Kugaragaza ko atari itungo ririnda urugo gusa: Icyo kwitega mu iserukiramuco ry’imbwa rigiye kubera mu Rwanda

Imyidagaduro - 06/09/2025 9:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Kugaragaza ko atari itungo ririnda urugo gusa: Icyo kwitega mu iserukiramuco ry’imbwa rigiye kubera mu Rwanda

Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki z’ikiganza ngo abakunzi b’imbwa ndetse n’aborozi bazo bo mu mujyi wa Kigali bizihirwe n’iserukiramuco ryazo ryiswe "Dog Fest Kigali" aho rizaba tariki ya 14 Nzeri 2025.

Dog Fest Kigali ni igikorwa kigamije guhuriza hamwe abatanga serivisi zijyanye n’inyamaswa, n’abakora mu nzego zitandukanye zita ku mibereho myiza y’imbwa, byose bigashyirwa mu birori by’imyidagaduro, ubumenyi n’ubusabane.

Ni umwanya wo kwerekana imbwa zifite imyambarire idasanzwe (Best Dressed Dogs); Gukurikirana imyiyereko y’imyitozo (agility shows) n’ubuhanga bw’imbwa.

Dr Jean Bosco Turikumwenayo wita ku mibereho y’imbwa muri New Vision Veterinary Hospital yavuze ko abenshi bazi ko akamaro k’imbwa ari ugucunga umutekano gusa, nyamara iri tungo ngo rifite akamaro gakomeye cyane mu buzima bwa muntu cyane ko rigira urukundo rudasanzwe.

Yagize ati: “Mu myumvire y’abanyarwanda benshi bazi ko imbwa zibereyeho gucunga umutekano gusa. Ntekereza ko hari urugendo rurerure rwo kubwira abantu hakanafatwa umwanya w’umwiyereko w’imbwa zigaragaza ibindi zishobora gukora. Uzagira amahirwe tuzicarana mubwire ibyiza byo gutunga imbwa iruhande rwawe ntekereza ko nyuma y’ukwezi yatanga ubuhamya."

Dr Jean Bosco yanashimangiye ko imbwa ishobora gufasha umuntu mu buryo bw’amarangamutima. Ati: “Imbwa igira urukundo udashobora gutekereza ndetse inakora ibindi bintu byinshi ndetse ishobora no kugufasha mu buryo bw’amarangamutima".

Iserukiramuco ry’imbwa ni ibirori biteguwe ku rwego rwisumbuye, bifite intego yo guteza imbere umuco wo gukunda no kwita ku mbwa, aho zifatwa nk’inshuti za muntu mu buzima bwa buri munsi aho kuba nk’inyamaswa zisanzwe.

Dog Fest Kigali, ni intambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka umubano uhamye hagati y’abantu n’imbwa, rugamije kugira igihugu gifite umuco mwiza wo kurera no gufata neza inyamaswa.

Mu buryo bwo kwidagadura hazaba hari n’aba Djs bakomeye mu Rwanda bacurangira abantu bazitabira ndetse n’ibindi byamamare bitandukanye mu myidagaduro nyarwanda.

Iserukiramuco ry’imbwa ryatangiye mu Rwanda mu mwaka wa 2020 ubwo ryadukanywe na nyakwigendera Dj Miller ariko nyuma y’urupfu rwe bikaba byaratangiye kugenda biguruntege, ariko kuri iyi nshuro rikaba rigiye kujya riba buri mwaka.

Ku itariki 14 Nzeri 2025 i Kigali hazabera iserukiramuco ry'imbwa 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...