Perezida Kagame
yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ta 24 Kanama mu kiganiro n’abanyamakuru
cyabereye muri Kigali Convention Centre, aho yavuze ko abakora mu rwego rwo
guhanga ari bo bafite amakuru afatika ku bibazo bibabangamira mu rugendo rwo
guteza imbere impano n’imishinga yabo.
Ati: “Ndashaka ko
mutubwira ibyo mwanyuzemo, mukatubwira inzitizi mwahuye na zo mwibaza muti:
‘Iyo iki kibazo kitaba gihari, wenda naba narakoze neza kurushaho cyangwa nkaba
narateye imbere mu byo nkora.’”
Perezida Kagame yavuze ko
iki kibazo kigomba kuba inshingano zihuriweho n’abakoresha imbuga nkoranyambaga
ndetse n’abayobozi, kuko ibitekerezo n’ibibazo bitangwa n’abari muri uru rwego
bishobora gufasha Leta gushyiraho politiki ikuraho imbogamizi zitari ngombwa.
Yagize ati: “Ibi bifasha
kumva ko inshingano ari izacu twese. Mwebwe mutubwira ibyo mubona mu
bunararibonye bwanyu, natwe tukabikora ku rwego rwa politiki kugira ngo turebe
niba izo nzitizi zitagombye kuba zihari, maze tuzivanaho.”
Perezida Kagame kandi
yavuze ko Afurika ifite impano n’ubushobozi bwinshi mu bijyanye no guhanga,
ariko ko hari ibibazo byinshi biterwa n’imikorere n’imyanzuro bifatwa
n’Abanyafurika ubwabo.
Yagaragaje ko bamwe mu bakoresha
imbuga nkoranyambaga n’abandi bakora imirimo ijyanye no guhanga bagomba
gukomeza kubaza abayobozi impamvu hari ibintu bigoye gukora ku mugabane wa
Afurika, mu gihe Afurika ubwayo yifuza kwihaza no kwiteza imbere.
Ati: “Ntibikwiye ko
dutinya kubaza ngo: Afurika yifuza kugera kuri ibi n’ibi, ariko kuki ari twe
ubwacu dushyiraho izo nzitizi?”
Perezida Kagame yanagarutse ku biganiro yagiranye n’abayobozi baturutse muri Nigeria basuye u Rwanda.
Yavuze ko abo bayobozi, bagera kuri 16, bari baje kwiga ku buryo u
Rwanda rwateje imbere imiyoborere n’imitangire ya serivisi, ndetse n’uburyo
igihugu gishyira umutungo wacyo mu bikorwa bigamije iterambere.
Yabasobanuriye ko ibibazo
by’iterambere bitarebwa gusa n’ingano y’umutungo igihugu gifite, ahubwo ko
icy’ingenzi ari uburyo uwo mutungo ukoreshwa n’icyo ugezaho abaturage.
Perezida Kagame yavuze ko
bamwe muri bo cyangwa leta zo muri Nigeria zifite ubukungu buruta ubw’u Rwanda,
bityo ko ikibazo atari ukubura umutungo, ahubwo ko ari icyo abayobozi bahitamo
kuwukoresha n’uburyo bawukoresha mu guteza imbere abaturage babo.
Yanasobanuye ko
imiyoborere myiza idashingira gusa ku gushyiraho amategeko, ahubwo ko hakenewe
ko ayo mategeko ashyirwa mu bikorwa neza, hakabaho kubazwa inshingano no
korohereza abaturage gukora ibikorwa bibateza imbere.
Perezida Kagame kandi
yashimangiye akamaro ko korohereza abantu gukora ibikorwa byabo, harimo no
korohereza abantu kwambuka imipaka hagati y’ibihugu bya Afurika.
Yavuze ko gukuraho
imbogamizi z’imipaka n’izindi z’imikorere ari inshingano y’ibihugu byose, cyane
cyane ko ibikorwa byinshi by’abaturage bishobora kugira akamaro ku mugabane
wose.
Ati: “Abashaka gukora
ibyo bashoboye byose bagomba gukomeza kuvuga bati: ‘Mutureke. Ibyo dukora
ntacyo byangiza, ahubwo bigirira akamaro buri wese.’”
Perezida Kagame yavuze ko
hakenewe imbaraga zihuriweho kugira ngo Afurika ikemure ibibazo byinshi
yishyiriraho ubwayo, asaba buri wese gukomeza gukora uruhare rwe no gukorana
n’abandi.
Yasoje avuga ko nubwo
Afurika ifite ibibazo byinshi, gukomeza ibiganiro, gutanga ibitekerezo no
gukorera hamwe bishobora gufasha umugabane kugera ku iterambere ryifuzwa.
