Kubaka 'studio' ye bwite, ibitaramo byagutse... Prosper Nkomezi afite imishinga ipima Miliyoni 58 Frw

Imyidagaduro - 28/10/2025 11:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Kubaka 'studio' ye bwite, ibitaramo byagutse... Prosper Nkomezi afite imishinga ipima Miliyoni 58 Frw

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, arakataje mu kwagura ibikorwa bye bya muzika, aho yagaragaje imishinga ikomeye y’igihe kizaza izamufasha kugera ku rwego rushya mu rugendo rwe rw’umuziki.

Mu byo ateganya harimo kubaka ‘Studio’ ye bwite, gufatira amashusho y’indirimbo ze ibizwi nka “Live Recording” mu ntangiriro za 2026, ndetse no gukora igitaramo gikomeye mu mpeshyi ya 2026 kizaba ari icy’umwihariko cyo kumurika Album ye nshya yise “Warandamiye.”

Nkomezi arateganya gufata amashusho n’amajwi y’indirimbo ze nshya mu buryo bwa ‘Live Recording’ izaba ku itariki ya 6 Gashyantare 2026.

Uyu mushinga uzatwara agera kuri Miliyoni 19 Frw, aho harimo ibikoresho byose bya tekinike birimo ‘sound system’, ‘stage’, ‘lighting’, ndetse n’itsinda rya band rizamufasha muri iri koranabuhanga rihambaye.

Azakoresha kandi abacuranzi n’abaririmbyi b’inzobere, anakore indirimbo 10 zizatunganywa mu majwi n’amashusho meza ku rwego mpuzamahanga.

Mu rwego rwo guteza imbere ubuhanga bwe n’ubw’abandi bahanzi bakizamuka, Prosper Nkomezi arateganya kwinjira mu mushinga wo kubaka studio ye bwite izuzura bitarenze umwaka wa 2026.

Iyi studio izatwara $13,657, angana na Miliyoni 19.7 Frw, izaba ifite ibikoresho by’icyitegererezo birimo Yamaha speakers, 'Apollo sound card' n’ibindi bikoresho.

Studio ye izafasha mu gutunganya indirimbo ze, ariko kandi ifungurire amarembo n’abandi bahanzi bashaka gutunganya umuziki wabo mu buryo bwa kinyamwuga.

Mu rwego rwo kwishimira urugendo rwe rw’umuziki no kumurika Album ye nshya “Warandamiye”, Prosper Nkomezi azakora igitaramo gikomeye ku itariki ya 5 Nyakanga 2026.

Iki gitaramo kizaba kirimo ibikoresho bihanitse bya sound, lighting, stage na screen, hamwe n’itsinda rya band n’abaririmbyi bafasha, byose bizatwara Miliyoni 20.2 Frw.

Iyi mishinga itatu, Prosper Nkomezi yayimukiriye abarenga 100 yari yahurije mu murongo wo kumva Album ye ya Kane yise ‘Warandamiye, mu birori byabereye mu Ubumwe Grande Hotel, ku wa 24 Ukwakira 2025.

Ni imishinga ifite agaciro ka Miliyoni 58.9 Frw, ikaba igaragaza icyerekezo gishya cy’umuhanzi Prosper Nkomezi mu guteza imbere umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

Nyuma yo gutangaza iyi mishinga, ni nabwo hakusanyijwe arenga Miliyoni 37.8 Frw [37,800,000 Frw], uyu muramyi azifashisha mu gushyira mu bikorwa iyi mishinga ye yatangaje.

Iyi mishinga ye igaragaza icyerekezo kirimo ubwitange, guhanga udushya no kubaka ibikorwa birambye bizasiga umurage mwiza mu rugendo rwe rw’umuziki.

 

Prosper Nkomezi aritegura gufata amashusho y’indirimbo ze mu buryo bwa 'Live recording' ku ya 6 Gashyantare 2026


Umuhanzi Prosper Nkomezi agiye kubaka studio ye bwite izatwara hafi Miliyoni 20 Frw 


Live Recording ye izakorwa mu buryo bwa kinyamwuga, ikorerwemo indirimbo 10 nshya, nyuma muri Nyakanga 2026 amurike Album 'Warandamiye'

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA NKOMEZI NYUMA YO KUMURIKA ALBUM

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ZINYURANYE ZA PROSPER NKOMEZI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...