KNC yasabiye Byiringiro Lague kujyanwa mu nzererezi

Imikino - 01/06/2026 11:27 AM
Share:

Umwanditsi:

KNC yasabiye Byiringiro Lague kujyanwa mu nzererezi

Umunyamakuru akaba na Perezida w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles(KNC) yasabiye umukinnyi w’ikipe ya Police FC, Byiringiro Lague kujyanwa mu nzererezi nyuma y’uko bivuzwe ko yongeye gutabwa muri yombi.

Ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026 ni bwo hagiye hanze amakuru avuga ko uyu mukinnyi yaba yatawe muri yombi nyuma yo gukubita umuntu ushinzwe umutekano mu kabari.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 01 Kamena 2026 ubwo twakoraga iyi nkuru mu rwego rwo kumenya ukuri kw'aya makuru amuvugwaho, InyaRwanda yagerageje guhamagara Lague kuri telefone igendanwa, ntibyakunda kuko itari ku murongo.

Mu kiganiro Rirarashe, KNC yatangaje ko Lague akwiye kujyanwa mu nzererezi. Ati: ”Uzi ikiri bube rwose nibambabarire bamujyane mu nzererezi. Bamujyane mu nzererezi yicareyo bamuganirize kuko turakemukeneye. Ariko na none ikibazo kikaba ikihe ni gute uwo muntu yazamutse, yaciye mu biganza bya nde?”.

Ibi bije nyuma y’uko mu minsi yashize Byiringiro Lague yaherukaga kwiyemerera ko amaze gufungwa inshuro eshatu. Icyo gihe yagize ati: "Polisi yo mu muhanda baramputaje, bamaze kumfunga gatatu kubera gutwara nasinze. Muri uyu mwaka ni kabiri, nkiba muri Sweden nigeze kuza mu kiruhuko nabwo baramfunga".

Yarakomeje ati: "Gutwara imodoka wanyoye ni amakosa ariko nyine hari ukuntu rimwe na rimwe uba uvuga ngo reka ngende. Ejo bundi namazemo iminsi itandatu. Nari mfungiye ku Ruyenzi ni naho bamfatiye ntashye”.

Byiringiro Lague ntabwo yasoje umwaka w’imikino akina bitewe n’uko ikipe ye ya Police FC yari yaramuhagaritse igihe kitazwi imuziza imyitwarire mibi.

Byiringiro Lague biravugwa ko yongeye gutabwa muri yombi 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...