King
James ubwo yari ageze hagati mu ndirimbo ye “Ndagukumbuye”, ijwi rya Ariel Wayz
ryumvikanye mu ndiba y’imitima y’abitabiriye, abari imbere barikanga,
barahaguruka, abandi bararira, abandi bafata amashusho, abandi bararirimba.
Ariel
Wayz yinjiriye inyuma y’urubyiniro rwari ruteguye ibitangaza, yambaye imyambaro
yijimye y’umuhondo y’ubudodo, ijwi rye rituje ryuzuye amarangamutima ryuzura
Stade.
Iyi
ndirimbo iri kuri album “Ubushobozi” ya King James, yasohotse mu 2023, yabaye
indirimbo y’amarangamutima akomeye, kuko ikubiyemo amagambo avuga ku rukundo
rwaranzwe no kwibuka uwahoze ari inshuti yihariye, ndetse ikaba yarakozwe mu
buryo bugaragaza ubuhanga bwo guhuza amajwi y’abahanzi babiri bafite uburambe
n’ubushobozi budasanzwe.
Mu gihe baririmbaga iyi ndirimbo ku rubyiniro, King James ntiyahishe ko yatunguwe ndetse akananyurwa n’iki gikorwa.
King James yavuze ko yahamagaye ku rubyiniro Ariel Wayz kubera ko ari umuhanzikazi mwiza kandi "mufata nka Mushiki wanjye."
Ariel Wayz nawe yashimangiye ubuhanga bwe mu
gutanga amarangamutima, ku buryo bamwe mu bari bitabiriye igitaramo barimo
n’abafite imyaka ikuze, bagaragaje ko iyi ndirimbo yabasubije mu bihe byo hambere,
aho indirimbo y’ubwiza n’ubuhanga ihinduka urwibutso.
King
James nyuma yo kuririmbana na Ariel Wayz, yagaragaje ibyishimo byinshi. King
James yigeze kubwira InyaRwanda, ko gukorana indirimbo na Ariel Wayz byaturutse
ku buhanga yamubonyeho, kandi ko kuva yasohoka yakiriwe neza.
Iki
gice cy’ikirori cyabaye kimwe mu byaranzwe n’amarira y’ibyishimo, imitima
yanyuzwe, n’icyizere ko ubufatanye bw’abahanzi Nyarwanda bukomeje gutanga
icyizere ku muziki nyarwanda.
MTN Iwacu Muzika Festival ikomeje kwerekana ko atari igitaramo gusa, ahubwo ari urubuga ruhuza ibyamamare n’abafana, rugatanga uburyo bwo gusangiza urukundo n’ubutumwa biciye mu bihangano byujuje ubuhanga.

King
James ahagaze ku rubyiniro, atangiza indirimbo ‘Ndagukumbuye’, atazi ko agiye
gutungurwa

Ariel
Wayz yinjira ku rubyiniro atunguranye, aciye inyuma y’ibyuma by’amajwi, abafana
barahaguruka

Ibyishimo
ku maso ya King James ubwo yabonaga Ariel Wayz yinjiye kuririmba ijwi rye

King
James na Ariel Wayz basangiye indirimbo yabo ‘Ndagukumbuye’ imbere y’imbaga i
Nyagatare

Ariel
Wayz yifashishije ijwi rye ryuje amarangamutima, abafana batangira kuririmba
bararira

Abari
muri Stade Amabati bahagurutse, bamwe bafata amashusho abandi bararira

“Ntibyari biteganyijwe, ariko byanditse amateka”: King James avuga ku gikorwa cya Ariel Wayz







