Kompressor yavuze ku mpamvu amaze imyaka ibiri muri 1:55 AM atarakorera indirimbo Bruce Melodie –VIDEO

Imyidagaduro - 04/06/2026 10:36 AM
Share:

Umwanditsi:

Kompressor yavuze ku mpamvu amaze imyaka ibiri muri 1:55 AM atarakorera indirimbo Bruce Melodie –VIDEO

Mu gihe amaze imyaka irenga ibiri abarizwa muri sosiyete ya 1:55 AM, Producer Kompressor amaze kugira uruhare mu mishinga itandukanye y’abahanzi banyuranye ndetse yigaragaza nk’umwe mu ba Producer bafite izina rikomeje kuzamuka mu muziki nyarwanda.

N’ubwo bimeze bityo ariko, hari ikintu bamwe mu bakurikiranira hafi ibikorwa bya 1:55 AM bakunze kwibazaho: impamvu kugeza ubu atarakorera indirimbo Bruce Melodie kandi bose babarizwa mu muryango umwe wa muzika.

Kompressor yavuze ko atabona ibi nk’ikibazo cyangwa ikintu gitangaje, ahubwo abifata nk’urugendo rugira igihe cyarwo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko yizeye ko umunsi umwe bazakorana umushinga ukomeye, kandi ko igihe nyacyo ari cyo kigitegerejwe.

Ati: “Navuga ko buriya ni igihe cya nyacyo kiba kitaragera, ariko igihe kizaza. Kandi nzi ko igihe tuzakorana tuzakorana ibintu birenze.”

N’ubwo atarakora indirimbo ya Bruce Melodie, Kompressor avuga ko bamaze gukorana mu zindi nshingano zitandukanye zifitanye isano n’umuziki, ibintu byatumye arushaho kumumenya no kumwigiraho.

Yasobanuye ko hari ibitaramo byagiye bihuza bombi, aho yajyaga akora ‘sound’ Bruce Melodie yinjiranaga ku rubyiniro, ndetse rimwe na rimwe akamufasha mu bikorwa byo gufata amajwi igihe yabaga yohererejwe ‘beat’ n’aba Producer bo hanze.

Ati: “Hari ibyo twagendaga dukorana. Nk’uko aba afite kuririmba muri BAL cyangwa muri Iwacu Muzika Festival, najyaga mukorera ‘sound’ yinjiriramo kuri ‘stage’. Rimwe na rimwe nkanamufasha gukora ‘recording’ ari nka Producer wo hanze wamwoherereje ‘beat’, ariko nta mushinga ndakorana na we.”

Kompressor avuga ko kimwe mu bintu byamushimishije cyane mu gihe amaze akorana hafi na Bruce Melodie ari uburyo akomeje gukorana umurava n’ishyaka, n’ubwo amaze imyaka myinshi ari umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda no mu karere.

Asanga iyo myitwarire ari isomo rikomeye ku bantu bakiri kuzamuka mu ruganda rw’umuziki.

Ati: “Ikintu namwigiyeho ni ukugira umuhate wo gukora no kudacika intege. Bruce Melodie ni umukozi. Reba igihe amaze mu muziki ariko n’ubu aba afite ishyaka nk’umuntu ugitangira.”

Aya magambo agaragaza ishusho y’umubano ushingiye ku kwigiranaho no gukorana kwa hafi hagati y’aba bombi, n’ubwo kugeza ubu batarahurira ku ndirimbo imwe.

Kompressor yinjiye muri 1:55 AM muri Gicurasi 2024, atangazwa nk’umwe mu ba Producer bashya b’iyi sosiyete. Icyo gihe yari kumwe n’abahanzi barimo Element, Kenny Sol na Ross Kana, n’ubwo nyuma aba bose baje gutandukana n’iyi sosiyete.

Kugeza ubu, Kompressor akomeje gukora imishinga itandukanye y’umuziki, mu gihe na Bruce Melodie akomeje ibikorwa bye nk’umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye ku isoko ry’umuziki nyarwanda.

Nubwo indirimbo yabo itarajya hanze, amagambo ya Kompressor agaragaza ko amahirwe yo gukorana na Bruce Melodie akiri ku meza, kandi ko igihe nikigera abafana bashobora kuzabona umusaruro w’ubu bufatanye bwitezwe na benshi.

Kompressor yatangaje ko kuba atarakorera indirimbo Bruce Melodie atabibonamo ikibazo

Mu myaka ibiri ishize, Bruce Melodie yahisemo gukorerwa indirimbo na Producer Loader

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA KOMPRESSOR


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...