Ku nshuro ya mbere, Miss Muyango yagiye muri Amerika

Imyidagaduro - 08/09/2026 8:17 AM
Share:

Umwanditsi:

Ku nshuro ya mbere, Miss Muyango yagiye muri Amerika

Miss Muyango Claudine, umwe mu bakurikiranwa cyane ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda, yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho agiye kwitabira itangwa ry’ibihembo bya African Muzik Magazine Awards, AFRIMMA 2026, ari na ho ahataniye igihembo mu cyiciro cy’abakoresha imbuga nkoranyambaga.

Mu ijoro ryo ku wa 7 Nzeri 2026, Miss Muyango yahagurutse i Kigali yerekeza i Dallas muri Leta ya Texas, aho ibihembo bya AFRIMMA 2026 bizatangwa ku wa 12 Nzeri 2026.

Yari aherekejwe n’imfura ye, mu rugendo rugamije kumwerekeza mu birori bizahuriza hamwe bamwe mu bahanzi, abakora imyidagaduro n’ibyamamare bikomeye ku mugabane wa Afurika ndetse no muri Diaspora.

Miss Muyango ahataniye igihembo cya Best Influencer, icyiciro kirimo bamwe mu bantu bafite amazina akomeye ku mbuga nkoranyambaga, barimo Khaby Lame, Nasty Black, Lasizwe Dambuza, Crazy Kennar, Carter Efe, Ilyas El Maliki, Sabinus na Peller.

Kuba Miss Muyango yashyizwe muri iki cyiciro ni igihamya cy’uko ibikorwa bye ku mbuga nkoranyambaga bikomeje kumenyekana no hanze y’u Rwanda.

Mu myaka ishize, Muyango yagiye yubaka izina cyane cyane binyuze mu bikorwa bye ku mbuga nkoranyambaga, aho akurikirwa n’abantu benshi. Yagiye kandi agaragara mu bikorwa bitandukanye by’imyidagaduro, birimo kuyobora ibirori no gukora ibijyanye n’itangazamakuru ry’imyidagaduro.

Miss Muyango yabaye umwe mu bakobwa bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2019, aho yegukanye igihembo cya Miss Photogenic, gihabwa umukobwa wagaragaje ubuhanga n’ubwiza by’umwihariko mu mafoto.

Kuva icyo gihe, yakomeje kwigaragaza mu bikorwa bitandukanye, by’umwihariko ku mbuga nkoranyambaga, ari na byo byatumye agera ku rutonde rw’abahataniye AFRIMMA 2026.

Miss Muyango si we Munyarwandakazi wenyine uri muri AFRIMMA 2026.

Umuhanzikazi Ariel Wayz na we ari mu bahataniye ibihembo, aho yashyizwe mu cyiciro cya Best Female East Africa, gihuriza hamwe bamwe mu bahanzi b’abagore bakomeye bo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Kuba Ariel Wayz ari mu bahataniye igihembo mu cyiciro cy’abahanzi b’abagore bo muri Afurika y’Iburasirazuba, mu gihe Miss Muyango ahatanye mu cyiciro cy’abakoresha imbuga nkoranyambaga, bituma u Rwanda rugira amazina abiri azaba ahagarariye igihugu muri iri rushanwa.

AFRIMMA si ubwa mbere abanyarwanda bagaragara ku rutonde rw’abahataniye ibihembo mpuzamahanga.

Mu myaka ishize, abahanzi Nyarwanda barimo Bruce Melodie, The Ben, Meddy, Butera Knowless n’abandi bagiye bahatanira ibihembo bya AFRIMMA mu byiciro bitandukanye.

By’umwihariko, u Rwanda rwagiye rugaragara mu cyiciro cya Best Male East Africa, aho abahanzi barwo bagiye bahatana n’ibyamamare bikomeye byo muri aka karere.

Ariko muri AFRIMMA 2026, nta muhanzi Nyarwanda uri mu cyiciro cya Best Male East Africa.

Muri iki cyiciro harimo Diamond Platnumz, Mbosso, Juma Jux, Marioo na Barnaba bo muri Tanzania; Eddy Kenzo na Joshua Baraka bo muri Uganda; Bien wo muri Kenya; Lij Michael wo muri Ethiopia ndetse na Single Dee wo muri Sudani y’Epfo.

AFRIMMA ni ibihembo bigamije guha agaciro no kumenyekanisha abahanzi, abatunganya umuziki, ababyinnyi n’abandi bafite uruhare mu iterambere ry’inganda z’imyidagaduro n’umuziki wa Afurika.

Ibihembo kandi biha urubuga injyana zitandukanye zikomoka cyangwa zikunzwe muri Afurika, zirimo Afrobeats, Amapiano, Bongo Flava, Hip Hop n’izindi.

Muri uyu mwaka, ibihembo bifite insanganyamatsiko igira iti “Crossing Boundaries with Music”, igaragaza uruhare umuziki ugira mu guhuza abantu n’ibihugu bitandukanye.

AFRIMMA yanabaye urubuga ruhuza abahanzi bo hirya no hino muri Afurika n’abo muri Diaspora, bagahurira hamwe, bakungurana ibitekerezo, bagashaka ubufatanye ndetse bakanatangiza imishinga mishya.

Mu byiciro by’AFRIMMA 2026 harimo n’icy’indirimbo y’umwaka, aho indirimbo zakunzwe ku rwego mpuzamahanga zihanganiye igihembo gikomeye.

Muri izo ndirimbo harimo “With You” ya Davido afatanyije na Omah Lay, “Joy” ya Diamond Platnumz na Juma Jux, “Finale” ya Bien na Alikiba, “Shake It To The Max” ya Moliy afatanyije na Shenseea na Skillibeng, “So It Goes” ya Black Sherif ndetse na “Back Outside” ya BNXN na Sarz, n’izindi.

Mu cyiciro cya Best Female Southern Africa harimo amazina nka Tyla, Uncle Waffles, Makhadzi, RICHMONALISA, Babalwa Mavimbe, Charma Gal, Bomb$hell Grenade, Tamy Moyo na Hanna.

Mu cyiciro cya Best Male Central Africa na ho harimo abahanzi bakomeye barimo Matias Damásio na Gerilson Insrael bo muri Angola, Dadju na Fally Ipupa bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tayc na Ko-C bo muri Cameroon, Calema wo muri São Tomé na Príncipe ndetse na GIMS.

Ibirori byo gutanga ibihembo bya AFRIMMA 2026 bizaba ku wa 12 Nzeri 2026 muri Annette Strauss Square, ahabarizwa AT&T Performing Arts Center i Dallas muri Leta ya Texas.

Ni ijoro rizahuza amazina akomeye mu muziki n’imyidagaduro nyafurika, ariko ku Banyarwanda hazaba hari amaso yihariye kuri Ariel Wayz na Miss Muyango Claudine.

Ariel Wayz azaba ahagarariye u Rwanda mu cyiciro cy’abahanzi b’abagore bo muri Afurika y’Iburasirazuba, mu gihe Miss Muyango we azaba ahanganye n’ibyamamare bikomeye ku mbuga nkoranyambaga mu cyiciro cya Best Influencer.

Kuri bombi, kuba bageze kuri uru rwego ni amahirwe yo kurushaho kumenyekanisha amazina yabo ndetse no kwerekana ko ibikorwa by’Abanyarwanda bikomeje kubona umwanya ku ruhando rwa Afurika no ku rwego mpuzamahanga.

 

Miss Muyango yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu itangwa ry’ibihembo bya ‘Afrimma’

 

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, Miss Muyango yaherekejwe n’imfura ye

Ni ubwa mbere Miss Muyango yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...