King James yagiranye amasezerano na Zaba yo gucuruza filime ye ‘Love and Drama’ n’ivuganira idini ya Islam-AMAFOTO

Imyidagaduro - 20/04/2022 6:19 PM
Share:

Umwanditsi:

King James yagiranye amasezerano na Zaba yo gucuruza filime ye ‘Love and Drama’ n’ivuganira idini ya Islam-AMAFOTO

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James yagiranye amasezerano y’igihe n’umukinnyi wa filime Zaba Missed Call yo gucuruza filime ye.

Zaba Missed Call amaze iminsi yifashisha imbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko yahurije muri filime “Love and Drama " Nkusi Lynda witabiriye Miss Rwanda 2020&2022, Umukundwa Clemence [Cadette] witabiriye Miss Supranational n’abandi.

Ni filime y’uruhererekane irimo urukundo n’ubuzima busanzwe itangira gutambuka ku rubuga rucururizwaho ibihangano by’abahanzi mu Inganda Ndangamuco, King James aherutse kumurikira Abanyarwanda yise wwww.zanatalent.com.

Iyi filime yanditswe kuri paji nyinshi, izabanza gusohoka ari ibice icumi (10) bigize Season ya mbere. Ariko buri Cyumweru, abantu bazajya bareba ibice bibiri gusa kugeza igeze ku bice icumi (10), bakomereze kuri ‘Season’ ya kabiri.

Umuntu azishyura 5000 Frw akoresheje uburyo butandukanye burimo ubwa Mobile Money ku rubuga Zanatalent arebe iyi filime kugeza irangiye.

Yakinnyemo abakinnyi basanzwe bazwi muri filime Nyarwanda, abahanzi, abayobozi n’abandi.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mata 2022, kuri Kigali Marriott Hotel nibwo King James yagiranye amasezerano na Zaba yo gutangira kunyuza ku rubuga rwe iyi filime.

Yitezweho guhishura byinshi ku rukundo rwa Zaba, Nkusi Lynda na Umukundwa Clemence.

King James yabwiye INYARWANDA ko yagiranye amasezerano na Zaba kubera ko ‘Love and Drama’ ari filime buri wese afitiye amatsiko, kandi bikaba bizatanga umusaruro ufatika ku basanzwe ari abakinnyi ba filime mu Rwanda.

Ati “Nibaza ko atari njye gusa ufitiye amatsiko iriya filime. Twese dufite amatsiko muri rusange y’ibintu bikubiyemo. Njyewe rero nyuma yo kubibona nishimiye ko byacaho, kuko nziko abantu bazabikunda, ni ibintu byiza byateguwe."

 

“Bafashe umwanya wabo babikora neza, harimo amakuru menshi. Ni ikintu umuntu areba akumva ashatse kumenya igikurikiyeho, nibaza y’uko bizagira umusaruro munini cyane ku bantu basanzwe bakina filime hano mu Rwanda. Narabikunze njyewe ku bwanjye kandi nibaza ko abantu benshi bazabikunda."

King James yavuze ko atatangaza amafaranga yishyuye Zaba kugira ngo iyi filime ayishyire kuri Zana Talent, ariko kandi ngo hari ijanisha ry’amafaranga ahabwa uwazanye igihangano.

Zaba yabwiye INYARWANDA yahisemo ko filime ye inyura kuri Zana Talent kubera ko ari urubuga abona ruzamuzanira inyungu bitandukanye na Youtube.

Uyu mukinnyi wa filime, yavuze ko uretse ko uretse iyi filime ‘Love and Drama’ kuri uru rubuga hazajya hanacaho filime izagaragaza ukuri ku idini ya Islam.

Ni filime avuga ko bahisemo gutegura biturutse ku myimvurire abantu bafite ku idini ya Islam.

Ndetse barashaka kuyishyira ahagaragara muri iki gihe aba Islam bakiri mu gisibo. Ati “Hagati aho dufite n’indi filime twageneye aba Islam muri iki gihe cy’igisibo nayo izaba iriho ariko ukwayo […] Ni filime twabwira aba Islam bose ko baza bakareba ni nziza."

“Ni iyerekana mbese isanaho ishyigikira aba Islam mu rwego rw’uko nk’abantu basabye idini rya Islam bakiyitirira Islam bigatuma wenda abantu batekereza (…)

“Nk’ubu ng’ubu hari abantu batekereza ko aba Islam ari abicanyi, hari abantu bumva y’uko umu-Islam ari umuntu w’umugome. Iyo filime rero twayishyizeho mu rwego rwo kuyitura aba Islam kugira ngo twerekane ko Islam ni idini nk’ayandi. Ni idini ryiza n’ubwo hatabura abayisebya."

Zaba yavuze ko guhera ku gice cya gatatu, abantu bazabona ko hari imbaraga z’abantu babashyigikiye kuko bahise bahindura ibikoresho bakoreshaga mu gufata ayo mashusho n’ibindi bigaragaza ko bitondoye itegurwa ry’iyi filime.       

King James yagiranye amasezerano na Zaba Missed Call yo gucuruza filime ye yise “Love and Drama " 

Zaba Missed Call yavuze ko kuri Zana Talent hazaba harimo na filime igaragaza ukuri ku idini ya Islam

 

King James yavuze ko hari ijanisha ry’amafaranga rihabwa ushyize ibihangano ku rubuga yashinze 

Zaba yavuze ko filime ‘Love and Drama’ izahishura byinshi ku mubano we na Nkusi Lynda na Umukunda Clemence wamamaye nka Cadette

 

Kuri uyu wa Gatatu, nibwo King James na Zaba bashyize umukono ku masezerano, mu muhango wabereye muri Kigali Marriot Hotel

 

Zaba avuga ko igihe kigeze kugira ngo abanyarwanda bacururize ibihangano byabo ku mbuga zo mu Rwanda

 

King James yavuze ko album ye yumvise cyane ku rubuga rwe, akizeza ko mu minsi iri imbere azatangira kuyishyira kuri Youtube 

Iyi filime izagaragaza impamvu Nkusi Lynda yitabiriye Miss Rwanda, impamvu yavuyemo n’ibindi 

Izanavuga ku rukundo rwa Zaba na Umukundwa Clemence [Cadette]


Ibyo benshi bibaza ku buzima n’urukundo rwa Zaba na Umukundwa Clemence ndetse na Nkusi Lynda bizagaragara muri ‘Love and Drama’

REBA MU MASHUSHO UKO BYARI BIMEZE MU KIGANIRO N'ITANGAZAMAKURU


AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM

VIDEO: Jean de Dieu Iradukunda-InyaRwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...