Menya impamvu iyi sano idasanzwe ishobora no kugira uruhare ku mirire n’imikurire y’umwana
Mu miryango myinshi, gusangira na Nyogokuru na Sogokuru bihuzwa n’ibihe byihariye byo mu muryango, nk’amafunguro yo ku munsi w’ikiruhuko cyangwa gusura abo bakuru. Ibyo biryo biba bifite indi nsanganyamatsiko: kwitabwaho, kwishimirwa no kumva ko umwana afite umwanya wihariye.
Abahanga mu by’imirire y’abana bavuga ko abana badakunda gusa uburyohe bw’ibiryo, ahubwo banitabira cyane uko babisanga. Iyo umwana arimo kurya ahantu hatuje, hari ibiganiro n’urukundo, bishobora gutuma abona iryo funguro nk’iriryoshye kurushaho.
Nubwo urukundo rwa ba sekuru na ba nyirakuru ari ingenzi, hari igihe uburyo bwo gutetesha umwuzukuru hakoreshejwe ibiryo bushobora kugira ingaruka ku mirire ye. Urugero ni uguhora baha abana ibiryon'ibinyobwa birimo isukari nyinshi, ibiryo birenze urugero cyangwa kubashishikariza kurya n’iyo batakigize inzara.
Ubushakashatsi bwerekana ko uruhare rwa ba sekuru na ba nyirakuru rushobora kugira ibyiza byinshi iyo ruyobowe neza. Bashobora gufasha abana kumenyera ibiryo bitandukanye, kubigisha guteka no kubaka umuco wo gusangira. Guteka hamwe n’abana bishobora no gutuma barushaho kwemera kugerageza ibiryo bishya.
Abahanga basaba ko ababyeyi na ba sekuru bagirana ibiganiro ku mahame y’imirire y’umwana, aho gushyiraho amakimbirane. Igikwiye ni ugutandukanya ibiryo byihariye byo kwishimira rimwe na rimwe n’imirire ya buri munsi igamije kubaka ubuzima bwiza.
Muri rusange, ifunguro ryo kwa Nyogokuru na Sogokuru rishobora kuba riryoshye kubera ko riba riherekejwe n’urukundo n’ubusabane. Iyo ibyo bihujwe n’imirire iboneye, bishobora kugira uruhare rwiza mu mikurire y’umwana.
