Kiyovu Sports yegukanye FERWAFA Super Cup ya 2026

Imikino - 30/08/2026 9:27 PM
Share:

Umwanditsi:

Kiyovu Sports yegukanye FERWAFA Super Cup ya 2026

Ikipe ya Kiyovu Sports yegukanye igikombe kiruta ibindi cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA Super Cup ya 2026 nyuma yo gutsinda Polisi FC igitego 1-0.

Uyu mukino wa nyuma wa Super Cup ya FERWAFA wakinwe kuri iki Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2026 saa Cyenda kuri Kigali Pele Stadium.

Watangiye ikipe ya Kiyovu Sports ari yo ihererekanya umupira ariko ikabikorera mu kibuga hagati nta kugera imbere y’izamu. Police FC yagiye yinjira mu kibuga ndetse itangira no kugera imbere y’izamu.

Ku munota wa 13 Keffa Tangala yagerageje uburyo bwa mbere bwa Police FC arekura ishoti birangira umupira ushyizwe muri koroneri itagize icyo itanga.

Ku munota wa 35, Police FC yabonye uburyo buremereye imbere y’izamu aho Keffa Tangala yarekuye ishoti riremereye ariko umunyezamu wa Kiyovu Sports, James Desire Bienvenue aratabara.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Kiyovu Sports nayo yabonye uburyo ku mupira wari uzamukanwe na Shaban Kagayo yinjira mu rubuga rw’amahina ariko atinda kurekura ishoti cyangwa ngo atange umupira birangira awambuwe.

Mu gice cya kabiri, amakipe yombi yaje akina asatira cyane ashaka uko yafungura amazamu gusa bikomeza kugorana.

Ku munota wa 86, Kiyovu Sports yabonye igitego cyiza gitsinzwe na Hakim Hamiss aho yari ahawe umupira na Cherif Bayo ahita yihindukiza awushyira mu nshundura.

Umukino warangiye Kiyovu Sports itsinze Police FC 1-0 ihita yegukana igikombe cya Super Cup 2026.


Kiyovu Sports yegukanye FERWAFA Super Cup ya 2026 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...