Ku nshuro ya gatatu, Israel Mbonyi agiye gutaramira mu Bubiligi

Imyidagaduro - 03/02/2026 7:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Ku nshuro ya gatatu, Israel Mbonyi agiye gutaramira mu Bubiligi

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yongeye kwemezwa nk’umwe mu bahanzi nyarwanda bakunzwe cyane ku Mugabane w’u Burayi, nyuma y’uko hamenyekanye ko agiye kongera gutaramira mu Bubiligi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Iki gitaramo giteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 6 Kamena 2026, kizabera i Bruxelles, kikaba cyateguwe na Team Production isanzwe imenyerewe mu gutegura ibitaramo bikomeye by’abahanzi b’umuziki wo kuramya Imana ku Mugabane w’u Burayi.

Israel Mbonyi agiye kongera gusubira mu Bubiligi mu gihe igitaramo yahakoreye mu 2024 cyasize amateka, aho cyitabiriwe n’abantu benshi bari buzuye icyumba kizwi nka Docks (Dome Events Hall).

Muri icyo gitaramo, Israel Mbonyi uherutse gushyira ku isoko Album ya Gatanu, yanakiriwe ku rubyiniro na Burugumesitiri wa Bruxelles, Philippe Close, agaragaza ko ari umwe mu bahanzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba bafite izina rikomeye i Burayi. Ndetse, yahawe ishimwe yazanye mu Rwanda.

Uyu muririmbyi wizihiza imyaka 11 ishize ari mu muziki yataramiye bwa mbere mu Bubiligi muri 2023. Icyo gihe igitaramo cyabereye mu nyubako izwi nka Birmingham Palace.

Kuva ubwo, Israel Mbonyi yakomeje kugaragaza ko afite abafana benshi mu Bubiligi no mu bindi bihugu by’i Burayi, bituma ahinduka umwe mu bahanzi bahora batumiwe muri aka karere.

Mu gihe Team Production yamaze gutangaza ku mugaragaro igitaramo cya Israel Mbonyi, iri tsinda rikomeje n’imyiteguro y’ikindi gitaramo kizabera i Bruxelles ku wa 4 Mata 2026, kizahuza umuhanzi Alex Dusabe n’abandi barimo René Patrick, Tracy, Ben na Chance.

Igitaramo cya Israel Mbonyi i Bruxelles kizakurikirana n’icyo aherutse gukorera mu Rwanda cyiswe Icyambu4, cyabereye muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza 2025, cyitabiriwe n’aantu 10368.

Kwamamaza igitaramo cya Israel Mbonyi mu Bubiligi bikomeje kugaragaza uko umuziki wo kuramya Imana ukomeje kwambuka imipaka, ugahuza Abanyarwanda n’abandi batuye i Burayi binyuze mu ndirimbo n’amasengesho.

Ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, Israel Mbonyi agiye kongera gutaramira mu Bubiligi. Ni igitaramo kizaba gikurikiye ibitaramo byasize amateka yakoreye i Burayi mu 2023 na 2024 

Ku wa Gatandatu tariki ya 6 Kamena 2026, i Bruxelles hategerejwe igitaramo gikomeye cyo kuramya no guhimbaza Imana giteguwe na Team Production

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘HOBE’ YA ISRAEL MBONYI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...