Kubahiriza amasezerano si ugushyigikira ihohoterwa - Kivumbi King mbere y’igitaramo cya Rema

Imyidagaduro - 03/09/2026 5:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Kubahiriza amasezerano si ugushyigikira ihohoterwa - Kivumbi King mbere y’igitaramo cya Rema

Umuraperi Kivumbi King yavuze ku kuba ari mu bahanzi bazaririmba mu gitaramo cy’umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Rema kizabera muri BK Arena, nyuma y’iminsi yari amaze kunenga igikorwa cy’umupolisi wagaragaye mu mashusho abuza umukobwa kwinjira mu gitaramo kubera imyenda yari yambaye.

Iki gitaramo cya Rema giteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 5 Nzeri 2026, mu bikorwa bizaherekeza umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 22, uzabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze.

Kivumbi King ari mu bahanzi b’Abanyarwanda bazitabira iki gitaramo, ibintu byatumye bamwe mu bakurikirana ibitekerezo bye ku kibazo cy’imyambarire bibaza niba ataba yarahinduye umurongo.

Impamvu yabiteye ni ubutumwa uyu muraperi yatambukije ku wa 30 Kanama 2026, nyuma y’uko amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umupolisi wabuzaga umukobwa kwinjira mu gitaramo, ndetse akamubwira ko abyanze hajyamo n’igiti.

Nyuma, Polisi y’Igihugu yiseguye ku myitwarire itari myiza yaranze uriya mupolisi.

Kivumbi King icyo gihe ntiyigeze ahisha ko atishimiye ibyagaragaye muri ayo mashusho. Yagize ati: “Umupolisi ateye ubwoba umugore ku mugaragaro, avuga ko amukubita, none twe tukarebera ibyo bikagenda gutyo? Biratangaje kubona ibintu nk’ibi bibaho.”

Aya magambo ya Kivumbi King yumvikanishije ko atemera uburyo imyambarire y’umugore cyangwa umukobwa yakwitwazwa mu kumutera ubwoba, kumukorera ihohoterwa cyangwa kugerageza kumugenzurira umubiri.

Ni muri uwo murongo kandi hari bamwe bahise bamushyira, aho abandi bantu batandukanye bakomeje gutanga ibitekerezo ku kibazo cy’abakobwa n’abagore babuzwa cyangwa bagakangishwa kubera imyambarire yabo.

Nyuma y’uko Kivumbi King atangaje ibyo bitekerezo, kuba ari mu bahanzi bazaririmba mu gitaramo cya Rema byatumye bamwe mu bakurikirana ibyamamare n’imyidagaduro bibaza niba kuba ari kuri uru rutonde bidahabanye n’ibyo yari yavuze.

Kivumbi King yavuze ko nta kwivuguruza kuri we kurimo, kuko kuba azitabira iki gitaramo bifitanye isano no kubahiriza amasezerano yagiranye n’abateguye.

Yashimangiye ko kuba afite inshingano zo kuririmba mu gitaramo runaka bitavuze ko aba yemera ibikorwa byose cyangwa imyitwarire ashobora kuba atemera.

Ati: “Nk’uko nabivuze mbere, nshyigikiye abagore b’Abanyarwanda kandi ntibyemewe kubona ibiri kuba. Kuba nsohoza inshingano zanjye z’amasezerano ntibivuze ko nshyigikiye ihohoterwa cyangwa kugerageza kugenzura amahitamo y’abagore ku mubiri wabo. Icyo nshobora gukora ni ugukoresha ijwi ryanjye n’urubuga mfite nk’umuhanzi nkabivugaho.”

Kivumbi King agaragaza ko kuri we hari itandukaniro hagati yo gusohoza inshingano z’amasezerano no gushyigikira igikorwa runaka.

Ni ukuvuga ko kuba azagera ku rubyiniro agataramira abantu mu gitaramo cya Rema, atabifata nk’ikimenyetso cy’uko yemeye cyangwa ashyigikiye ibyakorewe uwo mukobwa cyangwa ibikorwa byo kugenzura imyambarire y’abagore n’abakobwa.

Mu magambo ye, uyu muraperi yongeye gushimangira ko ahagaze ku ruhande rw’abagore n’abakobwa, cyane cyane ku bijyanye n’uburenganzira bwo kugira amahitamo ku mibiri yabo n’imyambarire yabo.

Yavuze ko nk’umuhanzi afite urubuga ashobora gukoresha kugira ngo atange ibitekerezo ku bibazo abona ko bikwiye kuvugwaho.

Ibi abihuza n’ubutumwa yari yatangaje mbere, aho yari yagaragaje ko atumva uburyo umupolisi yakangisha umugore kumukubita mu gihe ikibazo ari imyambarire ye.

Ku rundi ruhande, kuba agiye kuririmba mu gitaramo cya Rema bigaragaza indi ngingo ijyanye n’ubuzima bw’abahanzi: amasezerano baba baragiranye n’abategura ibitaramo.

Mu myidagaduro, umuhanzi ashobora kugira igitekerezo ku kibazo runaka ariko agakomeza gusohoza inshingano yari yarasezeranye gukora, mu gihe atari we ugena cyangwa ngo abe ashyigikiye buri cyemezo cy’umutegura.

Kivumbi King avuga ko kuba azaririmba ku wa 5 Nzeri atagomba gusobanurwa nk’aho yahinduye ibitekerezo bye ku bijyanye n’ihohoterwa cyangwa uburenganzira bw’abagore.

Ahubwo ashimangira ko azasohoza ibyo yiyemeje mu masezerano, mu gihe akomeza gukoresha ijwi n’urubuga afite mu kuvuga ku byo abona ko bidakwiye.

Igitaramo cya Rema kizaba mu bikorwa bizaherekeza umuhango wa Kwita Izina abana b’ingagi 22, umwe mu bikorwa bikomeye biteganyijwe mu Rwanda muri iyi minsi, aho u Rwanda ruzakira abashyitsi batandukanye ndetse n’abahanzi bazasusurutsa abazitabira ibi bikorwa.


Kivumbi King yumvikanishije ko atemera uburyo imyambarire y’umugore cyangwa umukobwa yakwitwazwa mu kumutera ubwoba


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...