Kitoko yiyumva gute kuba yaragarutse agasanga abantu bakimufite ku mutima ?– VIDEO

Imyidagaduro - 27/02/2026 3:23 PM
Share:

Umwanditsi:

Kitoko yiyumva gute kuba yaragarutse agasanga abantu bakimufite ku mutima ?– VIDEO

Umuririmbyi Kitoko Bibarwa, wamamaye nka Kitoko, yavuze ko kuba yaragarutse mu Rwanda agasanga abakunzi b’umuziki bakimwibuka kandi bakimushyigikiye, ari ibintu afata nk’“umugisha” udasanzwe mu rugendo rwe rw’ubuhanzi.

Ni amagambo yatangaje nyuma y’imyaka 12 yari amaze aba mu Bwongereza, aho yari yarimukiye akomeza ibikorwa bye by’umuziki ndetse anakurikirana amasomo ya Kaminuza.

Ku wa 9 Ugushyingo 2025 ni bwo Kitoko yongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda, ibintu byari byitezwe n’abakunzi be bari bamaze igihe bamubaza igihe azagarukira.

Agarutse, ntiyatinze kongera guhura n’abafana be mu gitaramo gikomeye cyabereye muri BK Arena tariki 5 Ukuboza 2026, aho yasangiye urubyiniro n’umunya-Nigeria Davido. Icyo gitaramo cyabaye nk’ikimenyetso cy’uko izina rye rigifite ireme ku isoko ry’umuziki nyarwanda.

Nyuma yaho yakomereje ibitaramo bye mu Mujyi wa Rubavu no mu zindi ntara, aho yakiranywe urugwiro n’abamukumbuYE kuva mu ndirimbo nka “Agakecuru”,  “Bella” n’izindi ndirimbo zamugize icyamamare mu myaka ya 2008 kuzamuka.

Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 26 Gashyantare 2027, Kitoko yitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy, aho yagiranye ibiganiro n’abakunzi be mu gace kazwi nka “Meet Me Tonight” kabereye muri Camp Kigali.

Agaruka ku rugendo rwe rwatangiye mu 2008 kugeza uyu munsi, yavuze ko atabona amagambo ahagije yo gusobanura uko yiyumva iyo abonye urukundo yerekwa n’Abanyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda nyuma y’iki gikorwa, yagize ati: “Biriya mu ijambo rimwe, mbyita umugisha! Hari abantu twatangiranye umuziki turi benshi. Bamwe muri bo ntibashoboye gukomeza urugendo, nyamara bari bafite impano zikomeye. Kuba njye nkiri hano, nkiri gukora, kandi abantu bakaba bakimfite ku mutima, mbibara nk’umugisha.”

Aya magambo ye agaragaza ukwicisha bugufi no kuzirikana abo batangiranye, bamwe muri bo batakibasha kugaragara ku rubyiniro, haba ku mpamvu zitandukanye zirimo ubuzima, amahirwe cyangwa impinduka z’ubuzima.

Mu gihe umuziki nyarwanda umaze guhinduka cyane mu myaka 15 ishize, haje ibisekuru bishya n’imirongo mishya, Kitoko we agaragaza ko hari amazina adashobora gusibangana mu mitima y’abakunzi b’umuziki.

Kuba yarabashije kumara imyaka 12 hanze y’igihugu, akagaruka agasanga indirimbo ze zigicurangwa, ndetse n’abafana bakimwitabira mu bitaramo, ni ikimenyetso cy’uko yakoze umusingi ukomeye mu bihe bye bya mbere.

Ku bwe, si impano gusa, si n’imbaraga ze bwite, ahubwo ni “umugisha” abona yarahawe.

Mu gihe hari abo batangiranye bagarukiye mu nzira, hari n’abavuye ku rubyiniro burundu, Kitoko we agaruka yishimira ko izina rye rikiri mu mitima y’abamukurikiranye kuva akiri umusore muto winjiraga mu muziki afite inzozi nyinshi.

Ubu asigaye afata buri gitaramo nk’ishimwe, buri mufana nk’impano, n’urugendo rwe nk’inkuru ikwiye kuvugwa.


Kitoko yavuze ko kuba yaragarutse agasanga Abanyarwanda bakimwibuka kandi bakimushyigikiye ari “umugisha” udasanzwe, yibutsa ko hari abo batangiranye umuziki batabashije gukomeza urugendo nubwo bari bafite impano


Nyuma y’imyaka 12 aba mu Bwongereza, Kitoko yagarutse mu Rwanda ahita yongera guhura n’abafana be mu bitaramo bikomeye birimo icyabereye muri BK Arena, agaragaza ko izina rye rikiri ku isonga mu muziki nyarwanda


Mu gikorwa cya “Meet Me Tonight” cya Gen-Z Comedy cyabereye muri Camp Kigali, Kitoko yagarutse ku rugendo rwe kuva mu 2008, ashimangira ko urukundo yasanze mu bafana ari impano idasanzwe afata nk’umugisha.

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UMUHANZI KITOKO

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'EVA' YA KITOKO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...