Iyi
baruwa The Ben yayandikiye Pamella mu gihe atari kumwe nawe, kuko uyu mugore
amaze iminsi i Zanzibar muri Tanzania, aho ari kwizihiriza isabukuru ye
y’amavuko ari kumwe n’inshuti n’abantu be ba hafi, barimo n’umubyinnyi Sherrie
Silver.
Mu
butumwa bwe, The Ben yagaragaje ko yababajwe no kuba atari hafi ya Pamella
kugira ngo bafatanye kwizihiza iyi sabukuru ye, ariko agaragaza ko umutima we
uri kumwe nawe, anishimira ko inshuti n’umuryango bamubaye hafi bakamwereka
urukundo akwiye.
Ati:
“Isabukuru nziza mukunzi wanjye. Mbababajwe no kuba ntari kubasha kuba hafi
yawe ngo twizihize uyu munsi w’ingenzi turi kumwe.”
Yakomeje
agaragaza ibyishimo aterwa no kuba Pamella yitabwaho n’abantu bamukunda,
akamwifuriza umunsi mwiza wuzuye ibyishimo n’urukundo.
Iyi
baruwa The Ben yayisoje asinya ko ubutumwa buvuye kuri we n’umwana wabo Luna,
agaragaza ko n’ubwo batari kumwe ku mubiri, umutima n’urukundo bibahuza
bikomeje kuba hafi.

The Ben yazirikanye Uwicyeza Pamella n'ubwo batari kumwe muri iki gihe mu kwizihiza isabukuru y'amavuko
Uwicyeza Pamella yagaragaje ibaruwa yandikiwe na The Ben mu kumwifuriza
