Kenza, ufite inkomoko y’u Rwanda,
yari umwe mu bantu bahawe icyubahiro cyo kwita amazina abana b’ingagi 22, mu
muhango wabereye i Kinigi mu Karere ka Musanze kuri uyu wa Gatanu tariki 4
Nzeri 2026.
Uyu mukobwa yabanje kugira umwanya
wo gusura ingagi ku wa Kane tariki 3 Nzeri 2026, aho yabashije kwibonera
ubuzima bwazo n’imibereho yazo muri Parike. Yavuze ko kuba yarabonye izi
nyamaswa imbonankubone ndetse akaza no guhabwa inshingano zo kwita izina umwe
muri zo, ari ibintu bitazibagirana kuri we.
Mu ijambo rye, Kenza yashimiye u
Rwanda kuba rwaramuhaye uyu mwanya, avuga ko gusura igihugu cy’inkomoko ye buri
gihe bimwibutsa ko ari iwabo.
Ati: “Murakoze cyane! Kugera mu
Rwanda buri gihe numva ngeze iwacu. Ndabakunda cyane. Nishimiye kuba ndi umwe
mu bagize uruhare mu Kwita Izina abana b’ingagi muri uyu mwaka.”
Kenza yahisemo kwita umwana
w’ingagi w’umuryango wa Umubano izina Nkwakuzi. Uyu mwana w’ingagi w’ingabo,
yavukiye muri uyu muryango, nyina akaba ari Isimbi.
Izina Nkwakuzi rifite igisobanuro
cyo kuba umuntu w’intwari cyangwa ufite ubutwari. Kenza yavuze ko yahisemo iri
zina yifuza ko uyu mwana w’ingagi azakura afite imbaraga, ubutwari ndetse
akanagira uruhare rukomeye mu muryango avukamo.
Ati: “Ndifuza ko umwana w’ingagi
nahaye izina yazakura neza, kandi agakurana ishyaka, kandi agakomeza kubana
n’umuryango we.”
Mu butumwa bwe kandi, Kenza
yagaragaje icyizere ko Nkwakuzi azaba ingagi ikomeye kandi igira neza mu zindi
zo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.
Kenza Ameloot ni Miss Belgium 2024,
akaba ari umwe mu bakobwa bagaragaje kenshi ishema ku nkomoko ye y’u Rwanda,
ndetse agakoresha umwanya afite mu bikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere
imibereho myiza y’abana.
Azwi kandi mu bikorwa byo
gushyigikira abana bafite ibibazo by’amaso, by’umwihariko abafite “cataracts”,
ndetse akaba agaragaza ko umuco, ubukerarugendo n’urwego rw’ibinyabuzima by’u
Rwanda ari bimwe mu bintu bimuhuza n’igihugu afiteho inkomoko.
Kuba yarahawe inshingano zo kwita
izina umwana w’ingagi rero, byamubereye umwanya udasanzwe wo kongera kugaragaza
isano afitanye n’u Rwanda, ariko nanone no kugira uruhare mu gikorwa cyubakiye
ku kubungabunga ingagi zo mu misozi.
Yashimiye abamutumiye n’abateguye
umuhango wa Kwita Izina, avuga ko yishimiye cyane kuba umwe mu bawugizemo
uruhare. Ati: “Mwarakoze cyane.”
Ku ruhande rwa Kenza, Kwita Izina
ntibyabaye gusa umuhango wo gutanga izina ku mwana w’ingagi. Byabaye umwanya wo
kongera guhura n’igihugu cy’inkomoko ye, gusura ingagi no gusangiza abandi
ishema afite ku Rwanda.
Kuva mu mwaka wa 2005, umuhango wa
Kwita Izina umaze kuba kimwe mu bikorwa bikomeye by’u Rwanda mu rwego rwo
guteza imbere kubungabunga ingagi, kurengera urusobe rw’ibinyabuzima no
gukomeza gusigasira umurage kamere w’igihugu.

Kenza wabaye Nyampinga w’u Bubiligi 2024 yishimiye kuba yarahawe umwanya wo Kwita Izina abana b’ingagi
