Kiyovu SC yatsinze Mukura VS ikomeza kuri Finali ya Super Cup 2026

Imikino - 27/08/2026 4:13 PM
Share:

Umwanditsi:

Kiyovu SC yatsinze Mukura VS ikomeza kuri Finali ya Super Cup 2026

Irushanwa rya Super Cup 2026, rihuza amakipe ahatanira igikombe kiruta ibindi mu Rwanda, ryatangiye kuri uyu wa Kane aho Kiyovu Sports Club yatsinze Mukura Victory Sports igitego 1-0, ihita ibona itike yo gukomeza mu mukino wa nyuma w’iri rushanwa.

Iri rushanwa ryatangiye kuri uyu wa Kane tariki ta 27 Kanama 2026, aho kuri iyi nshuro ryitabiriwe n’amakipe ane nyuma yo guhindurirwa imiterere n’uburyo rikinwamo, bijyanye n’umuterankunga mushya waryiyongereyemo.

Umukino wa Kiyovu Sports Club na Mukura Victory Sports waranzwe n’imbaraga ku mpande zombi, aho amakipe yombi yageragezaga gushaka uburyo bwo kubona igitego, ariko iminota 90 isanzwe irangira nta kipe irabasha gufungura amazamu.

Mu gice cya mbere, Kiyovu na Mukura zakinaga umukino urimo kwitonda, buri kipe igerageza kutarekura icyuho cyatuma indi ibona uburyo bwo gutsinda.

Nubwo abatoza b’amakipe yombi bageragezaga guteza imbere umukino wo kwataka, uburyo bwo gutsinda bwabonetse ntabwo bwabyaye umusaruro.

Kiyovu yabonye uburyo bubiri bwari bushobora kuvamo igitego, ariko umunyezamu wa Mukura ahagarara neza, akumira ibyo bitero. Iminota 45 ya mbere yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Mu gice cya kabiri, umukino warushijeho gukomera, amakipe yombi akora amakosa yashoboraga kugira ingaruka ku mukino. Joseph Sackey wa Mukura ni we wabanje kubona ikarita itukura nyuma yo gukorera ikosa Nsanzimfura Keddy, bituma Mukura ikomeza umukino ari abakinnyi 10.

Kiyovu na yo ntiyatinze gusigara ari abakinnyi 10, ubwo myugariro wayo Byiringiro David yahawe ikarita itukura nyuma yo gukoresha intoki agafata umupira ubwo abakinnyi ba Mukura bari bamucitse. Ibyo byatumye amakipe yombi asoza umukino afite abakinnyi 10 kuri 10.

Penaliti yabonetse mu minota y’inyongera

Ubwo umukino wari ugeze ku musozo, hongewemo iminota umunani, ariko ni muri iyo minota y’inyongera Kiyovu yabonye amahirwe yo guhindura ibintu. Mugisha Didier yacitse ba myugariro ba Mukura, ageze mu rubuga rw’amahina akorerwa ikosa, umusifuzi ahita atanga penaliti.

Iyo penaliti ni yo yavuyemo igitego rukumbi cy’umukino, biha Kiyovu Sports intsinzi ya 1-0 ndetse n’itike yo gukomeza ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026. Bityo, Kiyovu Sports ni yo yabonye intsinzi mu mukino wa mbere w’iri rushanwa, mu gihe Mukura VS yahise isezererwa hakiri kare.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...