Knicks yakoze ibirori bikomeye byo kwishimira igikombe cya NBA yegukanye nyuma y'imyaka irenga 50

Imikino - 20/06/2026 12:17 PM
Share:

Umwanditsi:

Knicks yakoze ibirori bikomeye byo kwishimira igikombe cya NBA yegukanye nyuma y'imyaka irenga 50

Umujyi wa New York wabaye indiri y'ibyishimo ubwo ibihumbi n'ibihumbi by'abafana ba New York Knicks bahuriraga mu mihanda mu kwizihiza igikombe cya NBA iyi kipe yegukanye bwa mbere nyuma y'imyaka irenga 50.

Uyu mutambagiro udasanzwe wabaye kuwa Kane ukaba waratangiriye muri Battery Park, unyura mu muhanda uzwi cyane wa "Canyon of Heroes"i Manhattan, usorezwa kuri City Hall, aho Umuyobozi w'Umujyi wa New York, Zohran Mamdani, yashimiye abakinnyi n'abatoza ba Knicks ku mateka bakoze.

New York Knicks yegukanye igikombe cya NBA nyuma yo gutsinda San Antonio Spurs amanota 94-90 mu mukino wa gatanu wa NBA Finals, ihita yandika amateka yo kongera kwegukana iki gikombe nyuma y'imyaka 53, kuko giherukaga mu 1973.

Nyuma y'iyo ntsinzi, umujyi wa New York wahise wuzura ibyishimo. Abafana basohotse mu tubari, ahari hateguwe kureberwa umukino, no mu mihanda y'ibice bitandukanye by'umujyi, bishimira ikipe yabo yari imaze imyaka myinshi itagera kuri iyi ntsinzi.

Knicks yagaragaje urwego rwo hejuru muri iyi mikino ya kamarampaka, aho yatsinze imikino 15 muri 16 iheruka gukina, ibintu byatumye irushaho kwigarurira imitima y'abakunzi ba basketball muri New York no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri rusange.

Mu rwego rwo kwizihiza ayo mateka, Umujyi wa New York wakoze umutambagiro wihariye witabiriwe n'imbaga y'abafana. Bageze kuri City Hall, Umuyobozi w'umujyi Zohran Mamdani yashimiye iyi kipe, anayishyikiriza urufunguzo rw'icyubahiro rw'Umujyi wa New York nk'ikimenyetso cyo kuyishimira.

Mamdani yavuze ko uyu mutambagiro ushobora kuba umwe mu mitambagiro minini kurusha iyindi yose yabaye muri uyu mujyi, mu gihe inzego z'umutekano zari zateganyije ko abantu bashobora kugera muri za miliyoni. Abapolisi 10,000 ni bo bifashishijwe boherejwe kugira ngo bacunge umutekano muri ibi birori.

Mu basusurukije abari bitabiriye uyu munsi harimo n'umuhanzikazi w'icyamamare Alicia Keys, waririmbiye imbaga y'abafana. Byari bihuye n'icyifuzo cy'abafana ba Knicks, bari bamaze iminsi bakwirakwiza amashusho ku mbuga nkoranyambaga baririmba indirimbo "Empire State of Mind", yakoranye na Jay-Z, bayisaba kuyiririmba muri ibi birori byo kwizihiza amateka y'iyi kipe.

Uyu munsi wabaye umwe mu minsi itazibagirana mu mateka ya New York, aho abafana ba Knicks bongeye kwishimira intsinzi yari imaze imyaka isaga 50 itegerejwe, bayizihiza mu birori byagaragaje urukundo rudasanzwe bafitiye ikipe yabo.

Knicks yakoze ibirori bikomeye byo kwishimira igikombe cya NBA yegukanye nyuma y'imyaka irenga 50



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...