Kimenyi Yves yavuze ku bubabare bw'imvune yatumye asezera ruhago, ubuzima bwe n’umubano we na Muyango

Imikino - 16/09/2026 12:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Kimenyi Yves yavuze ku bubabare bw'imvune yatumye asezera ruhago, ubuzima bwe n’umubano we na Muyango

Uwahoze ari umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Yves Kimenyi, yavuze ku mvune ikomeye yatumye asezera ku mupira w’amaguru akiri muto, ubuzima bwe nyuma yo guhagarika gukina ndetse n’ibivugwa ku mibanire ye n’umugore we Claudine Uwase Muyango.

Uyu munyezamu wasezeye ku mupira w’amaguru ku mugaragaro muri Gashyantare 2026 afite imyaka 33, yavuze ko imvune zakomeje kumubangamira ari zo zagize uruhare rukomeye mu cyemezo yafashe cyo guhagarika umwuga we.

Kimenyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda arimo APR FC, Rayon Sports, Kiyovu SC na AS Kigali, yagize imvune ikomeye mu 2023 ubwo yakinaga muri AS Kigali.

Ni imvune yagiriye kuri Stade Ubworoherane ubwo yagonganaga bikomeye na Peter Agblevor wahoze akinira Musanze FC. Nyuma yo kugongana, Kimenyi yaguye hasi arira cyane kubera ububabare, abaganga bamuvana aho bamujyana kwa muganga.

Uwo ni wo mukino wa nyuma yakinnye nk’umukinnyi wabigize umwuga.

Kimenyi yavuze ko iyo mvune ari imwe mu zikomeye cyane yagize mu buzima bwe. Ati: “Biragoye cyane gusobanura iriya mvune. Niba hari imvune yabayeho mu buzima bwanjye yamba baje kurusha izindi niyo.”

Yakomeje avuga ko icyamugoye cyane atari ububabare gusa, ahubwo ko byamugizeho ingaruka mu mitekerereze, cyane cyane ubwo yibonaga ava ku kugenda nta kibazo akagera aho akenera imbago.

Ati: “Ikintu cyangizeho ingaruka cyane ni ukubona mva ku kugenda n’amaguru yanjye nkagera aho ngenda nkoresheje imbago. Ntibyari byoroshye kubyakira kandi byangizeho ingaruka mu mutwe.”

Kimenyi yamaze imyaka irenga ibiri mu rugendo rwo gusubirana ubushobozi bwo kongera gukina umupira.Nubwo ubuzima bwe bw’umwuga bwari bwahungabanye, yakomeje kugira icyizere ko azongera kugaruka mu kibuga.

Yagerageje gukora ibishoboka byose ngo agaruke gukina, ariko amaherezo imvune ntiyamwemerera gusubira ku rwego rwo gukina imikino y’amarushanwa. Ati: “Nifuzaga cyane kugaruka. Nagerageje kubihatira, ariko ntibyashobotse.”

Kimenyi yavuze ko igihe yageraga ku cyemezo cyo gusezera ku mupira, yari amaze igihe abitekerezaho.

Iyi mvune yabayeho hasigaye amezi make ngo Kimenyi akore ubukwe na Muyango Claudine, ibintu yavuze ko na byo byamugizeho ingaruka mu mitekerereze.

Yavuze ko mu gihe yari arwaye yibazaga uko azagera ku munsi w’ubukwe bwe, ndetse akambara ikositimu afite akaguru kari mu byuma bimufasha.

Ati: “Natekerezaga uko nzambara ikositimu nkajya mu bukwe mfite akaguru kari mu byuma. Byangizeho ingaruka mu mitekerereze, nubwo muganga yari yambwiye ko nzaba nakize mbere y’ubukwe bwanjye.”

Kimenyi yavuze ku mubano we na Muyango

Uyu wahoze ari umunyezamu w’Amavubi yanavuze ku mubano we na Muyango, nyuma y’amakuru amaze igihe avugwa ko batandukanye.

Aba bombi bageze mu nzira z’amategeko zo gutandukana, ndetse ikibazo cyabo kiri mu rukiko.

Nubwo Kimenyi yanze kugira byinshi avuga kuri iki kibazo, yavuze ko we na Muyango bagikomeje kubana neza nk’inshuti kandi ko nta rwango ruri hagati yabo.

Ati: “Njye na we tubanye neza nk’inshuti, nta kibazo dufitanye. Ni ibisanzwe ko abantu bagirana ibyo batumvikanaho ndetse bakagera aho batandukana.”

Yakomeje agira ati: “Nzavuga uruhande rwanjye rw’inkuru ikindi gihe, igihe nikigera. Na we tuzamuhamagara kugira ngo atange uruhande rwe.”

Mu bindi bihe by’ingenzi Kimenyi atazibagirwa mu buzima bwe bw’umupira, harimo ubwo Amavubi yasezererwaga muri ¼ cy’irushanwa rya CHAN 2020 ryabereye muri Cameroun.

Yavuze ko umunsi Muyango yamubwiraga ko atwite ari na wo munsi Amavubi yasezerewe na Guinea. Ati: “Ntibishoboka gusobanura neza uko numvise meze igihe yabimbwiraga. Yambwiye ayo makuru nimugoroba, ubwo twari muri Cameroun muri CHAN.”

Muri uwo mukino, Kimenyi yinjiye mu kibuga asimbuye Olivier Kwizera wari wabanje mu izamu ariko akaza guhabwa ikarita itukura nyuma yo gukorera ikosa ku rutambi wa Guinea, Yakhouba Barry, hanze y’urubuga rw’amahina.

Nyuma y’umukino, Moryale Sylla yatsinze igitego cya coup-franc cyatumye Guinea ikomeza, Amavubi asezererwa.


 Kimenyi Yves yavuze ku bubabare bw'imvune yatumye asezera ruhago



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...