Ni mu gitaramo “Christimas
Beach Fest” kizabera mu karere ka Rubavu kuri Heza Beach Resort mu gihe cy’iminsi
ibiri uhereye kuri Noheri kugera ku munsi wa Boxing abantu bakiri kubyina no
kwishimana n’abahanzi bakunzwe kandi bagezweho.
Gahunzire Aristide
uri gutegura iki gitaramo, yabwiye InyaRwanda ko bateguye iki gitaramo ku munsi mukuru wa
Noheli kugira ngo bafashe abatuye i Rubavu kwishimira umunsi mukuru wa Noheri
basangira ndetse basabana n’abahanzi bakunda cyane.
Ati: “Ni umujyi
uberamo byinshi, ufite abantu bishima cyane, bakunda abahanzi kandi bakunda
ibitaramo. Ni umujyi utanga umunezero muri rusange cyane ko no muri Kigali haba
hari kubera ibindi bikorwa ugasanga mu ntara abantu baho bari mu bwigunge. Twagiye
i Rubavu kubera ko ari abantu bakunda imyidagaduro.”
Avuga ko ari
ibitaramo batangiye gutegura bifuza ko bizahoraho ndetse ko bizeye y’uko bizajya
bishimisha benshi. Ati: “Ni ibitaramo twifuza ko bizahoraho. Gahunda ihari ni
uko ari ibitaramo bizajya biba ngarukamwaka bikazashimangirwa n’iki cy’uyu
mwaka, tunizeye y’uko kizagenda neza.”
Aristide yavuze
ko iki gitaramo kidasanzwe ku batuye i Rubavu n’abandi bazaza kwishimana nabo
kuko Kitoko azaba ahataramiye bwa mbere mu myaka irenga 15 ishize dore ko hari
n’abanya-Kigali benshi bazaba batari bamubona abataramira mu gihe cya vuba.
Abazabasha kwitabira iki gitaramo, bazaba mu ba mbere kubona no kongera
kwishimana na Kitoko.
Alpha Entertainment yateguye iki gitaramo isanzwe ikora ibikorwa bya production mu nama mpuzamahanga, ibitaramo, n'ibirori by'ibigo bitandukanye.
Kuri
ubu ikaba yatangiye gutegura ibitaramo bahereye kuri “Christimas Beach Fest”
ndetse mu minsi iza bakaba bari gutegura ibindi bitaramo byinshi kandi
bikomeye.
Kuri ubu, ushobora kugura itike yawe hakiri kare unyuze kuri christimasbeachfest.rw cyangwa se ugakanda *797*30#. Amatike ni 35,000Frw, 20,000Frw na 10,000Frw.

Kitoko agiye gutaramira i Rubavu kuri Noheri

Davis D azafatanya na Kitoko umu gutaramira abanyaRubavu mu gihe cya Noheri
![]()
Dj Sonia azacuranga mu bitaramo byo kwizihiza Noheri bizabera i Rubavu Heza beach
![]()
Phil Peter nawe azaba acuranga muri ibyo bitaramo

Anita Pendo azaba ari umushyushyarugamba muri ibi bitaramo
Gahunzire Aristide uri gutegura iki gitaramo

