Ibi
Kirikou yabivuze kuri uyu wa Gatanu, tariki 16 Ukwakira 2025, ubwo yari mu kiganiro
n’itangazamakuru cyabereye i Kigali, cyavugaga ku gitaramo “Let’s Celebrate”
giteganyijwe kuba ku Cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025.
Iki
gitaramo cyatewe inkunga na Be One Gin, kikazahuza abahanzi barimo Ross Kana,
Davis D, Bushali, Yampano, Diez Dolla, Alto, ndetse Dj Brianne azaba ari we
uvanga imiziki.
Mu
buryo burimo gutebya no kwerekana icyizere, Kirikou yavuze ko yishimiye
gukorana n’abahanzi nyarwanda kandi ko indirimbo ziteguye zitazatenguha
abakunzi b’umuziki.
Yagize
ati: “Abangaba bose bari hano dukoranye byaba byiza, nk’umwami w’abana nanjye
nkeneye ko abana bankunda (atebya) [Yavugaga kuri Davis D]. Aba bari hano bose
twarakoranye, ziraje vuba.”
Uyu
muhanzi kandi yasobanuye amagambo aherutse kuvugwa ku ndirimbo nyarwanda
zicurangwa mu Burundi, avuga ko abantu bamwumvise nabi, kuko atigeze avuga ko
zitagikinwa, ahubwo yashatse gusobanura ko bitakimeze nk’uko byahoze mu myaka
yashize.
Ati:
“Mugabo, mwanyumvise nabi. Umuziki wo mu Rwanda mu Burundi barawucuranga,
kubera Brianne na Bruce Melodie ntabwo baba baza ngo babatumire cyangwa babaha
amafaranga, ni uko baba bacurangwa kandi bakunzwe. Gusa gucurangwa siko kuba
buri kanya, navuze.”
Kirikou
yavuze ko umuziki nyarwanda ukomeje kwigarurira imitima y’abatuye mu Burundi,
ndetse ko hari icyizere gikomeye mu bufatanye hagati y’abahanzi b’ibihugu
byombi.
Yashimangiye
ko gukorana na Bushali, Davis D na Yampano bizamufasha kurushaho kugera ku
bafana benshi no gushyira imbere umuco w’ubusabane mu muziki.
Uyu
muhanzi kandi yashimangiye ko afite intego yo gukomeza guteza imbere umuziki
w’Akarere, anashimira uburyo abahanzi nyarwanda basigaye bagaragaza ubunyamwuga
n’uruhare rwabo mu guteza imbere injyana zitandukanye.
Igitaramo
“Let’s Celebrate” kirategerejwe cyane nk’imwe mu nama y’ubusabane izahuza
abahanzi bo mu Rwanda n’u Burundi, kikazaba n’urubuga rwo kumvikanishirizaho
indirimbo nshya z’abahanzi barimo Kirikou Akili. Cyateguwe na Kigali Protocol,
giterwa inkunga na Be One Gin.
Umuyobozi
Wungirije Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Be One Gin, Rugwiro Gaella yavuze ko
bishimiye gutera inkunga iki gitaramo ‘Let’s Celebrate’, ndetse ko bazakomeza
kugendana urugendo nabo mu gufasha Abanyarwanda cyane cyane urubyiruko
kwidagadura.
Yasobanuye ko mu gitaramo cyo ku Cyumweru, hazaba hari ibinyobwa bya Be One Gin, ndetse bihaye intego y’uko igitaramo nk’iki kizajya kiba buri kwezi.
Uhereye ibumoso: Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Be One Gin, Rugwiro Gaella, Dj Brianne, Kirikou Akili na Umukundwa Joshua washinze Kigali Protocol yateguye iki gitaramo 'Let's Celebrate'
Abanyamakuru baganirijwe ku rugendo rw'ibitaramo 'Let's Celebrate' bizajya biba buri kwezi mu rwego rwo gususurutsa Abanyarwanda

Be One Gin ifite ku isoko icupa rya 750ML rinyura benshi, ndetse rizasusurutsa benshi mu gitaramo 'Let's Celebrate'
Gateka Brianne wamamaye nka Dj Brianne, yavuze ko yiteguye kuvanga imiziki myiza muri iki gitaramo
Umuraperi Bushali [Uri hagati] yumvikanishije ko ibyo azakorera mu gitaramo bizatanga isomo kuri benshi
Umuhanzi Yampano uri mu bazaririmba mu gitaramo 'Let's Celebrate' yavuze ko yiteguye gususurutsa abafana be n'abakunzi b'umuziki muri rusange

Igitaramo 'Let's Celebrate' cyatewe inkunga na Be One Gin kizaba ku Cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025, kuri Mundi Center
DJ BRIANNE YAVUZE KU MUBANO WE NA SEMUHUNGU NA MISS MUYANGO
ABAHANZI BAVUZE UKO BITEGUYE MU GITARAMO 'LET'S CELEBRATE' KIZABA KU CYUMWERU