Kubera iki buri muhanzi arota kuririmba mu gitaramo cya The Ben?

Imyidagaduro - 17/12/2025 4:34 PM
Share:

Umwanditsi:

Kubera iki buri muhanzi arota kuririmba mu gitaramo cya The Ben?

Yaba umuhanzi muto n’umukuru, barota kubona umwanya mu gitaramo cya The Ben ndetse uwo uganirije wese akubwira ko inzozi ze ari uko yahabwa umwanya hanyuma akigaragaza.

Mu muziki nyarwanda, hari amazina akunze kugarukwaho iyo havuzwe abahanzi batanga umwanya ku bahanzi bari kuzamuka, ariko izina The Ben rikaza ku isonga. Si kubwo impanuka, ahubwo ni ihuriro ry’impamvu zifatika zituma abahanzi bato bamwiyumvamo nk’uwabo, cyane cyane iyo bari ku rubyiniro.

Izina Yampano ryafashe isura nyuma y’uko aririmbye mu gitaramo “New Year Groove” abantu batangira kumuririmba batyo ndetse byaje kumubyarira umusaruro ufatika haba mu kurebwa no mu byinjira mu mufuka.

Nyuma y’ibizazane yahuye nabyo, umuhanzi Gisa cy’Inganzo yifuza kugaruka ku gasongero k’umuziki nyarwanda aho atakambira The Ben kuzamufasha akamuha umwanya mu gitaramo hanyuma akigaragaza.

Mu gushaka kugera ku gasongero, yumva ko byaba bishingiye ku kuririmba mu gitaramo cya The Ben kurenza izindi nzira zose yanyuramo. Kubwo amahirwe, The Ben yahaye umugisha ikifuzo cye yemera ko bazamushakira umwanya.

Kuva mu kwezi kwa cyenda, buri kiganiro cyose yakoraga Benno View yasabaga ko yahabwa umwanya mu gitaramo cya The Ben ndetse ubwo habaga ikiganiro n’itangazamakuru uyu muhungu yaraje aratakamba, nawe yemererwa umwanya.

Icyo gihe, The Ben yavuze ko bafite umubare munani w’abahanzi bifuza kuzaririmba mu gitaramo “NU Groove edition 2” kandi ko bitakunda ko bose baririmba ariyo mpamvu hari bamwe bashobora kuzabura ayo mahirwe yo kuririmba.

Ibyo byose, ntabwo byapfuye kwizana gutyo gusa kuko si n’abahanzi bose bategura igitaramo ngo abandi bahanzi bakubite amavi hasi, batakambe basaba ko bahabwa umwanya ubundi bakigaragaza. Zimwe mu mpamvu ni;

The Ben abana n’abahanzi bagenzi be nk’umuvandimwe wabo aho kwitwara nk’icyamamare cyangwa se umuhanzi ukomeye. Uwo mubano bagirana ndetse no kuba bashobora kumwisanzuraho kandi ari umwe mu bahanzi b’ikitegererezo, bituma bamusaba amahirwe ashoboka yose kugira ngo bahurire ku rubyiniro.

Iminota 5 mu gitaramo cya The Ben ishobora kuruta imyaka itanu mu muziki. Umuhanzi Yampano ni umwe mu buhamya bwigendera ku minota 5 yahawe gusa ariko ikaruta byinshi yubatse mu gihe kirekire.

Abazi The Ben bavuga ko atandukanye n’ishusho y’ibyamamare bikunda kwishyira hejuru. Ni umuhanzi uganira, ugira inama, kandi wifuza ko abandi bazamuka ndetse akabafasha aho ashoboye kugera. Ibi bituma abahanzi bato bamwiyumvamo nk’ikitegererezo, atari icyamamare kibarebera ku gakanu.

The Ben ni umwe mu bahanzi bagira impuhwe cyane kandi bakunda gufasha ku buryo iyo umuhanzi abashije kumufatisha amusaba icyo aricyo cyose, birangira The Ben agikoze cyangwa se bagashaka uko yamufasha.

Kugeza magingo aya, ntabwo abahanzi bazaririmba mu gitaramo cya The Ben bose bari bamenyekana gusa umubare w’abahanzi babisabye urenda kungana n’abafana barara amajoro badasinziriye, babarira iminsi isigaye ku mitwe y’intoki ngo bongere bakube urukweto.

The Ben ni umwe mu bahanzi bahindurire amateka abandi bahanzi

Uretse kuba akunzwe ndetse afanwa n'abahanzi bagenzi be, urukundo abanyarwanda bakunda The Ben rurahebuje


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...