Ku ivuko bamwakiranye urugwiro! Senderi Hit yishimiye uko yataramiye abaturage ba Kirehe

Imyidagaduro - 18/06/2026 4:04 PM
Share:

Umwanditsi:

Ku ivuko bamwakiranye urugwiro! Senderi Hit yishimiye uko yataramiye abaturage ba Kirehe

Umuhanzi Eric Senderi International Hit uzwi nka Senderi Hit ari mu byishimo nyuma yo gutaramira abaturage bo mu Karere ka Kirehe, yavuze ko yanyuzwe n’uburyo yakiriwe ndetse n’ubwitabire bw’abaturage bitabiriye igitaramo cyari kigamije kwizihiza imyaka 32 u Rwanda rumaze rwibohoye.

Iki gitaramo cyabaye ku wa Gatatu tariki ya 17 Kamena 2026, mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, aho uyu muhanzi yavukiye. Cyari kimwe mu bitaramo ari kuzengurukamo hirya no hino mu gihugu agamije gufatanya n’Abanyarwanda kwizihiza imyaka 32 ishize u Rwanda rubohowe.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Senderi Hit yavuze ko yishimiye cyane uburyo abaturage bo ku ivuko rye bamugaragarije urukundo n’ubufatanye, ibintu yavuze ko byamukoze ku mutima kuko yabonye ko ibikorwa bye bikomeje guhabwa agaciro n’abo asangiye inkomoko.

Yagize ati: “Ndashimira Intaganzwa za Kirehe uburyo twataramye twishimira ibyiza u Rwanda rwagezeho mu rugendo rwo kwibohora imyaka 32. Ndashimira kandi urubyiruko rw’Intaganzwa za Kirehe uburyo twataramanye mu Murenge wa Mushikiri.”

Uyu muhanzi umaze imyaka myinshi mu muziki nyarwanda yavuze kandi ko yanejejwe no kubona abana n’urubyiruko bitabira cyane indirimbo ze, cyane cyane izifite ubutumwa bwubaka igihugu ndetse n’izigisha indangagaciro nyarwanda.

Yasobanuye ko ari ikintu kimushimisha kubona urubyiruko rugenda rushyira imbere ibihangano bifite ubutumwa bwiza, aho kwibanda gusa ku ndirimbo z’imyidagaduro zidatanga inyigisho zifatika.

Ati: “Mu ndirimbo zanjye ziri mu mitima y’abana bato harimo izivuga ku burere mboneragihugu. Ndashimira urubyiruko uburyo batagikunda kumva indirimbo z’ibishegu ahubwo bagashyira imbere indirimbo z’uburere mboneragihugu.”

Senderi Hit akunze kugaragaza ko kimwe mu byamuranze mu rugendo rwe rw’umuziki ari ugukoresha ibihangano bye mu gutanga ubutumwa bwubaka sosiyete, gukangurira urubyiruko gukunda igihugu no kwimakaza indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Igitaramo cya Kirehe cyasize Senderi Hit afite ibyishimo byinshi, cyane cyane kubera ko cyabereye ku ivuko rye ndetse akabona abaturage bamwakirana urugwiro.

Uko yakiriwe n’abakunzi be byamweretse ko ibikorwa amaze imyaka akora bikomeje kugira uruhare mu mibereho y’abaturage, cyane cyane urubyiruko akangurira gukunda igihugu no kwimakaza indangagaciro nziza binyuze mu muziki.

Senderi Hit ni umwe mu bahanzi bafite amateka yihariye mu muziki nyarwanda. Uyu muhanzi ukomoka mu Karere ka Kirehe amaze imyaka irenga 20 akora umuziki, aho yamenyekanye cyane mu ndirimbo zifite ubutumwa bw’ubumwe, gukunda igihugu no gukangurira abaturage kugira uruhare mu iterambere.

Mu rugendo rwe, yashyize hanze album zirimo Twaribohoye, Icyomoro na Intimba y’Intore, zakunzwe n’abatari bake kubera ubutumwa zibumbatiye. Yitabiriye kandi ibitaramo n’ibikorwa bitandukanye byamugejeje no ku ruhando mpuzamahanga.

Kuva yatangira umuziki kugeza ubu, Senderi Hit yakomeje kugaragara nk’umuhanzi wihariye uhuza imyidagaduro n’ubukangurambaga, ibintu byatumye agumana umwanya ukomeye mu mitima y’abakunzi b’umuziki nyarwanda.

Senderi Hit yavuze ko yanyuzwe n’uburyo yakiriwe n’abaturage bo mu Karere ka Kirehe mu gitaramo cyabaye mu Murenge wa Mushikiri, ashimangira ko byamwibukije inkomoko ye ndetse bikamwereka ko ibikorwa bye bikomeje gukundwa


Senderi Hit yavuze ko yishimiye kubona abakiri bato baririmbana na we indirimbo zifite ubutumwa bwubaka igihugu, agaragaza ko urubyiruko rugenda rushyira imbere ibihangano byigisha indangagaciro n’uburere mboneragihugu


Mu rugendo rwo kwizihiza imyaka 32 yo kwibohora k’u Rwanda, Senderi Hit yakomereje ibitaramo bye mu Karere ka Kirehe, aho yifatanyije n’abaturage mu kwizihiza ibyiza igihugu cyagezeho kuva cyabohorwa, ashimira uburyo bitabiriye ku bwinshi


Senderi Hit yavuze ko gutaramira ku ivuko rye byari bifite igisobanuro cyihariye kuri we, kuko yabonye abaturage bamwakiranye urugwiro ndetse bakaririmbana na we indirimbo zamugize icyamamare mu myaka ishize




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...