Ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026 ni bwo hagiye hanze amakuru avuga ko uyu mukinnyi yaba yatawe muri yombi nyuma yo gukubita umuntu ushinzwe umutekano mu kabari.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 01 Kamena 2026 ubwo twakoraga iyi nkuru mu rwego rwo kumenya ukuri kw'aya makuru amuvugwaho, InyaRwanda yagerageje guhamagara Lague kuri telefone igendanwa, ntibyakunda kuko itari ku murongo.
Mu kiganiro Rirarashe, KNC yatangaje ko Lague akwiye
kujyanwa mu nzererezi.
Ibi bije nyuma y’uko mu minsi yashize Byiringiro Lague yaherukaga kwiyemerera ko amaze gufungwa inshuro eshatu. Icyo gihe yagize ati: "Polisi yo mu muhanda baramputaje, bamaze kumfunga gatatu kubera gutwara nasinze. Muri uyu mwaka ni kabiri, nkiba muri Sweden nigeze kuza mu kiruhuko nabwo baramfunga".
Yarakomeje ati: "Gutwara imodoka wanyoye ni amakosa ariko nyine hari
ukuntu rimwe na rimwe uba uvuga ngo reka ngende. Ejo bundi namazemo iminsi
itandatu. Nari mfungiye ku Ruyenzi ni naho bamfatiye ntashye”.
Byiringiro Lague ntabwo yasoje umwaka w’imikino akina bitewe n’uko ikipe ye ya Police FC yari yaramuhagaritse igihe kitazwi imuziza imyitwarire mibi.

