Iki
gitaramo cyahurije hamwe urubyiruko ruturutse mu bihugu birenga 20 bya Afurika,
ndetse n’Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye, bose bishimira uburyo uyu muhanzi
yanyuze imitima yabo guhera ku ndirimbo ya mbere kugeza asoje.
Kizz
Daniel yaje i Kigali afite igikundiro gikomeye bitewe n’indirimbo ze zakunzwe
ku isi hose. Yatangiye igitaramo aririmba “Mama”, akomerezaho “Yeba”, mbere yo
gutangira gutambutsa ibihangano bye bishya n’ibyakunzwe mu bihe bitandukanye.
Yakomeje
asusurutsa abari muri BK Arena abinyujije mu ndirimbo nka “Cough”, yaherekejwe
n’ababyinnyi b’abakobwa bavugishije benshi, “Nesesari”, “Lie” (aho yabyinanye
n’umukobwa yari yazamuye ku rubyiniro), “Madu”, “Woju”, “No Wahala” yakoranye
na Tiwa Savage na 1da Banton, “RTID (Rich Till I Die)”, “GWAGWALADA” na
“Marhaba”.
Igitaramo
cye cyasojwe n’indirimbo y’amateka “Buga”, yakoranye na Tekno, indirimbo
yahiriwe cyane muri 2022 ubwo yifashishwaga mu maserukiramuco y’Igikombe
cy’Isi. Yongeye kugaragariza Kigali impano ye idasanzwe, ari kumwe n’ababyinnyi
bambaye imyenda isa n’iyo yakoreshejwe mu mashusho y’iyo ndirimbo.
Uretse
gutaramira imbaga, Kizz Daniel yagaragaje amarangamutima menshi, ubwo yashimaga
urukundo yahawe n’abatuye Kigali, by’umwihariko urubyiruko rwari rwitabiriye
iserukiramuco. Yanashimye uburyo abanya-Nigeria bari i Kigali bamugaragarije ko
bamushyigikiye.
Nyuma
y’iminota 40 ari ku rubyiniro, yahawe umupira wa Giants of Africa nk’ishimwe
ryihariye, ahabwa ikaze ridasanzwe na Masai Ujiri, washimye uruhare rwe mu
gushimisha urubyiruko rw’Afurika.
Uyu
muhanzi yaherukaga mu Rwanda mu 2022, aho yakoze igitaramo kitanyuze benshi
muri Canal Olympia. Ikindi yigeze kukigira mu 2016 muri Serena Hotel, aho
yataramiye abantu batageze kuri 200, aririmba iminota 17 gusa, ibintu byateye
benshi kwibaza ku buryo yateguwe.
Nyamara
ibyo byose yabishyize ku ruhande muri 2025, ahindura amateka ye i Kigali,
atanga igitaramo kibarirwa mu byakunzwe cyane by’iri serukiramuco ryari
ribereye bwa mbere muri BK Arena.
Mu
byashimishije benshi ni ubwo Sherrie Silver, Umunyarwandakazi w’umubyinnyi
mpuzamahanga, yitabiraga iki gitaramo.
Kizz Daniel yanyeganyeje BK Arena imbere y’imbaga y’abafana barenga ibihumbi 10 i Kigali
Urukundo
yahawe n’abanya-Kigali rwakoze ku mutima wa Kizz Daniel, aririmba ashyizeho
umutima wose
Sherrie
Silver yagaragaye mu gitaramo, agaragaza ko ashyigikiye impano nyafurika
Ababyinnyi
ba Kizz Daniel bashimishije benshi, by’umwihariko mu ndirimbo 'Cough'
Kizz
Daniel yahawe umupira wa Giants of Africa na Masai Ujiri mu kumushimira uko
yasusurukije abantu
Uburyo
Kizz Daniel yabyinanye n’umwe mu bafana ku rubyiniro bwatumye benshi barira
urukundo
Yahinduye
amateka ye i Kigali, avuye ku ndirimbo 4 mu 2016, agera ku gitaramo cy’iminota
40 cyuzuye ibihangano bikomeye
KANDA HANO UREBE UKO KIZZ DANIEL YITWAYE MU GITARAMO YAKOREYE MURI BK ARENA