KNC yasobanuye ibibazo bishobora kuzatuma Rayon Sports ibura n’umwanya wa gatatu muri shampiyona-VIDEO

Imikino - 01/09/2025 10:06 AM
Share:

Umwanditsi:

KNC yasobanuye ibibazo bishobora kuzatuma Rayon Sports ibura n’umwanya wa gatatu muri shampiyona-VIDEO

Perezida w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), yerekanye ko hari ibibazo bishobora kuzatuma Rayon Sports itabona n’umwanya wa gatatu birimo ibyo kujagarara ku isoko ry’abakinnyi.

Yabigarutseho ku Cyumweru tariki 31 Kanama 2025 nyuma y’uko ikipe ye ya Gasogi United yari imaze gutsindwa na Mukura VS igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Kamena Stadium mu karere ka Huye. KNC yavuze ko kuba ikipe ye izaba ikoresha abakinnyi biganjemo abakiri bato mu mwaka utaha w’imikino nta bwoba bimuteye kuko nta kipe yigeze ikinisha abakiri bato mu Rwanda ngo imanuke.

Ati: ”Ni ubwoba abantu bishyizemo ntazi aho bushingiye, mumbwire ikipe yakinishije abana ikamanuka, ngira ngo Muhazi United yamanukanye abanyamahanga barenga 10, Vision FC yo ntiyamanukanye benshi?.

Isonga yo yikuyemo ku mpamvu zayo itaramanuka, mwebwe mumbwire ngo iyi kipe yakinishije abana iramanuka wenda hagire icyo nkora. Ntibazabashuke burya abana ni amahirwe buriya iyo ukinisha abana batsindwa imikino ibiri ariko ntabwo bashobora gutsindwa iya gatatu ntibazagushuke”.

Yavuze ko muri Gasogi United y’umwaka utaha w’imikino mu bakinnyi bazajya babanza mu kibuga hatazajya habura abana batatu.

KNC abajijwe ikipe abona izatwara igikombe cya shampiyona y’u Rwanda mu mwaka utaha w’imikino yavuze ko ari APR FC naho izaba iya kabiri ikazaba ari Police FC mu gihe haba hatajemo ibindi.

Ati: ”Igikombe ndagiha APR FC. Hari impamvu nyinshi, APR FC ifite abakinnyi benda kunganya imbaraga kandi amakipe menshi usanga ashobora kugira 11 beza babanzamo ariko wajya kureba abasimbura ugasanga..,Ikipe mbona yakabaye iza ku mwanya kabiri yakabaye Police FC baramutse bahojejeho kuko sinzi ibintu bijya biyifatarimo  hagati ukabona biragoranye”.

Yavuze ko ikipe abona yakabaye iya gatatu ari Rayon Sports gusa ko ishobora kuwubura bitewe n’ibibazo bitandukanye abantu baba badashaka kugarukaho. Ati: ”Iya gatatu kuri njyewe nakabaye ntekereza Rayon Sports ariko ifite ibibazo byinshi ni uko mudakunda kubivugaho. Iracyafite ibibazo,kubona habura iminsi 10 kugira ngo shampiyona itangire ukabona ikipe ihatanira igikombe ikirimo gusinyisha aho hantu ugomba kugiramo ubwoba.

Ni mu gihe andi makipe byitwa ko bari guhatanira igikombe yo ubwayo ibyo yabirangije. Amakosa bakora yose bo ubwabo baba bafite amahirwe yo kuvuga ngo turakosana naba dufite”.

Yakomeje agira ati ”Ari APR FC na Police FC ntizigikeneye abakinnyi uyu munsi wa none ariko Rayon Sports yo iracyabashaka nabo baza urusorongo. Uwakoze imyitozo uyu munsi si we ukora ejo, uwasinye mu mikino ya gicuti na we tukumva ngo uyu munsi arataha. Ibyo biratera akavuyo, ntekereza ko n’umwanya wa gatatu ishobora kutawubona”.

Perezida wa Gasogi United yavuze ko bitewe n'ibyo bibazo byose uwo mwanya wa Gatatu awubarira hagati y’amakipe ane, hagati ya Mukura VS,Gasogi United, AS Kigali na Gorilla FC.  Yavuze ko mu makipe azamanuka ho abona ari AS Muhanga ikajyana na Rutsiro FC.

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...