Mu kiganiro na InyaRwanda, bamwe mu bakinnyi ba
filime biganjemo abayobozi bazo, bagarutse ku mpamvu babona zitera abantu
guhitamo uyu mwuga nyuma y'uko bisanze badafite ukundi bagira.
Iradukunda Gad akaba umwe mu bakinnyi ba filime, n'umwanditsi wa filime ikunzwe mu Rwanda "Kwivuko Series", yavuze ko abenshi baza muri Sinema nk’amaburakindi
biganjemo urubyiruko, bitewe n’ubushomeri no kutagira amakuru ahagije muri
byo, bigatuma babyinjiramo nta gahunda yateguwe mbere.
Yagize ati “Akenshi usanga biganjemo urubyiruko
bakiva ku ishuri cyangwa abakiri mu mashuri bifuza ubushobozi buruta ubwo
bafite aho kubijyamo babikunda ".
Yatangaje ko benshi batarasobanukirwa ko Sinema
yagutunga ukaba umuherwe ukagera kure igihe ubikoze neza. Ati “Akenshi
bazanwa n’ubushomeri kuko uzasanga abantu baza gukina filime, babona ibindi
bibaha amafaranga bagahita bahagarika filime, kuko bazanywe n’ubushomeri cyangwa
ubukene ".
Avuga ko abahirwa no gukina filime, akenshi ubasanga
muri ba bandi baje bayikunda, barateguye n'uko bazayibyaza umusaruro kuko gukina
filime biba mu mutwe w’umuntu ndetse bisaba kuba ubikunda, ukaba ufite n'iyo mpano.
Digidigi wo muri Papa Sava, mu kiganiro na InyaRwanda, yavuze ko nta muntu
wakinisha kubura uko agira agashora muri Sinema kuko isaba ubwenge, ubwitonzi, igihe n’amafranga.
Yagize ati “Ubura uko agira akajyamo ni nk’umwe
urota ku manywa cyangwa ushaka kumenyekanira ku mitsi y’abandi, yibwira ko hari
inyungu azabikuramo ".
Yakomeje agira ati “Kumenyekana udafite
ibyakunganira iyo Sinema winjiyemo ni ubuswa ".
Karinda Isaie, umuyobozi w’ama filime atandukanye, we avuga ko benshi bamaze gusobanukirwa akamaro ko gukina filime igihe bikozwe nk’umuhamagaro.
Ariko
avuga ko benshi mu babyeyi batarabyumva, ahubwo babifata nk'indiri y’uburara, ubusinzi
n’ubusambanyi, bityo ugannye ubu buhanzi bakamuheba akigenda.

Karinda, Umukinnyi, Umwanditsi n'Umutoza w’amakinamico
na filime, yagize ati “Abo mpa akazi, abenshi mba mbona babikunze batazanwa n’amafaranga
gusa, ahubwo bashaka kubaka ahazaza habo, naho
ku babyeyi babangira kwinjiramo bitewe nuko Sinema abenshi bayifata nk'indiri y'ibirara,
abasinzi n'abasambanyi''
Uyu mwuga wakijije benshi ndetse bamamara muri wo, nk’urugero
twavuga abaturuka mu bihugu byo hanze y’u Rwanda nka The Rock umukinnyi w’Umunyamerika, Kevin
Hart umwirabura w’umunyamerika uhembwa arenga ibihumbi 600 by'amadorali binyuze
muri Sinema n'abandi.
Mu Rwanda benshi batanga ubuhamya ko gukina filime byabahinduriye ubuzima, aho bamwe babaga bagorwa no kubona amaramuko cyangwa icyizere cy'ejo hazaza, bakamurikirwa n'umucyo binyuze mu gukunda uyu mwuga no kuwukora neza.
Uyu mwuga uhira abihambiriye, bakawukunda ndetse rimwe na rimwe bagashora batinjiza ku bw'ahazaza bifuza kugeraho.

Regero Norbert benshi bazi nka Digidigi avuga ko ari ubuswa kumenyakana muri Sinema nta musanzu wawe ugaragara

Umwanditsi wa filime "Kwivuko Series" avuga ko bamwe bazanwa n'ubushomeri bashaka amaramuko
