Noopja asanga ibyabaye hagati ya
Yampano n'umukunzi we Vava byarabasigiye ihungabana rikomeye, ku buryo mbere yo
gutekereza ku bihano, hari hakwiye kubanza gutekerezwa uburyo bafashwa
n'inzobere mu buzima bwo mu mutwe.
Yavuze ko ibihe by'amage,
amakimbirane n'ibibazo byakurikiye isohoka ry’amashusho ya Yampano n’umukunzi
we batera akabariro, bishobora kuba byaramusigiye ibikomere bikomeye byo mu
mutwe kimwe n'umuryango we.
Mu butumwa bwo kuri konti ye ya
Instagram kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Kamena 2026, yagize ati “Ibyabaye kuri
Yampano n'umudamu we birahagije ko byabatera indwara zo mu mutwe. Gushyamirana
kugeza aho hari abafunzwe kubera ‘case’ ya Yampano nabyo byakomeje gushyira
Yampano mu bibazo.”
Noopja yavuze ko iyo yigereranyije
n'ibyo Yampano yanyuzemo, abona byoroshye kumva uburyo umuntu ashobora kugera
ku rwego rwo guhungabana.
Yagarutse kandi ku ngaruka zatewe
n'ikwirakwira ry'amashusho bwite ya Yampano, avuga ko byagize ingaruka
zitagarukiye kuri we gusa ahubwo byanagize abo byahitanye mu bibazo
by'amategeko.
Ati: “Nanjye namwishyiramo nkibaza
ukuntu ‘videos’ ze bwite zatuma abantu nka DJihad n'abandi babizira, nubwo baba
bazira ibyaha byakozwe ku bw'izo videos.”
Kuri we, Yampano n'umugore we
bakomeje kubana ariko ntibivuze ko ibikomere batewe n'ibyababayeho byakize.
Ati: “Yampano n'umugore we bakomeje
kubana ariko nabo bari nk'abarwayi kubera ibyababayeho. Indwara zo mu mutwe
ntizabura, barahungabanye, mwabyemera mwabyanga.”
Uyu mushoramari yavuze ko ibibazo
nk'ibi bikwiye gutuma habaho uburyo bwo kureba ku buzima bwo mu mutwe
bw'abahanzi n'abandi bantu bagwa mu bihe bikomeye, aho kwihutira kubafata
nk'abagomba guhanwa gusa.
Ati: “Yampano na Madamu we bari
bakeneye umuhanga mu mitekerereze (Mental Health Specialist). Kuba Yampano
yafungwa byari gusimbuzwa kujyanwa kwa muganga akitabwaho.”
Noopja yasabye Urwego rw'Igihugu
rw'Ubugenzacyaha (RIB) n'inzego z'ubutabera gukomeza gushyira imbere ihame ryo
guha abantu amahirwe ya kabiri, cyane cyane ku bantu bagaragaje amakosa ariko
bagifite ubushake bwo kwisubiraho.
Yavuze ko Yampano aramutse abonye
amahirwe yo gusubira mu buzima busanzwe, yiteguye kuba umwe mu bazamuba hafi
bakamufasha kongera kwiyubaka.
Ati: “Yampano avuyemo numva
nakwiyemeza kumugira inama nzima zamufasha gukomeza guhangana n'ubuzima. Mfite
n'abandi benshi biyemeje kumuba nyuma y'ibyo ari kunyuramo.”
Noopja kandi yagaragaje ko ikibazo
cya Yampano gikwiye kuba isomo ku nzego zikorana n'abahanzi, asaba ko
hashyirwaho uburyo bwo gukurikirana no gufasha abahanzi bahura n'ibibazo
bikomeye by'ubuzima cyangwa iby'imibanire, mbere y'uko bibageza mu bibazo
by'amategeko.
Yatanze urugero ku buryo hari ibigo
byo hanze bikurikirana ubuzima bw'abahanzi ku buryo bwagutse, birimo no
kubafasha guhangana n'ibibazo byo mu mutwe n'ibindi bibazo by'ubuzima bwa buri
munsi.
Ati: “Inzego zacu zihagarariye
abahanzi zizakore uko zishoboye zishyireho uburyo bwo gukurikirana abahanzi
nk'uko RMC ibikora, zinagaragaze challenges (imbogamizi) ziba mu nzira
y'ubuzima bw'abahanzi. Byanatuma bamwe bafatwa nk'abakeneye kwitabwaho aho
kuryozwa ibyo baba bisanzemo.”
Yasabye kandi abahanzi nyarwanda
gukomeza kuzirikana ko ari abantu bareberwaho na benshi, bityo bakarushaho
kugira amakenga mu byo bakora no kurinda indangagaciro z'umuco nyarwanda.
Ntabwo yibagiwe no gukomoza ku
ruhare rw'abakoresha imbuga nkoranyambaga, asaba ko bahagarika umuco wo
gukongeza amakimbirane no kwishimira kugusha abantu mu bibazo.
Ati: “Abakoresha imbuga
nkoranyambaga baba bashishikariye guteza abahanzi ibibazo binyuze mu gukongeza
umuriro kuri buri kintu kuwo batumvikana bazabireke, kuko abo musenya ni
abahanzi nyarwanda kandi kubica uko ntibikwiye.”
Mu gusoza ubutumwa bwe, Noopja
yashimangiye ko yubaha inzego z'ubutabera bw'u Rwanda, ariko asaba ko mu manza
nk'izi hajya hanatekerezwa ku mahirwe yo kwiyubaka no kwisubiraho.
Yagize ati: “RIB dukunda, Ubutabera
bw'u Rwanda twubaha, muzazirikane ko ntawudakosa. Yampano na bagenzi be bazira
nk'ibi bakeneye amahirwe yo kwisubiraho.”
Amagambo ya Noopja aje mu gihe
ikibazo cya Yampano gikomeje gukurikirwa na benshi, bamwe bibanda ku ruhande
rw'amategeko, abandi bagaragaza ko hari n'urundi ruhande rw'ingaruka zo mu
mutwe n'ihungabana rwakagombye guhabwa umwanya mu biganiro.
Kuri Noopja, ubutabera n'ubufasha
bwo kwiyubaka ntibikwiye guhangana, ahubwo byakagombye kujyana kugira ngo
uwakoze ikosa abashe kurikosora no kongera kuba ingirakamaro muri sosiyete.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Kamena
2026, isomwa ry’urubanza rwa Yampano ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo
ryasubitswe kubera ikibazo cya ‘Network’.
Noopja yatangaje ko kuri we abona
Yampano atari akwiriye gufungwa, ahubwo yari kujyanwa kwa muganga akitabwaho n’abaganga


