Ibi
bije mu gihe abakunzi b'uyu muhanzi bakomeje kugaragaza urukundo rudasanzwe
bamufitiye, dore ko mu masaha macye nyuma yo gushyirwa hanze, amatike ibihumbi
bibiri y'igitaramo cya kabiri ateganyijwe muri BK Arena yamaze kugurwa.
King
James, amazina ye nyakuri akaba Ruhumuriza James, ari kwitegura kwizihiza
imyaka 20 amaze mu muziki nyarwanda binyuze mu bitaramo bibiri bizabera muri BK
Arena tariki 1 na 2 Kanama 2026.
Ni
ubwa mbere umuhanzi nyarwanda ateguye ibitaramo bibiri byikurikiranya muri iki
cyumba cy'imyidagaduro, ibintu benshi babona nk'ikimenyetso cy'uko amaze kugira
umwanya ukomeye mu muziki nyarwanda.
Igitaramo
cya mbere kizaba tariki 1 Kanama 2026 cyamaze kugurirwamo amatike yose mu minsi
itatu gusa. Nyuma y'uko abakunzi be benshi bakomeje gusaba amahirwe yo
kuzamubona ku rubyiniro, hafashwe umwanzuro wo kongeraho umunsi wa kabiri,
uzaba tariki 2 Kanama 2026.
Kuri
uyu wa Kabiri tariki 2 Kamena 2026, InyaRwanda yamenya ko amatike 2000 y'iki
gitaramo cya kabiri yamaze kugurwa mu gihe gito cyane nyuma yo kujya ku isoko
tariki 1 Kamena 2026.
Ni
imibare igaragaza uburyo uyu muhanzi akomeje kwizerwa n'abakunzi b'umuziki we
nyuma y'urugendo rw'imyaka ibiri ishize agaragaza ibikorwa bikomeye birimo
ibitaramo byuzuye n'indirimbo zakomeje kwakirwa neza.
Mu
gihe benshi bahugiye mu gutegereza uko ibi bitaramo bizagenda, King James we
yatangiye gutekereza ku mushinga munini uzabikurikira.
Uyu
muhanzi aherutse gutangaza ko kimwe mu byifuzo bye bikomeye ari ugukora Album
ya Country Music, injyana akunze kandi yumva yamufasha gutanga indi sura
y'ubuhanzi bwe.
Yavuze
ko uburyo abakunzi be bakomeje kumushyigikira mu bitaramo biri imbere byamuhaye
icyizere cyo gutegura indi mishinga minini kandi ifite intego yihariye.
Ati:
"Byampaye ishusho najya nkora ibitaramo ariko buriya njyewe nifuza gukora
ibitaramo mfite n'icyo nahaye abantu. Hari Album nshaka kuzakora ya Country Music
niyo Album nifuza kuzakurikiraho. Nifuza noneho kuzakora igitaramo cyayo, byaba
mu myaka ibiri birashoboka, ariko ni cyo gitaramo numva cyazakurikiraho noneho
nabiteguye nitonze."
Ni
amagambo agaragaza ko uyu muhanzi adashaka ko igitaramo cya BK Arena kiba
iherezo ry'umushinga wo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, ahubwo ko ari
intangiriro y'urundi rugendo rushya rw'umuziki ashaka kugeragezamo ibintu
bitandukanye.
Mu
myaka ishize, King James yagiye agaragaza ubushobozi bwo guhuza injyana
zitandukanye zirimo Afro-pop, R&B na Zouk, ibintu byatumye yubaka umubare
munini w'abakunzi b'umuziki we.
Kwinjira
muri Country Music bishobora kuzaba ari indi ntambwe idasanzwe ku muhanzi umaze
imyaka ibiri ari umwe mu bafite umwihariko wo kuririmba indirimbo z'urukundo
zakunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo.
Mu
gihe hasigaye amezi abiri ngo ahure n'abakunzi be muri BK Arena, biragaragara
ko King James ari mu bihe byo kwandika amateka mashya; hagati yo kuba ari hafi
kuba umuhanzi wa mbere nyarwanda uteguye kandi akuzuza ibitaramo bibiri
byikurikiranya muri BK Arena, no gutegura Album ya Country Music ishobora
gufungura indi paji nshya mu rugendo rwe rw'umuziki.
Abakunzi
be bo bakomeje gutegereza kureba niba aya mateka ari kwandika uyu munsi, azaba
intangriro y'indi myaka myinshi y'ubuhanzi bwe ikomeje kurangwa no guhanga
udushya no kugerageza inzira nshya mu muziki nyarwanda.

King James yatangiye gutegura Album ya ‘Country Music’ mu gihe amatike akomeje kugurwa ari menshi

Amatike arenga 2000 y'igitaramo cya Kabiri cya King James yaguzwe, nyuma y'umunsi umwe ashyizwe ku isoko
