King James yavuze uko imyitwarire ya Chriss Eazy yagejeje ku mikoranire - VIDEO

Imyidagaduro - 11/07/2026 9:45 AM
Share:

Umwanditsi:

King James yavuze uko imyitwarire ya Chriss Eazy yagejeje ku mikoranire - VIDEO

Hari imikoranire iba ishingiye ku kuba abahanzi bahurira muri studio, indi igaturuka ku nshuti cyangwa ku bafatanyabikorwa. Ariko kuri King James na Chriss Eazy, urugendo rwo gukorana indirimbo rwatangiriye kure y'umuziki, mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye hagati ya Kamena na Nyakanga 2024.

Ruhumuriza James wamamaye nka King James yavuze ko icyo gihe ari bwo yabonye neza Chriss Eazy, atangira kumwitegereza, atari nk'umuhanzi gusa, ahubwo nk'umusore ufite imyitwarire, ikinyabupfura n'icyerekezo byamushimishije.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, King James yavuze ko nubwo yari asanzwe akunda ibihangano bya Chriss Eazy, gukorana indirimbo na we byaturutse ku buryo yamubonye yitwara muri ibyo bikorwa.

Yagize ati: "Chriss Eazy mu by'ukuri nsanzwe njyewe mukunda, yaba ibihangano bye, ariko n'imyitwarire ye muri rusange. Namumenye turi mu bikorwa byo kwamamaza Umukuru w'Igihugu muri 2024."

King James yavuze ko muri ibyo bikorwa yabonye Chriss Eazy ari umuhanzi utandukanye n'uko abantu benshi bashobora kumutekereza iyo bamubonye ku rubyiniro cyangwa mu mashusho y'indirimbo.

Yasobanuye ko yamubonanye inyota yo gukora neza, gukunda ibyo akora no kubikorana ubunyamwuga, ibintu yavuze ko byamwongereye icyizere cyo kumwegera ngo bakorane.

Ati: "Hari ukuntu witegereza umuntu ukabona afite inyota, ibintu akora arabikunze, arabishoboye, akagira n'icyo kintu cya ‘discipline’ iri ku rwego rwo hejuru."

Yakomeje avuga ko Chriss Eazy ari umwe mu rubyiruko rudatwarwa no gutekereza ku hazaza kurusha gushukwa n'ubwamamare.

Ati: "Ubona ko ari umuntu nyine utekereza ejo hazaza cyane, udatwarwa n'ubwamamare. Narabikunze cyane. Rero, angejejeho umushinga wo kuba twakora indirimbo, birumvikana ko rwose ntabwo byasabye kubitekerezaho cyane."

Aya magambo agaragaza ko icyatumye aba bahanzi bahuza imbaraga kitari ubwamamare cyangwa inyungu z'igihe gito, ahubwo cyari icyizere cyubakiwe ku myitwarire n'uburyo bwo gukora.

Ku rundi ruhande, Chriss Eazy na we aherutse kubwira InyaRwanda ko gukorana na King James ari inzozi yari amaranye imyaka myinshi.

Yavuze ko kuva yatangira umuziki, yakurikiye urugendo rwa King James nk'umwe mu bahanzi bubatse amateka akomeye mu muziki nyarwanda, kandi ko yamufataga nk'icyitegererezo.

Yagize ati: "King James ni umuhanzi mfata nka mukuru wanjye, ariko birenze kuba mukuru wanjye. Navuga ngo ni icyitegererezo cyanjye mu muziki. Ibintu yagezeho ni byo nifuza kugeraho njye nka Chriss Eazy mu muziki wanjye, kandi ntekereza ko n'undi muhanzi wese yakwifuza kubigeraho."

Aya magambo ya Chriss Eazy agaragaza icyubahiro afitiye King James, ndetse ashimangira icyuho cy'ibihe bitandukanye by'abahanzi cyahujwe n'iyi mikoranire.

Nubwo umwe ari mu bahanzi bamaze imyaka igera kuri 20 bubaka izina rikomeye mu muziki nyarwanda, undi akaba ari umwe mu bayoboye igisekuru gishya cy'abahanzi bakunzwe cyane, bombi bahuriye ku ntego imwe yo gukora umuziki uhuza ibihe n'abakunzi b'ingeri zitandukanye.

Indirimbo yabo bise "Wakanaka" yamaze gukorwa, gusa kugeza ubu ntirashyirwa hanze.

Chriss Eazy yavuze ko ari imwe mu ndirimbo ategereje cyane mu rugendo rwe rw'umuziki, kubera ubusobanuro ifite kuri we no kuba yarabashije gukorana n'umuhanzi yafataga nk'icyitegererezo kuva agitangira gukora umuziki.

Nubwo aba bahanzi bataratangaza itariki nyayo iyi ndirimbo izasohokeraho, amagambo bombi batangaje agaragaza ko "Wakanaka" atari indirimbo isanzwe, ahubwo ari umusaruro w'ubucuti, icyubahiro no kwizerana byatangiriye mu bikorwa bitari iby'umuziki, bikaza kuvamo umushinga uhuza ibisekuru bibiri by'abahanzi bafite amazina akomeye mu Rwanda.

Ku bakunzi b'umuziki nyarwanda, iyi ndirimbo iri mu zitegerejwe cyane, cyane ko ihuje King James umaze imyaka ibiri y'ibihumbi ari ku isonga ry'umuziki nyarwanda na Chriss Eazy ukomeje kwigarurira imitima y'abatari bake bo mu gisekuru gishya.

Chriss Eazy yavuze ko imyitwarire ya Chriss Eazy ariyo yagejeje ku kuba barakoranye indirimbo, bitezeho ko izanogera abakunzi babo muri rusange

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N'UMUHANZI KING JAMES

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA CHRISS EAZY



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...