Kirikou yabaye umuhanzi wa mbere wo mu Burundi wahembwe imodoka mu irushanwa ryo kuririmba –AMAFOTO

Imyidagaduro - 16/11/2025 9:07 AM
Share:

Umwanditsi:

Kirikou yabaye umuhanzi wa mbere wo mu Burundi wahembwe imodoka mu irushanwa ryo kuririmba –AMAFOTO

“Ntihagire umuntu abura uko ataha muze mbahe ‘Lift’”- Aya ni yo magambo yuzuye ibyishimo umuraperi Kirikou Akili yavuze nyuma yo kwegukana imodoka nshya muri "Super Beat", irushanwa ryateguwe na Superbat Burundi.

Nyuma y’amezi agera kuri abiri irushanwa rikorwa, kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ugushyingo 2025, nibwo hatangajwe utsinze, maze Kirikou yinjira mu mateka nk’umuhanzi wa mbere wo mu Burundi wegukanye imodoka nk’igihembo mu marushanwa yo kuririmba.

Ni igihembo acyesha indirimbo ye ‘Aha Nihe’ yegukanye igihembo cy’indirimbo y’umwaka muri iri rushanwa.

Aganira n’abari bitabiriye ibi birori, Kirikou yavuze ko iyi ntsinzi ayikesha Imana, Superbat ndetse n’umuryango we wamubereye inkoramutima mu rugendo rwe rw’umuziki.

Yagize ati: “Ndashimiye Imana n’ishyirahamwe Superbat impaye iyi modoka. Ni ikintu gikomeye cyane mu buzima bwanje kuko nta modoka nari mfite. Ndashimiye n’umuryango wanje kuko ari bo bampa imbaraga zo gukora izi ndirimbo. Iyi modoka nyibahaye ni iyabo, kuko ibyabo biba ari ibyange nanjye.”

Mu gusozera ijambo rye, Kirikou yahamagaye abakozi ba Superbat bose ku rubyiniro kugira ngo baririmbe hamwe indirimbo ye “Aha Ni He”, abereka ko ubu atangiye no gukorana na kompanyi yabo.

Ati: “Mwebwe dukorana muri Superbat muze dutambane iyi ndirimbo kuko ubu nanjye ndi umukozi wa Superbat. Aha ni ho hatangiriye urugendo rushya.”

Ku ruhande rwa Alvella Muhimbare, umwe mu bayobozi muri Superbat, yashimiye Kirikou ku buryo ahagaze mu muziki ndetse anashima akanama nkemurampaka ko kagaragaje ubutabera.

Yagize ati: “Twese turazi ko indirimbo ya Kirikou ikaze. Naje navuye mu rugo nzi neza ko igomba gutsinda. Iyo imodoka bayimpa igikombe bari kuba bayibye.”

Ibirori byasojwe Kirikou asohora imodoka hanze ayigerageza, ayigendesha mu byishimo byinshi. Biteganyijwe ko kuri iki Cyumweru tarki 16 Ugushyingo 2025, aribwo azayihabwa ku mugaragaro arimo n’impapuro zayo zose.

Uretse imodoka, Kirikou azamara umwaka umwe akorana na Superbat mu bikorwa byo kwamamaza uruganda, akazajya abihabwa ishimwe buri kwezi.

Kirikou yegukanye iki gihembo ku manota 80.5%, bituma yandika izina mu mateka y’umuziki w’i Burundi nk’umuririmbyi wa mbere uhembwe imodoka mu irushanwa ry’umuziki.

Ibi birori byabereye ku cyicaro gikuru cya Superbat, ahahuriranye abafana, abahanzi n’abakunzi b’umuziki bari bategereje kumenya uwahize abandi muri Super Beat

Kirikou Akili yanditse amateka mu muziki w’i Burundi nyuma yo kwegukana imodoka mu irushanwa rya Super Beat 

“Ntihakagire umuntu ataha nabi… muze mbahere Lift!”—ibyishimo bya Kirikou nyuma yo kwegukana imodoka nshya 


Umuryango wa Kirikou ni wo yatuwe imodoka ye ya mbere, avuga ko ari bo nkomoko y’imbaraga ze mu muziki

 

Abakozi ba Superbat bafatanyije na Kirikou kuririmba “Aha Ni He”, mu birori byasozaga irushanwa 


Ku manota 80.5%, Kirikou yabaye umuhanzi wa mbere w’Umurundi uhembwe imodoka mu irushanwa ryo kuririmba, ndetse yahawe igikombe ku bw'indirimbo ye yahize izindi

 

Uretse imodoka, Kirikou agiye kumara umwaka akorana na Superbat mu bikorwa byo kwamamaza


 

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'AHA NIHE' YAHESHEJE IGIKOMBE KIRIKOU AKILI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...