathanael Bassey,
Rev. Benjamin Dube na Evelyn Wanjiru.
Tanzanian Gospel Music Awards ni
ibihembo ngarukamwaka bigamije guhemba no guha agaciro abahanzi n’abanyempano
batandukanye mu muziki wa Gospel muri Tanzania no mu karere.
Bifatwa nk’imwe mu marushanwa
akomeye mu muziki wa Gospel muri Afurika y’Iburasirazuba, bitegurwa ku rwego
mpuzamahanga hagendewe ku musaruro w’umuhanzi, ubwitabire bw’abantu mu kumva
ibihangano bye, n’uruhare rwe mu guteza imbere ubutumwa bwiza mu muziki.
Israel Mbonyi amaze imyaka irenga
icumi aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, akaba ari umwe mu
bahanzi nyarwanda bafite izina rikomeye ku rwego rw’akarere. Yatangiye
kumenyekana cyane binyuze mu ndirimbo nka Number One, Intashyo, Karame, Nitaamini
n’izindi nyinshi zakunzwe n’abatari bake.
Mbonyi azwiho ubuhanga mu gutunganya
amagambo y’indirimbo ashyushya imitima, ndetse n’amajwi meza akunzwe n’abatari
bake. Uretse mu Rwanda, afite abakunzi benshi muri Kenya, Uganda, Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Tanzania.
Mu myaka ya vuba, Israel Mbonyi
yashyize imbaraga mu kuririmba mu rurimi rw’Igiswahili, nk’uburyo bwo kugera ku
bantu benshi cyane cyane abo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Ibi byagaragajwe cyane n’indirimbo
nka Nitaamini na Sikiliza, zatumye umuziki we urushaho kugera kure,
ndetse binamufungurira amarembo ku masoko ya muzika yo hanze y’u Rwanda.
Igihembo yegukanye muri Tanzaniya ni ikimenyetso gikomeye cy’uko urugendo rwe rwo kuririmba mu Giswahili rwatangiye gutanga umusaruro, ndetse bigaragaza ko yinjiriye ku muryango mugari w’umuziki wa Gospel mu Karere no ku rwego mpuzamahanga.
Israel Mbonyi yegukanye igihembo ‘Best International Gospel Song’ mu bihembo bya 'Tanzanian Gospel Music Awards'
Kuva mu myaka itatu ishize, Israel
Mbonyi yashyize imbere cyane kuririmba mu rurimi rw’Igiswahili
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO
‘SIKILIZA’